ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Ukuri ku birebana n’abamarayika
    Umunara w’Umurinzi (Igazeti y’abantu bose)—2017 | No. 5
    • Abamarayika bari mu yahe matsinda?

      Marayika mukuru: Mikayeli ni we marayika mukuru kuko arusha abandi ubutware n’imbaraga. Ibyanditswe byerekana ko Mikayeli ari irindi zina rya Yesu Kristo.—1 Abatesalonike 4:16; Yuda 9.

      Abaserafi: Bari mu rwego rwo hejuru kuko bafite inshingano zikomeye n’icyubahiro kuruta abandi, kandi bakorera Imana bakikije intebe y’ubwami yayo.—Yesaya 6:1-3.

      Abakerubi: Na bo bari mu rwego rwo hejuru kandi bafite inshingano zihariye zifitanye isano no guhesha Imana ikuzo. Bakunda kugaragazwa bari kumwe n’Imana bayikorera.—Intangiriro 3:24; Ezekiyeli 9:3; 11:22.

      Abandi bamarayika babarirwa muri za miriyoni ni intumwa z’Imana Ishoborabyose: Bafasha abantu gukora ibyo Imana ishaka.b​—Abaheburayo 1:7, 14.

  • Ese ufite marayika murinzi?
    Umunara w’Umurinzi (Igazeti y’abantu bose)—2017 | No. 5
    • INGINGO Y’IBANZE | ESE KOKO ABAMARAYIKA BABAHO?

      Ese ufite marayika murinzi?

      Bibiliya ntiyigisha ko buri muntu agira marayika murinzi. Ni byo koko Yesu yigeze kuvuga ati: “Mwirinde mutagira uwo muri aba bato musuzugura, kuko ndababwira ko abamarayika babo bo mu ijuru bahora bareba mu maso ha Data uri mu ijuru” (Matayo 18:10). Yesu ntiyashakaga kuvuga ko buri muntu afite umumarayika umurinda; ahubwo yashakaga kuvuga ko abamarayika bita kuri buri mwigishwa we. Ni yo mpamvu abasenga Yehova by’ukuri batishora mu bintu biteje akaga, bibwira ko Imana iboherereza abamarayika bo kubarinda.

      None se ibyo bishatse kuvuga ko abamarayika badafasha abantu? Oya (Zaburi 91:11). Hari abantu bumva ko Imana yabageneye umumarayika wo kubarinda no kubayobora. Kenneth twigeze kuvuga, na we ni uko abyumva. Nubwo tutakwemeza ijana ku ijana ko ibyo yavuze ari ukuri, birashoboka. Abahamya ba Yehova bakunze kubona ibimenyetso bigaragaza ko abamarayika babafasha mu murimo wo kubwiriza. Ntitwagaragaza neza uko Imana ikoresha abamarayika mu gufasha abantu mu bikorwa bitandukanye, kuko batagaragara. Ariko kandi turamutse dushimiye Imana ibyo yadukoreye byose yifashishije abamarayika, ntitwaba twibeshye.—Abakolosayi 3:15; Yakobo 1:17, 18.

Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
Sohoka
Injira
  • Ikinyarwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze