ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Itabi ni incuti mbi
    Nimukanguke!—2010 | Gicurasi
    • Itabi ni incuti mbi

      Reka tuvuge ko ufite “incuti” mwakundanye kuva mukiri bato. Yatumaga wumva umeze nk’umuntu mukuru kandi igatuma wemerwa n’urungano. Iyo wabaga uhangayitse yakwitagaho ukumva “umerewe neza” kandi yagufashaga muri byinshi.

      Ariko nyuma y’igihe watangiye kubona ibibi byayo. Igusaba kuba uri kumwe na yo igihe cyose, nubwo hari aho ugera bakakwinubira bitewe na yo. Nanone nubwo ituma wumva ko uri mukuru, yangiza ubuzima bwawe. Ikibabaje kurushaho ni uko yagiye ikwiba umushahara wawe.

      Wagerageje kenshi gutandukana na yo ariko yaranze. Muri make ni yo isigaye ikuyobora. Usigaye wicuza impamvu wamenyanye na yo.

      UKO ni ko abantu benshi banywa itabi bameze. Umugore witwa Earline wamaze imyaka 50 anywa itabi yaravuze ati “iyo nabaga nifitiye isegereti numvaga impagije, nkumva nta wundi muntu nkeneye. Twabanye neza igihe kirekire kandi hari igihe numvaga ari yo ncuti yonyine mfite.” Ariko Earline yaje kubona ko itabi ari incuti mbi kandi ko rigira ingaruka mbi cyane. Wagira ngo ayo magambo twatangiriyeho ni we wayavuze. Gusa amaze kumenya ko Imana ibona ko kunywa itabi ari bibi kubera ko ryangiza umubiri yaduhaye, yahise arireka.—2 Abakorinto 7:1.

      Umugabo witwa Frank na we yaretse itabi kugira ngo ashimishe Imana. Nyuma y’umunsi umwe cyangwa urenga amaze kureka itabi, yagiye kubona abona yunamye hasi ashakisha udusigazwa twaryo. Yaravuze ati “icyo gihe ni bwo nafashe umwanzuro. Nibajije ukuntu mfukamye muri iyo myanda nshakisha udusigazwa tw’itabi, numva binteye iseseme. Kuva ubwo, nahise ndivaho.”

      Kuki kureka itabi bigorana cyane? Abashakashatsi babonye ko biterwa n’ibintu byinshi: (1) Itabi rirabata kimwe n’ibindi biyobyabwenge. (2) Uburozi bubamo bwitwa nikotine bugera mu bwonko mu masegonda nk’arindwi gusa. (3) Kurinywa bigeraho bikaba ikintu cy’ingenzi, ku buryo umuntu ashobora kurinywa arimo kurya, kunywa, kuganira n’abandi, kwimara agahinda n’ibindi.

      Ariko gucika kuri iyo ngeso mbi birashoboka nk’uko Earline na Frank babishoboye. Niba wifuza kureka itabi, uzasome ingingo zikurikira. Zizagufasha kurireka maze utangire ubuzima bushya.

  • Iyemeze kureka itabi
    Nimukanguke!—2010 | Gicurasi
    • Iyemeze kureka itabi

      “Kimwe mu bintu by’ingenzi bifasha abantu kureka itabi ni ukwiyemeza.”—“Stop Smoking Now!”

      MURI make, niba wifuza kureka itabi nibura wagombye kuba ufite impamvu z’ingenzi zatuma urireka. Izo mpamvu ni izihe? Reka turebe inyungu uzabona igihe uzaba umaze kurireka.

      Bizatuma uzigama amafaranga. Kunywa ipaki y’itabi buri munsi, bishobora gutuma utakaza amafaranga menshi mu mwaka. Hari umugore wavuze ati “sinari nzi ko ntakaza amafaranga menshi ku itabi.”—Gyanu wo muri Nepali.

      Bizatuma urushaho kugira ibyishimo. Regina wo muri Afurika y’Epfo yaravuze ati “igihe narekaga itabi ni bwo natangiye kugira ubuzima bwiza, kandi bwagiye burushaho kuba bwiza.” Iyo abantu baretse itabi ubushobozi bwo guhumurirwa no kuryoherwa buriyongera. Nanone barushaho kugira imbaraga no gusa neza.

      Bishobora gutuma urushaho kugira ubuzima bwiza. “Kureka itabi bigirira akamaro kenshi kandi mu buryo bwihuse abantu b’ingeri zose, baba abagabo cyangwa abagore.”—Ikigo cyo muri Amerika gishinzwe kurwanya indwara.

      Bizatuma urushaho kwigirira icyizere. “Naretse itabi kubera ko ntifuzaga ko rintegeka. Nifuzaga gutegeka umubiri wanjye.”—Henning wo muri Danimarike.

      Bizagirira akamaro incuti n’abavandimwe. “Iyo unywa itabi . . . uba wangiza ubuzima bwa bangenzi bawe. . . . Ubushakashatsi bwagaragaje ko buri mwaka hapfa abantu benshi batanywa itabi, bazize kanseri y’ibihaha cyangwa indwara z’umutima, bitewe no guhumeka umwotsi waryo.”—Ikigo cyo muri Amerika kirwanya kanseri.

      Uzashimisha Umuremyi wawe. “Bakundwa, nimucyo twiyezeho umwanda wose w’umubiri” (2 Abakorinto 7:1). “Mutange imibiri yanyu . . . ibe igitambo cyera, cyemerwa n’Imana.”—Abaroma 12:1.

      “Igihe namenyaga ko Imana yanga ibintu byangiza umubiri, nafashe umwanzuro wo kureka itabi.”—Sylvia wo muri Esipanye.

      Icyakora, kwiyemeza kureka itabi ntibihagije. Ushobora gukenera ko abandi bagufasha, urugero nk’incuti n’abavandimwe. Bagufasha bate?

  • Shaka abagufasha
    Nimukanguke!—2010 | Gicurasi
    • Shaka abagufasha

      “Niyo umuntu yanesha umwe, ababiri bamunanira.”—Umubwiriza 4:12.

      IYO dushyigikiwe n’abandi tuba dushobora gutsinda umwanzi uwo ari we wese. Ubwo rero niba ushaka kureka itabi, wagombye kubwira incuti zawe n’abagize umuryango wawe bakagufasha, cyangwa ukabwira undi muntu wagushyigikira kandi akakwihanganira.

      Jya ugisha inama abantu baretse itabi kuko bashobora kwishyira mu mwanya wawe kandi bakagufasha. Umuvandimwe witwa Torben wo muri Danimarike yaravuze ati “abandi baramfashije cyane.” Abraham wo mu Buhinde we yaravuze ati “urukundo abagize umuryango wanjye n’Abakristo bagenzi banjye banyeretse, rwamfashije kureka itabi.” Icyakora ubufasha duhabwa n’incuti n’umuryango hari igihe buba budahagije.

      Umugabo witwa Bhagwandas yaravuze ati “nanyoye itabi imyaka 27. Ariko maze kumenya icyo Bibiliya ivuga ku bintu byanduza umubiri, nahise niyemeza kurireka. Natangiye ngabanya amasegereti nanywaga, ndeka incuti mbi nari mfite kandi njya gushaka abaganga ngo bamfashe. Ariko byaranze. Nyuma yaho nasenze Yehova mubwira ibindi ku mutima byose kandi ndamwinginga ngo amfashe kurireka. Amaherezo yaramfashije ndivaho burundu.”

      Ikindi kintu cy’ingenzi ni ukwitegura guhangana inzitizi ushobora kuzahura na zo. Izo nzitizi ni izihe? Ingingo ikurikira irazitubwira.

      [Agasanduku]

      ESE WAGOMBYE GUKORESHA IMITI?

      Imiti ifasha abantu kureka itabi ikoreshwa n’abantu benshi kandi abayicuruza bayungukamo menshi cyane. Mbere yo kuyifata, jya ubanza utekereze ku bibazo bikurikira:

      Iyo miti ifite akahe kamaro? Abenshi mu bayitanga bavuga ko igabanya ibibazo biterwa no kureka itabi, ariko abantu bose ntibabyemeranyaho.

      Ni ibihe bibazo iteza? Imwe muri iyo miti ishobora guteza ibibazo, urugero nk’isesemi, indwara y’agahinda gakabije no gutekereza kwiyahura. Nanone zirikana ko iyo miti ifasha abantu kureka itabi na yo ari ikiyobyabwenge. Mu by’ukuri, na yo igeraho ikabata umuntu.

      Ubundi buryo wakoresha ni ubuhe? Hari ubushakashatsi bwakozwe bwagaragaje ko 88 ku ijana by’abantu bashoboye kureka itabi, bariretse batiriwe bakoresha iyo miti.

  • Itegure inzitizi uzahura na zo
    Nimukanguke!—2010 | Gicurasi
    • Itegure inzitizi uzahura na zo

      “Niyemeje kureka itabi kugira ngo ritazagira ingaruka ku mwana twari tumaze kubyara. Ni yo mpamvu namanitse mu nzu icyapa kivuga ngo “kunywa itabi birabujijwe.” Nyuma y’isaha imwe gusa numvise ndishaka cyane bimwe byo gupfa, mba mfashe isegereti imwe ndayinywa.”​—Yoshimitsu wo mu Buyapani.

      NK’UKO ibyabye kuri Yoshimitsu bibigaragaza, kureka itabi burundu ntibyoroha. Nanone ubushakashatsi bwagaragaje ko 90 ku ijana by’abareka itabi, bacikwa bakongera bakarinywa. Ubwo rero niba urimo ugerageza kurireka, ugomba kwitegura kuzahura n’inzitizi. Ni izihe nzitizi abantu bakunda guhura na zo?

      Uburozi bwa nikotine buba mu itabi butuma wongera kurirakira: Akenshi iryo rari riba ryinshi nyuma y’iminsi itatu uretse itabi, rikazagabanuka nyuma y’ibyumweru nka bibiri. Hari umuntu waretse itabi wavuze ati “muri icyo gihe, iryo rari rigenda rihindagurika, rimwe rikaba ryinshi ubundi rikaba rike.” Icyakora na nyuma y’imyaka myinshi, hari igihe wumva wongeye kurirarikira. Mu gihe bigenze bityo, ntugahubuke ngo uhite ukora ibyo iryo rari rigutegetse. Jya wihangana nk’iminota itanu cyangwa irenga, iryo rari rishire.

      Ibindi bintu biba ku muntu waretse itabi: Iyo abantu bakireka itabi, hari igihe bahorana ibitotsi, gushyira ubwenge hamwe bikabagora kandi ibiro byabo bikiyongera vuba. Nanone bashobora kumara igihe bafite agahinda, bagakunda kwishimagura, kubira ibyuya kandi bagakorora cyane. Bashobora no kugira ibyiyumvo bihindagurika, ibyo bikagaragazwa n’uko bananirwa kwihangana, bakagira umujinya mwinshi ndetse bakaba banakwiheba cyane. Ariko nyuma y’ibyumweru biri hagati ya bine na bitandatu, ibyo bintu hafi ya byose bigeraho bikagabanuka.

      Muri ibyo bihe bitoroshye, hari ibintu bishobora kugufasha. Urugero:

      ● Jya uryama amasaha menshi.

      ● Jya unywa amazi menshi cyangwa umutobe kandi urye ibyokurya bifite intungamubiri.

      ● Jya ukora siporo zishyize mu gaciro.

      ● Jya uhumeka cyane, use n’uwireba winjiza umwuka usukuye mu bihaha.

      Imbarutso: Ibyo ni ibikorwa cyangwa ibyiyumvo bishobora gutuma umuntu yifuza kongera kunywa itabi. Urugero, ushobora kuba warakundaga kurinywa uri no kunywa ikindi kinyobwa. Niba ari uko bimeze, mu gihe hari ikintu uri kunywa, jya ukinywa vuba vuba. Nyuma y’igihe runaka, ushobora kuzajya unywa ikinyobwa cyawe witonze.

      Ibyo bigaragaza ko ushobora kwifuza itabi na nyuma yo kurireka burundu. Torben twigeze kuvuga yaravuze ati “nubwo maze imyaka 19 nararetse itabi, iyo ndi kunywa agakawa hari ubwo numva nshatse kurinywa.” Ariko muri rusange, kwifuza itabi uri gukora n’ibindi bintu bizagenda bishira ndetse bigere n’ubwo bikuvamo burundu.

      Icyakora iyo uri kunywa inzoga ibintu biba bibi kurushaho. Mu gihe uri kurwana no gucika ku itabi uba ukwiriye kwirinda kunywa inzoga, ukanagendera kure aho bari kuzinywera. Abenshi mu basubiye ku itabi byababayeho igihe bari bari kumwe n’abantu banywa inzoga. Kubera iki?

      ● Inzoga, n’iyo yaba ari nke cyane, ituma umuntu arushaho kwifuza itabi.

      ● Iyo abantu bari kunywa inzoga ari benshi, akenshi ntibatana no kunywa itabi.

      ● Inzoga zituma umuntu ananirwa gushyira mu gaciro kandi umutimanama we ntukore neza. Bibiliya yabivuze neza igira iti ‘divayi yica umutima.’—Hoseya 4:11.

      Incuti: Jya uhitamo incuti nziza. Urugero, jya wirinda kujya ahantu hari abantu barimo kunywa itabi cyangwa abashobora kugushishikariza kurinywa, mu gihe cyose bishoboka. Nanone jya wirinda abantu bagerageza kuguca intege bitewe n’imihati ushyiraho ngo ucike ku itabi, wenda baguserereza.

      Ibyiyumvo: Hari ubushakashatsi bwagaragaje ko bibiri bya gatatu by’abacitswe bakongera kunywa itabi, barinyoye igihe bari bahangayitse cyangwa barakaye. Mu gihe ugize ibyiyumvo nk’ibyo kandi bigatuma wumva ushatse kongera kunywa itabi, jya uhita ubyirengagiza wenda unywe nk’amazi, uhekenye shikarete cyangwa utembere gato. Jya ugerageza gushyira mu bwenge bwawe ibitekerezo byiza, wenda usenga Yehova cyangwa usoma amapaji make ya Bibiliya.—Zaburi 19:14.

      Impamvu z’urwitwazo ugomba kwirinda

      ● Ndakururaho rimwe gusa.

      Icyo ukwiriye kumenya: Gutumura ku itabi rimwe gusa, bishobora gutuma winjiza mu bwonko mirongo itanu ku ijana by’uburozi bwa nikotine kandi bukaba bwamaramo amasaha atatu. Akenshi ibyo bituma urisubiraho.

      ● Kunywa itabi biramfasha iyo mpangayitse.

      Icyo ukwiriye kumenya: Ubushakashatsi bwagaragaje ko itabi ryongera imihangayiko. Hari abashobora kumva batuje nyuma yo kunywa itabi, ariko ahanini biba bitewe ni uko bahaye umubiri wabo nikotine washakaga.

      ● Sinzi ko nacika ku itabi.

      Icyo ukwiriye kumenya: Kwitakariza icyizere bituma umuntu atagera ku ntego. Bibiliya igira iti “nucika intege ku munsi w’amakuba, imbaraga zawe zizaba nke” (Imigani 24:10). Ubwo rero, jya wirinda ibitekerezo bica intege. Umuntu wese wifuza by’ukuri kureka itabi kandi agakurikiza inama ziringirwa, urugero nk’iziri muri iyi gazeti, ashobora kubigeraho rwose.

      ● Ingaruka ziterwa no kureka itabi, kuri njye zirakabije.

      Icyo ukwiriye kumenya: Ni iby’ukuri ko ibibazo biterwa no kureka itabi bitoroshye, ariko nyuma y’ibyumweru bike gusa biba bitangiye kugabanuka. Ubwo rero komeza guhatana. Niwongera kumva ushatse kurinywa nyuma y’amezi runaka cyangwa imyaka runaka uriretse, uzirinde guhita urinywa ahubwo wihangane, kuko nyuma y’iminota mike bizaba bikuvuyemo.

      ● Mfite uburwayi bwo mu mutwe.

      icyo ukwiriye kumenya: Niba ufite uburwayi bwo mu mutwe, urugero nk’indwara yo kwiheba cyangwa indwara ituma umuntu yibagirwa, uzasabe muganga agufashe gucika ku itabi. Ni we ushobora kugufasha, wenda akaba yaguhindurira imiti.

      ● Iyo ncitswe nkongera kurinywa, numva ko ntazashobora kurireka.

      Icyo ukwiriye kumenya: Niba ucitswe ukongera kunywa ku itabi, nk’uko bikunda kuba ku bantu benshi baba barwana no kurireka, ntukumve ko birangiye, ko ubwo utazashobora kurireka. Ntugacike intege, ahubwo jya ukomeza uhatane. Kunyerera si ko kugwa. Humura! Amaherezo uzatsinda.

      Reka turebe ibyabaye kuri Romualdo wanyoye itabi imyaka 26, akaba amaze imyaka irenga 30 ariretse. Yaravuze ati “sinabara inshuro nagiye nshikwa nkongera kunywa itabi. Buri gihe iyo byambagaho nagiraga agahinda kenshi nkumva ko nta cyo nzigera ngeraho. Icyakora igihe niyemezaga kuba incuti ya Yehova kandi nkajya musenga kenshi musaba kumfasha, narariretse burundu.”

      Mu ngingo isoza, tuzareba izindi nama zagufasha kureka itabi kandi ukagira ibyishimo.

      [Agasanduku/​Ifoto]

      ITABI RIRICA UKO RYABA RIMEZE KOSE

      Itabi rikoreshwa mu buryo bwinshi. Hari ubwo barigurisha nk’ibyokurya bigirira akamaro umubiri ndetse bakanarigurisha nk’imiti. Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye Ryita ku Buzima ryavuze ko “itabi ryica uko ryakoreshwa kose.” Umuntu ashobora kwicwa n’indwara ziterwa no kunywa itabi, urugero nka kanseri n’indwara z’umutima. Nanone iyo abagore batwite banywa itabi, bishobora kugira ingaruka ku bana batwite. Dore amwe mu moko y’itabi:

      Bidi: Ni ubwoko bw’isegereti ntoya bazingira mu kababi, bumenyerewe cyane mu bihugu byo muri Aziya. Uburozi buba muri iryo tabi bukubye inshuro nyinshi ububa mu itabi risanzwe.

      Ibigoma: Ni itabi bazingira mu kibabi cy’itabi cyangwa mu gipapuro gikozwe mu itabi. Uburozi buba muri iryo tabi butandukanye n’ububa mu itabi risanzwe kuko bwo bwinjirira mu kanwa, nubwo itabi ryaba ridakongejwe.

      Kereteki: Iri tabi riba ririmo mirongo itandatu ku ijana ry’ibigize itabi risanzwe na mirongo ine ku ijana by’ibibabi rikorwamo. Riba ririmo uburozi bwa nikotine n’umwuka wa karubone biruta kure cyane ibiba mu itabi risanzwe.

      Shisha: Kunywa itabi rya shisha bishobora gutuma umuntu arwara kanseri n’izindi ndwara ziterwa n’itabi risanzwe.

      Itabi badatumura: Muri iryo tabi harimo iryo bajundika, iryo bakanjakanja, iryo bahumekera mu mazuru n’ubundi bwoko bw’itabi buba mu Majyepfo y’Uburasirazuba bwa Aziya. Uburozi bwa nikotine buva mu kanwa, bukajya mu miyoboro y’amaraso. Ingaruka z’itabi badatumura ni zimwe n’iz’itabi risanzwe.

      Itabi banywera mu nkono z’itabi zifite udutiyo: Iyo unywera itabi muri izo nkono z’itabi, umwotsi w’itabi ubanza guca mu mazi mbere y’uko uwuhumeka. Nubwo bigenda gutyo ariko nta cyo bigabanya ku burozi buba muri iryo tabi, urugero nk’ubujya mu bihaha butera kanseri.

      [Agasanduku/​Ifoto]

      UKO WAFASHA UMUNTU KUREKA ITABI

      ● Jya wita ku byiza. Gushimira umuntu biba byiza kuruta kumugaya no kumubwira amagambo menshi. Kubwira umuntu ngo “humura ubutaha bizakunda” ni byo bigira akamaro cyane kuruta kuvuga ngo “urongeye kandi!”

      ● Jya ubabarira. Umuntu ugerageza kureka itabi nagutura umujinya, ujye ukora uko ushoboye ubyirengagize. Ahubwo ujye ukoresha amagambo arangwa n’ineza, wenda umubwire uti “ndabizi ko bitoroshye, ariko ndakwizera. Nzi ko uzabishobora.” Icyakora ntuzigere uvuga ngo “mbona warabaye umuntu mubi kuruta mbere ukinywa itabi”

      ● Jya uba incuti nyancuti. Bibiliya igira iti “incuti nyakuri igukunda igihe cyose, kandi ikubera umuvandimwe mu gihe cy’amakuba” (Imigani 17:17). Jya ugerageza kwihanganira umuntu urwana no kureka itabi kandi umukunde “igihe cyose,” yaba yishimye cyangwa arakaye.

  • Kureka itabi birashoboka
    Nimukanguke!—2010 | Gicurasi
    • Kureka itabi birashoboka

      IGIHE kirageze kugira ngo ‘ugire ubutwari kandi ukore’ (1 Ibyo ku Ngoma 28:10). Ni ibihe bintu bya nyuma wakora, kugira ngo bigufashe kureka itabi?

      Shyiraho itariki ntarengwa. Urwego Rushinzwe Ubuzima muri Amerika rwatanze inama ivuga ko mu gihe umuntu yiyemeje kureka itabi, yagombye gutangira kubishyira mu bikorwa mu gihe kitarenze ibyumweru bibiri. Ibyo bizatuma ugira imbaraga zo kurireka. Andika itariki yo kurireka, ubibwire incuti zawe kandi wiyemeze kutazayihindura nubwo wahura n’inzitizi.

      Andika ibizagufasha kubigeraho. Ushobora kwandika ibi bikurikira n’ibindi bintu byose byagufasha:

      ● Impamvu ugiye kurireka

      ● Nomero z’abo waterefona mu gihe wumva ugiye kongera kurinywa

      ● Ibitekerezo byagufasha kugera ku ntego yawe, wenda nk’imirongo yo muri Bibiliya, urugero, Abagalatiya 5:22, 23

      Agapapuro wanditseho ibizagufasha kureka itabi, ujye ukagendana aho ugiye hose kandi ugasome kenshi ku munsi. Na nyuma yo kurireka ujye ukomeza ugasome igihe cyose uzumva ushaka kongera kurinywa.

      Irinde ibintu bigutera kurinywa. Mbere y’uko itariki yo kurireka igera, jya uca ukubiri n’ibintu byose bituma unywa itabi. Urugero, niba unywa itabi mu gitondo ubyutse, jya ubyuka urengejeho isaha ku gihe wabyukiraga cyangwa irenze. Niba wari usanzwe urinywa urimo kurya cyangwa umaze kurya, uzakore uko ushoboye ubicikeho. Jya wirinda kujya ahantu hari abantu bari kunywa itabi. Nanone jya witoza kuvuga mu ijwi riranguruye wiherereye uti “murakoze, itabi narariretse.” Ibyo byose nubikora, itariki yo kurireka izagera witeguye. Nanone bizakwibutsa ko ugiye kurireka burundu.

      Itegure kurireka. Mu gihe itariki yo kurireka izaba yegereza, uzateganye ibindi wajya uhekenya urugero nka karoti, ubunyobwa, shikarete n’ibindi. Jya wibutsa incuti zawe n’abagize umuryango itariki yo kurireka kandi muganire uko bazagufasha. Mbere y’iyo tariki uzajugunye ibibiriti n’ibindi bintu byose bifitanye isano n’itabi kandi ujugunye uduce twaryo twatakaye hafi aho, uturi mu modoka, mu mifuka yawe cyangwa aho ukorera. Tuvugishije ukuri gusaba incuti yawe itabi cyangwa kurigura biragoye cyane, kuruta kurisanga ahantu ukarifata. Nanone uzakomeze gusenga Imana kugira ngo igufashe, cyane cyane nyuma yo kurireka.—Luka 11:13.

      Abantu benshi bashoboye guca ukubiri n’incuti mbi bari bamaranye igihe kirekire, ni ukuvuga itabi. Nawe wabishobora. Nubikora uzumva ubohotse kandi urusheho kugira ubuzima bwiza.

      [Ifoto]

      Agapapuro wanditseho ibizagufasha kureka itabi, ujye ukagendana aho ugiye hose kandi ugasome kenshi ku munsi

Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
Sohoka
Injira
  • Ikinyarwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze