ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Ese kurangwa n’ikizere bifite akamaro?
    Nimukanguke!—2004 | 22 Mata
    • Ese kurangwa n’ikizere bifite akamaro?

      HARI umwana witwa Daniel wari ufite imyaka icumi kandi yari amaze umwaka arwaye kanseri. Abaganga bamuvuraga, abo mu muryango we hamwe n’inshuti ze, bose bumvaga ko atazakira. Ariko Daniel we yari afite ikizere ko azakira. Yatekerezaga ko nakura azaba umushakashatsi, agafatanya n’abandi kubona umuti wa kanseri. Icyatumaga adahangayika cyane ni uko yiteguraga kubonana n’umuganga w’umuhanga mu kuvura iyo kanseri yari arwaye. Ikibabaje ariko, uwo munsi ugeze wa muganga ntiyaje, kubera ko ikirere cyari kimeze nabi. Daniel yarihebye cyane, nyuma y’iminsi ibiri arapfa.

      Inkuru ya Daniel yavuzwe n’umuganga wakoze ubushakashatsi, kugira ngo agaragaze ibibi byo kwiheba n’ibyiza byo kurangwa n’ikizere. Nawe ushobora kuba warumvise inkuru nk’izo. Hari igihe nk’umuntu aba ashaje cyane ari hafi gupfa, ariko hakaba hari ikintu kiza ategereje, urugero nko gusurwa n’abo mu muryango we cyangwa umunsi mukuru ukomeye. Akenshi iyo icyo kintu yari ategereje kimaze kuba, ahita apfa. Biba bitewe n’iki? Ese ibintu byiza aba ategereje kubona ni byo bituma akomeza kubaho?

      Abashakashatsi benshi mu by’ubuvuzi bavuga ko iyo turangwa n’ikizere, turushaho kugira ubuzima bwiza. Ariko hari abatabyemera. Abashakashatsi bamwe bavuga ko nta bintu bifatika byemeza ko kurangwa n’ikizere bituma umuntu agira ubuzima bwiza. Bavuga ko kurangwa n’ikizere bidashobora gukiza umuntu indwara.

      Kuva na kera, hari abantu bavugaga ko kurangwa n’ikizere nta cyo bimaze. Mu myaka myinshi cyane ishize, umuhanga w’Umugiriki witwa Aristote yavuze ko kurangwa n’ikizere ari nko kurota ku manywa. Nanone mu myaka ibarirwa mu magana ishize, umunyaporitiki w’Umunyamerika witwa Benjamin Franklin yaravuze ati: “Kurangwa n’ikizere ntibyabuza ushonje kwicwa n’inzara.”

      None se ukuri ni ukuhe? Ese koko kurangwa n’ikizere ni ukurota ku manywa cyangwa bidufitiye akamaro, ku buryo byatuma tugira ubuzima bwiza n’ibyishimo?

  • Kuki tugomba kurangwa n’ikizere?
    Nimukanguke!—2004 | 22 Mata
    • Kuki tugomba kurangwa n’ikizere?

      NONE se iyo wa mwana twigeze kuvuga witwa Daniel akomeza kurangwa n’ikizere, byari kugenda bite? Ese yari gukira kanseri? Ese ubu aba akiriho? N’abantu bemera ko kurangwa n’ikizere bishobora gukiza umuntu, ntibapfa kubyemeza. Ibyo bigaragaza ko tugomba kwitonda. Ntitugomba kumva ko kurangwa n’ikizere bishobora gukiza indwara zose cyangwa gukemura ibibazo byose.

      Mu kiganiro Dogiteri Nathan Cherney yagiranye n’umunyamakuru, yavuze ko ari bibi kubwira umuntu urwaye ko nagira ikizere ari bwo azakira. Yaravuze ati: “Hari abagabo bajya babwira abagore babo ku kuba badafata igihe gihagije cyo gutekereza ngo bumve ko bazakira, ari byo bituma badakira. Ibyo byatumye abantu bamwe batekereza ko umuntu urangwa n’ikizere adashobora kuremba, kandi ko iyo umuntu akomeza kuremba biba bigaragaza ko atarangwa n’ikizere. Ariko ibyo si ukuri.”

      Tuvugishije ukuri, umuntu urembye aba arwana intambara ikomeye. Ubwo rero abagize umuryango we ntibagomba kumwongerera ibibazo, bamubwira ko nta cyo akora ngo yoroherwe. Ese ibyo bigaragaza ko kugira ikizere nta cyo bimaze?

      Oya nanone. Reka dufate urugero. Wa muganga twigeze kuvuga, ajya afasha abantu barwaye indwara zidakira kugira ngo badapfa bababaye cyane. Abaganga nk’abo bemera ko gufasha abarwayi bakarangwa n’ikizere, bibagirira akamaro cyane ndetse na ba bandi barembye. Hari ibimenyetso byinshi bigaragaza ko kurangwa n’ikizere bifite akamaro cyane.

      Kurangwa n’ikizere bifite akamaro

      Umuganga witwa Gifford-Jones ukunda kwandika amakuru arebana n’iby’ubuvuzi, yavuze ko kurangwa n’ikizere ari umuti ukomeye. Yagenzuye ubushakashatsi bwakozwe, ashaka kumenya akamaro ko gufasha umurwayi uri hafi gupfa kugira ngo arangwe n’ikizere. Yasanze benshi bemera ko gufasha umurwayi gutyo bituma atiheba. Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 1989, bwagaragaje ko abo barwayi babagaho igihe kirekire cyane kurusha abandi, ariko ubwakozwe nyuma yaho bugaragaza ko ibyo atari ukuri. Icyakora, muri rusange ubushakashatsi bugaragaza ko abarwayi bafashwa kugira ngo barangwe n’ikizere, batababara cyane cyangwa ngo bahangayike nk’uko bigenda ku bandi.

      Reka turebe ubundi bushakashatsi bugaragaza akamaro ko kurangwa n’ikizere ku bantu barwaye umutima n’ingaruka zo kwiheba ku bawurwaye. Hakozwe ubushakashatsi ku bagabo barenga 1.300, bababaza niba bafite ikizere k’ejo hazaza cyangwa niba nta cyo bafite. Imyaka icumi nyuma yaho, ubwo bushakashatsi bwagaragaje ko 160 muri bo bari bararwaye umutima. Abenshi mu bawurwaye ni abatararangwaga n’ikizere. Laura Kubzansky, wigisha muri kaminuza yigisha iby’ubuvuzi y’i Harvard, yaravuze ati: “Ibyo bigaragaza ko kurangwa n’ikizere bigirira umutima akamaro kandi ni bwo bwa mbere abahanga babyemeje.”

      Ubundi bushakashatsi bwagaragaje ko iyo umuntu agiye kubagwa, akaba yari asanzwe yumva ko ubuzima bwe bumeze neza, nyuma yo kubagwa akira vuba, mu gihe usanzwe yumva ko ubuzima bwe atari bwiza, atinda gukira. Hari n’ubushakashatsi bwagaragaje ko abantu barangwa n’ikizere babaho igihe kinini. Ubundi bushakashatsi bwakozwe ku bantu bashaje, bugaragaza akamaro ko kudahangayikishwa no gusaza. Iyo baberekaga ubutumwa buvuga ko umuntu ushaje aba ari umunyabwenge kandi ari inararibonye, barushagaho kumererwa neza no kugira imbaraga. Byabagiriraga akamaro nk’aka siporo y’ibyumweru cumi na bibiri.

      Kuki kurangwa n’ikizere bigirira akamaro ubuzima bw’umuntu? Birashoboka ko hari ibintu byinshi abahanga n’abaganga batari basobanukirwa ku mikorere y’ubwonko n’umubiri w’umuntu, ku buryo batasobanura neza ikibitera. Ariko abakoze ubushakashatsi kuri icyo kibazo bafite icyo babivugaho. Urugero, hari umwarimu wigisha iby’imikorere y’ubwonko muri kaminuza wagize ati: “Iyo umuntu yishimye, ntahangayika cyane kandi ibyo bituma agira ubuzima bwiza. Abantu bagombye gukora uko bashoboye bakagira ibyishimo kugira ngo bagire ubuzima bwiza.”

      Abaganga, abahanga mu bijyanye n’imitekerereze y’abantu n’izindi mpuguke, bashobora kumva ibyo ari bishya, ariko abiga Bibiliya basanzwe babizi. Hashize imyaka igera ku 3.000 umwami wari umunyabwenge witwaga Salomo yanditse ati: “Umutima unezerewe urakiza, ariko umutima wihebye wumisha amagufwa” (Imigani 17:22). Ibyo ni ukuri rwose. Uyu murongo uvuze ko umutima unezerewe ukiza, ariko ntuvuze ko ukiza indwara zose.

      None se iyaba kurangwa n’ikizere bikiza indwara, abaganga ntibajya babibwira abantu? Ariko nanone, kurangwa n’ikizere ntibituma tugira ubuzima bwiza gusa.

      Ibyiza byo kurangwa n’ikizere n’ibibi byo kwiheba

      Abahanga bavuga ko kurangwa n’ikizere bifite akamaro kenshi. Abantu barangwa n’ikizere baba abahanga mu ishuri no muri siporo kandi bakaba abakozi beza. Urugero, hari ubushakashatsi bwakozwe ku bagore bakora amasiganwa yo kwiruka. Abatoza babo bagenzuye ubushobozi buri wese afite bwo gutsinda amarushanwa. Nanone buri mukinnyi yabajijwe ubushobozi yumva afite. Ibyo bavugaga ko bashoboye ni byo bakoze muri ayo marushanwa, aho gukora ibyo abatoza babo bumvaga ko bashoboye. Kuki kurangwa n’ikizere bituma umuntu agera kuri byinshi?

      Kugira ngo abahanga bamenye impamvu, bakoze ubushakashatsi ku bantu batarangwa n’ikizere. Hari ubushakashatsi bwakozwe mu myaka irenga mirongo itanu ishize, bwagaragaje ko inyamaswa zishobora kugenda zitakaza ikizere, kandi ko n’abantu bibabaho. Urugero, abo bashakashatsi bafashe abantu babashyira mu cyumba kimwe cyarimo urusaku ruteye ubwoba. Bababwiye ko kugira ngo bahagarike urwo rusaku hari buto zitandukanye bagombaga gukanda, bakurikije amabwiriza bahawe. Barabikoze urusaku rurahagarara.

      Bafashe abandi bantu babaha amabwiriza nk’ayo bahaye aba mbere, ariko bo bakanze kuri za buto urusaku ntirwahagarara. Birumvikana ko benshi muri bo batangiye gutakaza ikizere. Nyuma yaho igihe basubiraga muri icyo cyumba, ntibigeze bagerageza no gukanda buto n’imwe. Bumvaga ko icyo bakora cyose nta cyo byahindura. Icyakora, abantu barangwa n’ikizere bari muri iryo tsinda rya kabiri, ntibacitse intege ahubwo bakomeje kugerageza.

      Dogiteri Martin Seligman yari mu bakoze ubwo bushakashatsi, kandi byatumye yiyemeza gukomeza gukora ubushakashatsi ku bijyanye no kurangwa n’ikizere no kutarangwa n’ikizere. Yakoze ubushakashatsi ku mpamvu zituma abantu bamwe bumva ko nta cyo bageraho. Yavuze ko iyo abantu batarangwa n’ikizere bareka kugira ikintu na kimwe bakora kuko baba bumva ko nta cyo bageraho. Yaravuze ati: “Namaze imyaka makumyabiri n’itanu nkora ubushakashatsi ku bantu batarangwa n’ikizere. Bamwe muri bo bumvaga ko ibibabaho ari bo babyitera, ko bizakomeza kubabaho kandi ko nta cyo bakora ngo babihagarike. Naje kubona ko abantu batekereza batyo bahura n’ibibi byinshi kuruta abarangwa n’ikizere.”

      Ibyo na byo hari abumva ko ari bishya, ariko abiga Bibiliya basanzwe babizi. Hari umugani wo muri Bibiliya uvuga ngo: “Nucika intege ku munsi w’amakuba, imbaraga zawe zizaba nke” (Imigani 24:10). Ayo magambo agaragaza ko gucika intege no kutarangwa n’ikizere bituma utabona imbaraga zo gukora icyo wagombye gukora. None se wakora iki ngo urusheho kurangwa n’ikizere?

      [Ifoto]

      Kurangwa n’ikizere bifite akamaro cyane

  • Uko warwanya ibitekerezo biguca intege
    Nimukanguke!—2004 | 22 Mata
    • Uko warwanya ibitekerezo biguca intege

      WUMVA umeze ute iyo ibintu bitagenze uko wabyifuzaga? Abahanga benshi bavuga ko uko umuntu asubiza icyo kibazo, bigaragaza niba arangwa n’ikizere cyangwa niba atari ko bimeze. Twese duhura n’ibibazo, ariko hari abahura n’ibikomeye kurusha abandi. None se kuki hari abahura n’ibibazo byoroshye bakananirwa kubyihanganira, mu gihe abandi bo bahura n’ibibazo bikomeye ntibibace intege?

      Reka tuvuge ko ugiye gushaka akazi. Ukoze ikizami uratsindwa, barakakwima. Wakumva umeze ute? Ushobora kumva ko ari wowe ufite ikibazo maze ugatekereza ko nta waha akazi umuntu umuze nkawe. Nanone ushobora kumva ko kuba utabonye ako kazi bigaragaza ko nta kintu na kimwe ushoboye. Gutekereza gutyo bigaragaza ko utarangwa n’ikizere.

      Uko warwanya ibitekerezo bibi

      Wakora iki ngo urwanye ibitekerezo biguca intege? Icya mbere ni ukumenya ko ufite ibyo bitekerezo. Ikindi ugomba gukora ni ukubirwanya. Reka tugaruke kuri cya kibazo cy’uko wabuze akazi. Tekereza impamvu zishobora kuba zaratumye batakaguha. Ese koko byatewe n’uko nta waha akazi umuntu umeze nkawe? Cyangwa byatewe n’uko hari ibintu uwagatangaga yashakaga, ariko ukaba utari ubyujuje?

      Kugira ngo umenye niba koko ufite ibitekerezo bidakwiriye, gereranya ibitekerezo ufite n’impamvu nyakuri yatumye utabona akazi. Ese kuba utabonye akazi bisobanura ko nta kindi kiza wakora? Ese nta bindi bintu byiza ujya ukora, urugero nk’ibyo ukorera umuryango wawe, inshuti zawe cyangwa itorero? Mu gihe ugiye gukora ikintu, ntugatekereze ko biri bugende nabi. Ubundi se uretse ibintu wishyiramo, ni iki kikubwira ko utazigera ubona akazi? Hari ikindi kintu cyagufasha kurwanya ibitekerezo bibi.

      Jya wumva ko ushobora kugera ku byiza

      Mu myaka ya vuba aha, abashakashatsi basobanuye icyo kurangwa n’ikizere ari cyo, ariko babisobanura mu buryo butuzuye. Basobanuye ko kurangwa n’ikizere ari ukumva ko uzagera ku byo wifuza. Nk’uko tuzabibona mu ngingo ikurikira, kurangwa n’ikizere birenze ibyo. Ariko nanone ibyo bavuze, bidufasha kumva ko natwe dushobora gukora ibyiza.

      Kugira ngo wumve ko hari icyo ushoboye, wagombye kwishyiriraho intego zoroheje. Iyo uzigezeho, uhita wumva ko n’ibindi bintu bikomeye uzabigeraho. Niba wumva ko nta ntego n’imwe wishyiriyeho ngo uyigereho, tekereza ku ntego zawe. Ese ubundi hari intego wumva ufite? Hari igihe duhugira mu bintu byinshi, ku buryo tubura akanya ko gutekereza ku bintu by’ingenzi mu buzima bwacu. Bibiliya idufasha kumenya ko hari ibintu tugomba gushyira mu mwanya wa mbere. Iravuga iti: ‘Mumenye neza ibintu by’ingenzi kurusha ibindi.’—Abafilipi 1:10.

      Iyo tumaze kumenya ibintu by’ingenzi, biratworohera kwishyiriraho intego zijyanye no gukorera Imana, kwita ku muryango no kwita ku buzima bwacu. Ariko byaba byiza twirinze kwishyiriraho intego nyinshi icyarimwe, kandi tukishyiriraho intego dushobora kugeraho. Iyo twishyiriyeho intego igoye, kuyigeraho bishobora kutunanira maze tugacika intege. Niba hari intego y’igihe kirekire wifuza kugeraho, byaba byiza uteganyije uko uzayigeraho buhoro buhoro.

      Hari abantu bajya bavuga ngo: “Gushaka ni ko gushobora.” Kandi koko ibyo bavuga ni ukuri. Mu gihe tumaze kumenya intego dufite, tugomba kwiyemeza kuzigeraho. Nanone iyo dutekereje icyo izo ntego zizatumarira, bituma turushaho kwiyemeza kuzigeraho. Birumvikana ko hari igihe tuzahura n’ibintu bishobora kutubuza kugera ku ntego zacu. Ariko ibyo ntibigomba kuduca intege.

      Nanone tugomba gutekereza icyo twakora ngo tugere ku ntego zacu. Umwanditsi witwa C.R. Snyder wakoze ubushakashatsi ku byiza byo kurangwa n’ikizere, avuga ko tugomba gutekereza ku buryo bwinshi bwadufasha kugera ku ntego yacu. Icyo gihe iyo bumwe bwanze, dushobora gukoresha ubundi.

      Snyder anatanga inama ivuga ko hari igihe twahindura intego twari dufite. Iyo tunaniwe kugera ku ntego twari dufite maze bigakomeza kuduhangayikisha, nta kindi bitumarira uretse kuduca intege. Ariko iyo turetse intego tukayisimbuza indi, bituma tudacika intege.

      Hari umuntu uvugwa muri Bibiliya na we wahinduye intego yafi afite. Umwami Dawidi yifuzaga cyane kubakira Yehova Imana urusengero. Ariko Imana yabwiye Umwami Dawidi ko umwana we Salomo ari we wari kuzarwubaka. Dawidi yarababaye, ariko ntiyihambiriye ngo avuge ko ari we ugomba kurwubaka byanze bikunze, ahubwo yashakishije amafaranga n’ibikoresho umwana we Salomo yari kuzakoresha yubaka urwo rusengero.—1 Abami 8:17-19; 1 Ibyo ku Ngoma 29:3-7.

      Hari igihe twitoza kuba abantu barangwa n’ikizere tukabigeraho, ariko kwiringira iby’igihe kizaza bikatunanira. Biterwa n’iki? Biterwa n’uko muri iyi si hari ibibazo byinshi, abantu babona ko bitazigera bikemuka. None se ni hehe twakura ibyiringiro, nubwo ku isi hari ibibazo by’ubukene, intambara, akarengane, uburwayi n’urupfu?

      [Ifoto]

      Ese kuba bakwimye akazi, bisobanura ko utazigera ukabona?

      [Ifoto]

      Umwami Dawidi yahinduye intego yari afite

  • Ni hehe wakura ibyiringiro nyakuri?
    Nimukanguke!—2004 | 22 Mata
    • Ni hehe wakura ibyiringiro nyakuri?

      TEKEREZA ufite isaha, ukabona yapfuye kandi yamenetse. Abantu benshi bakubwiye ko bashobora kuyikora, ku buryo wabuze uwo wahitamo. Abenshi barakwizeza ko bashobora kuyikora neza, ariko ibyo bakubwira biravuguruzanya. Ibaze noneho uramutse umenye ko umuturanyi wawe ari we wakoze iyo saha kandi akaba ari umuhanga. Nanone umenye ko yiteguye kuyigukorera ku buntu. Ese ntibyumvikana ko ari we wayiha, akayigukorera?

      Ibyo bigaragaza icyo wakora ngo ugire ibyiringiro by’igihe kizaza. None se wakora iki niba wumva nta byiringiro ufite, nk’uko bimeze kuri benshi muri ibi bihe bigoye? Abantu benshi bakubwira ko bashobora kugufasha mu bibazo ufite, ariko ibyo bakubwira ukumva biravuguruzanya, ku buryo ubura icyo ufata n’icyo ureka. Ubwo rero, ibyaba byiza ni ugusaba uwaturemye akaba ari we ugufasha, kuko ari we ushobora gutuma tugira ibyiringiro nyakuri. Bibiliya ivuga ko ‘atari kure y’umuntu wese muri twe’ kandi rwose azagufasha.—Ibyakozwe 17:27; 1 Petero 5:7.

      Kurangwa n’ikizere bisobanura iki?

      Bibiliya isobanura neza ibijyane no kurangwa n’ikizere cyangwa kugira ibyiringiro, kuruta uko abaganga n’abahanga babisobanura. Muri Bibiliya, kugira “ibyiringiro” bisobanura gutegereza ikintu kiza wihanganye. Iryo jambo ibyiringiro ryumvikanisha ibintu bibiri. Icya mbere ni ukugira ikifuzo cyo kuzabona ikintu kiza, kandi ukaba ufite impamvu zikwizeza ko uzakibona. Ibyiringiro bivugwa muri Bibiliya ni ibyiringiro nyakuri kandi bishingiye ku bintu bifatika.

      Ibyiringiro bifitanye isano n’ukwizera kubera ko na ko kuba gushingiye ku bimenyetso bifatika (Abaheburayo 11:1). Ariko nanone, Bibiliya ivuga ko ukwizera n’ibyiringiro bifite ikintu bitandukaniyeho.—1 Abakorinto 13:13.

      Reka dufate urugero. Iyo usabye umuntu w’inshuti yawe ngo agufashe, uba wiringiye ko ari bubikore. Impamvu uba umwizeye, ni uko uba umuzi neza kandi uzi ko hari ibindi bintu byiza yagiye agukorera. Kwizera umuntu no kumwiringira birajyanirana, ariko nanone si bimwe. None se twakora iki ngo twiringire Imana kandi tuyizere nk’inshuti yacu?

      Aho wakura ibyiringiro

      Imana ni yo ituma tugira ibyiringiro nyakuri. Muri Bibiliya, Yehova yitwa ‘ibyiringiro bya Isirayeli’ (Yeremiya 14:8). Ni we wenyine watumaga bagira ibyiringiro nyakuri, akaba ari yo mpamvu yitwaga ibyiringiro byabo. Ubwo rero, ibyiringiro byabo byari bifite ishingiro. Igihe cyose bamaze bamukorera, ibyo yabasezeranyaga yarabibahaga. Yosuwa wabayoboraga yaravuze ati: ‘Muzi neza ko nta sezerano na rimwe mu yo Yehova Imana yanyu yabasezeranyije ritasohoye.”—Yosuwa 23:14.

      Natwe dufite impamvu zifatika zituma tumwiringira. Bibiliya irimo ibintu byinshi Imana yagiye isezeranya abantu n’uko yagiye ibikora. Ibyo Imana yasezeranyije byabaga byizewe cyane, ku buryo bimwe byagiye byandikwa nk’aho byamaze kuba.

      Ni yo mpamvu twavuga ko Bibiliya ari igitabo gitanga ibyiringiro. Kwiga Bibiliya bizatuma urushaho kwiringira Imana kandi urusheho kwizera ko ibyo idusezeranya bizaba. Intumwa Pawulo yaranditse ati: “Ibintu byose byanditswe kera byandikiwe kutwigisha, kugira ngo tugire ibyiringiro binyuze mu kwihangana kwacu no ku ihumure rituruka mu Byanditswe.”—Abaroma 15:4.

      Ni ibihe byiringiro Imana itanga?

      Iyo twapfushije, ni bwo tuba dukeneye cyane kugira ibyiringiro. Ikibabaje ni uko muri icyo gihe ari bwo benshi batakaza ikizere, bakumva ko batazongera kubona ababo. Urupfu ni cyo kintu cya mbere gituma twiheba kandi twese rutugeraho. Impamvu rutuma twiheba ni uko nta ho twaruhungira kandi tukaba tudashobora kuzura abacu bapfuye. Ni yo mpamvu Bibiliya ivuga ko ari rwo “mwanzi wa nyuma.”—1 Abakorinto 15:26.

      Ese dushobora kwiringira ko tuzongera kubona abacu bapfuye? Umurongo wo muri Bibiliya tumaze gusoma ugaragaza ko uwo mwanzi ‘azahindurwa ubusa.’ Yehova arusha urupfu imbaraga kandi yabigaragaje kenshi. Yabigaragaje ate? Yabigaragaje igihe yazuraga abapfuye. Bibiliya ivuga inkuru z’abantu ikenda Imana yazuye.

      Urugero, Yehova yahaye ubushobozi Umwana we Yesu, kugira ngo azure umuntu w’inshuti ye witwaga Lazaro, wari umaze iminsi ine apfuye. Ntiyamuzuye mu ibanga, ahubwo hari abantu benshi.—Yohana 11:38-48, 53; 12:9, 10.

      Ushobora kwibaza uti: “Ese kuba barazuwe byagize akahe kamaro, ko n’ubundi bageze aho bagasaza kandi bakongera bagapfa? Ni byo koko barongeye barapfa. Ariko inkuru zabo zituma twiringira ko tuzongera kubona abacu bapfuye. Izo nkuru zituma tugira ibyiringiro nyakuri.

      Yesu yaravuze ati: “Ni jye kuzuka n’ubuzima” (Yohana 11:25). Yehova azamuha ubushobozi bwo kuzura abantu ku isi hose. Yesu yaravuze ati: ‘Igihe kigiye kugera, maze abari mu mva bose bumve ijwi rye bavemo’ (Yohana 5:28, 29). Twiringiye ko abari mu mva bose bazazuka, bakaba mu isi izahinduka paradizo.

      Umuhanuzi Yesaya yavuze iby’umuzuko mu magambo meza cyane. Yaravuze ati: “Abawe bapfuye bazabaho. Imirambo y’abantu banjye izahaguruka. Nimukanguke murangurure ijwi ry’ibyishimo mwa bari mu mukungugu mwe! Kuko ikime cyawe ari nk’ikime cy’ibyatsi, kandi ubutaka buzagarura abapfuye batagira icyo bimarira baburimo.”—Yesaya 26:19.

      Ayo magambo araduhumuriza. Ntitwagombye guhangayikishwa cyane n’abacu bapfuye, kuko nta n’umwe Imana izibagirwa. Imana Ishoborabyose irabibuka kandi izabazura (Luka 20:37, 38). Vuba aha, imiryango yabo izabakira, babane bishimye mu isi nshya. Ubwo rero nubwo urupfu ruduhahamura, dufite ibyiringiro ko ruzavaho, tukabona abacu bapfuye.

      Kugira ibyiringiro byagufasha bite?

      Pawulo yasobanuye neza akamaro ko kugira ibyiringiro. Yagereranyije ibyiringiro n’ingofero y’umusirikare (1 Abatesalonike 5:8). Yashakaga kuvuga iki? Mu bihe bya Bibiliya, umusirikare yambaraga ingofero y’icyuma, akayambarira ku gatambaro cyangwa akagofero gakozwe mu ruhu. Iyo ngofero yatumaga imyambi bamurasaga ku mutwe itamwica. Pawulo yashakaga kuvuga iki? Nk’uko ingofero irinda umutwe, ni ko ibyiringiro biturinda kugira ibitekerezo bibi byaduca intege. Iyo wiringira ibyo Imana yadusezeranyije, ukomeza gutuza nubwo wahura n’ibibazo bikomeye cyane. Ese twese ntidukeneye ibyiringiro nk’ibyo?

      Pawulo yakoresheje urundi rugero kugira ngo agaragaze impamvu ari ngombwa kugira ibyiringiro. Yaravuze ati: “Ibyo byiringiro bimeze nk’igitsika ubwato gikomeza ubugingo bwacu, ntibishidikanywaho kandi birahamye” (Abaheburayo 6:19). Kubera ko Pawulo yarokotse impanuka z’ubwato nyinshi, yari azi akamaro k’igitsika ubwato. Iyo mu nyanja hazaga imiyaga ikaze, abasare bamanuraga igitsika ubwato. Iyo igitsika ubwato cyageraga hasi mu nyanja, cyafataga ubwato ntibukomeze kugenda, kugira ngo butagera ku nkombe bukagonga ibibuye byabaga bihari.

      Ibyo Imana idusezeranya na byo turabyiringira, kuko ‘bidashidikanywaho kandi bihamye.’ Bituma dushobora kwihanganira ibibazo duhura na byo muri ibi bihe bigoye. Yehova adusezeranya ko vuba aha hatazongera kubaho intambara, ubugizi bwa nabi, agahinda ndetse n’urupfu. (Reba agasanduku kari ku ipaji ya 10.) Ibyo byiringiro biraturinda, bigatuma dushobora kumvira Imana, ntitwigane ab’isi.

      Yehova yifuza ko nawe wagira ibyiringiro nk’ibyo. Ashaka ko ubaho wishimye nk’uko yari yarabiteganyije. Yifuza ko “abantu b’ingeri zose bakizwa.” None se ni iki twakora ngo dukizwe? Mbere na mbere, buri wese agomba ‘kugira ubumenyi nyakuri ku byerekeye ukuri’ (1 Timoteyo 2:4). Turakugira inama yo kwiga Bibiliya, ukamenya ukuri. Nubikora, Imana izagufasha kugira ibyiringiro byo kuzabona ibintu byiza kuruta ibindi byose wabona ku isi.

      Ibyo byiringiro bizatuma utiheba kubera ko Imana izagufasha kugera ku byo wifuza byose bihuje n’ibyo ishaka (2 Abakorinto 4:7; Abafilipi 4:13). Ese ibyo byiringiro si byo ukeneye? Ubwo rero niba wifuza kugira ibyiringiro by’igihe kizaza, ntucike intege. Ushobora kubibona.

      [Agasanduku/Ifoto]

      Impamvu zituma tugira ibyiringiro

      Ibivugwa muri iyi mirongo yo muri Bibiliya, bishobora gutuma urushaho kugira ibyiringiro.

      ◼ Imana idusezeranya ko mu gihe kizaza tuzabaho twishimye.

      Ijambo ryayo rivuga ko isi yose izahinduka paradizo, igaturwa n’abantu bishimye kandi bunze ubumwe.​—Zaburi 37:11, 29; Yesaya 25:8; Ibyahishuwe 21:3, 4.

      ◼ Imana ntishobora kubeshya.

      Yanga ibinyoma byose. Yehova ntajya akora ikosa na rimwe. Ubwo rero ntashobora kubeshya.?—Imigani 6:16-19; Yesaya 6:2, 3; Tito 1:2; Abaheburayo 6:18.

      ◼ Imana ifite imbaraga zihambaye.

      Yehova ni we wenyine ushobora byose. Nta gishobora kumubuza gukora ibyo ashaka.​—Kuva 15:11; Yesaya 40:25, 26.

      ◼ Imana yifuza ko ubaho iteka.

      ​—Yohana 3:16; 1 Timoteyo 2:3, 4.

      ◼ Imana iba yizeye ko tuzayumvira.

      Ntiyita cyane ku makosa dukora, ahubwo yita ku mico yacu myiza n’imbaraga dushyiraho kugira ngo tuyumvire (Zaburi 103:12-14; 130:3; Abaheburayo 6:10). Imana iba yizeye ko tuzakora ibyiza kandi iyo tubikoze irishima.​—Imigani 27:11.

      ◼ Imana igusezeranya ko izagufasha gukora ibyiza.

      Abakorera Imana ntibagomba kwiheba. Imana iduha umwuka wera mwinshi, kandi ni zo mbaraga zikomeye kuruta izindi zose.​—Abafilipi 4:13.

      ◼ Niwiringira Imana ntuzigera ubyicuza.

      Ushobora kwiringira Imana mu buryo bwuzuye. Ntizigera igutenguha.​—Zaburi 25:3.

      [Ifoto]

      Nk’uko ingofero irinda umutwe, ni ko ibyiringiro biturinda kugira ibitekerezo bibi

      [Ifoto]

      Kimwe n’igitsika ubwato, ibyiringiro nyakuri bituma umuntu atuza

      [Aho ifoto yavuye]

      Courtesy René Seindal/Su concessione del Museo Archeologico Regionale A. Salinas di Palermo

Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
Sohoka
Injira
  • Ikinyarwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze