ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 59 p. 142-p. 143 par. 5
  • Abasore bane bumviye Yehova

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Abasore bane bumviye Yehova
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Abasore bane i Babuloni
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Barageragejwe—Ariko Baba Indahemuka Kuri Yehova!
    Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
  • Igitabo cya Daniyeli nawe
    Itondere Ubuhanuzi bwa Daniyeli!
  • Hananiya, Mishayeli na Azariya
    Amasomo tuvana ku ncuti za Yehova—Imyitozo
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 59 p. 142-p. 143 par. 5
Daniyeli, Hananiya, Mishayeli na Azariya banga kurya ibyokurya by’umwami

IGICE CYA 59

Abasore bane bumviye Yehova

Nebukadinezari yajyanye i Babuloni abasore bavukaga mu muryango w’abami b’u Buyuda. Yabashinze umuyobozi witwaga Ashipenazi wari ushinzwe ibyo mu rugo rw’umwami. Umwami yabwiye Ashipenazi ngo atoranye abasore bafite ubuzima bwiza kandi b’abanyabwenge kurusha abandi. Bagombaga kumara imyaka itatu bahabwa inyigisho zari kuzatuma baba abayobozi bakomeye i Babuloni. Bagombaga kwigishwa ururimi rw’Igikaludaya rw’i Babuloni, bakamenya kurusoma, kurwandika no kuruvuga. Ikindi kandi bagombaga kujya barya ibyokurya bimeze nk’ibyo umwami n’abakoraga ibwami baryaga. Bane muri abo basore ni Daniyeli, Hananiya, Mishayeli na Azariya. Ashipenazi yabise amazina y’Abanyababuloni ari yo Beluteshazari, Shadaraki, Meshaki na Abedenego. Ese inyigisho bari guhabwa zari gutuma bareka gukorera Yehova?

Abo basore bane bari bariyemeje kumvira Yehova. Banze kurya ibyokurya by’umwami kuko Amategeko ya Yehova yagaragazaga ko bimwe muri byo byari byanduye. Babwiye Ashipenazi bati: “Turakwinginze ntuzadutegeke kurya ibyokurya by’umwami.” Ashipenazi yarabasubije ati: “Nimutabirya maze umwami akabona munanutse, azanyica.”

Daniyeli yagize ikindi gitekerezo. Yabwiye uwabarindaga ati: “Turakwinginze, uduhe imboga n’amazi mu gihe cy’iminsi icumi. Hanyuma uzatugereranye n’abarya ibyokurya by’umwami.” Uwo murinzi yarabyemeye.

Nyuma y’iminsi icumi, Daniyeli na bagenzi be batatu wabonaga bafite ubuzima bwiza kurusha abandi bose. Yehova yashimishijwe n’uko bakomeje kumwumvira. Yanahaye Daniyeli ubushobozi bwo gusobanukirwa ibintu abantu babonaga mu iyerekwa n’inzozi.

Abo basore barangije amasomo bagombaga kwiga, Ashipenazi yabajyanye imbere ya Nebukadinezari. Umwami yavuganye na bo asanga Daniyeli, Hananiya, Mishayeli na Azariya barusha abandi bose ubwenge. Umwami yatoranyije abo basore bane ngo bajye bakora ibwami. Yabagishaga inama kenshi ku bibazo bikomeye. Yehova yari yaratumye barusha ubwenge abanyabwenge bose b’umwami n’abakoraga iby’ubumaji.

Nubwo Daniyeli, Hananiya, Mishayeli na Azariya bari mu gihugu kitari icyabo, ntibigeze bibagirwa ko ari abagaragu ba Yehova. Ese nawe uzakomeza kwibuka Yehova n’iyo waba utari kumwe n’ababyeyi bawe?

“Ntihakagire umuntu ugusuzugura ngo ni uko ukiri muto. Ahubwo ujye ubera urugero rwiza abizerwa, haba mu byo uvuga, mu myifatire yawe, mu rukundo, mu kwizera no kuba indakemwa.”​—1 Timoteyo 4:12

Ibibazo: Kuki Daniyeli na bagenzi be batatu bakomeje kumvira Yehova? Yehova yabafashije ate?

Daniyeli 1:1-21

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze