1 Samweli 11:15 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 15 Nuko abantu bose bajya i Gilugali, bagezeyo bimikira Sawuli imbere ya Yehova i Gilugali. Batambira imbere ya Yehova ibitambo bisangirwa,+ maze Sawuli n’Abisirayeli bose baranezerwa cyane.+ 1 Samweli 13:13 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 13 Samweli abwira Sawuli ati “wakoze iby’ubupfapfa.+ Ntiwumviye itegeko + Yehova Imana yawe yagutegetse,+ kuko iyo uryumvira Yehova yari kuzakomeza ubwami bwawe muri Isirayeli kugeza ibihe bitarondoreka. 1 Samweli 15:26 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 26 Ariko Samweli abwira Sawuli ati “sinjyana nawe. Kubera ko wanze ijambo rya Yehova, Yehova na we yanze ko ukomeza kuba umwami wa Isirayeli.”+ 1 Samweli 16:23 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 23 Iyo umwuka mubi uturutse ku Mana wazaga kuri Sawuli, Dawidi yafataga inanga akamucurangira, Sawuli akoroherwa akumva amerewe neza, uwo mwuka ukamuvaho.+ 1 Samweli 28:7 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 7 Amaherezo Sawuli abwira abagaragu be ati “nimunshakire umugore w’umuhanga mu gushika+ njye kumushikishaho.” Abagaragu be baramubwira bati “muri Eni-Dori+ hari umugore w’umuhanga mu gushika.” 1 Samweli 31:4 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 4 Sawuli abwira uwamutwazaga intwaro ati “kura inkota yawe+ unsogote, bariya Bafilisitiya batakebwe+ bataza kunsogota bakanyica urubozo.” Ariko uwamutwazaga intwaro arabyanga,+ kuko yari afite ubwoba bwinshi cyane. Nuko Sawuli afata inkota ye ayishitaho.+ 2 Samweli 1:23 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 23 Sawuli na Yonatani,+ bari abanyagikundiro bashimisha,Ntibatandukanye no mu rupfu rwabo.+Baranyarukaga kurusha kagoma,+Bari abanyambaraga kurusha intare.+ Ibyakozwe 13:21 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 21 Ariko uhereye icyo gihe bisabira umwami,+ maze Imana ibaha Sawuli mwene Kishi, wo mu muryango wa Benyamini,+ abategeka imyaka mirongo ine.
15 Nuko abantu bose bajya i Gilugali, bagezeyo bimikira Sawuli imbere ya Yehova i Gilugali. Batambira imbere ya Yehova ibitambo bisangirwa,+ maze Sawuli n’Abisirayeli bose baranezerwa cyane.+
13 Samweli abwira Sawuli ati “wakoze iby’ubupfapfa.+ Ntiwumviye itegeko + Yehova Imana yawe yagutegetse,+ kuko iyo uryumvira Yehova yari kuzakomeza ubwami bwawe muri Isirayeli kugeza ibihe bitarondoreka.
26 Ariko Samweli abwira Sawuli ati “sinjyana nawe. Kubera ko wanze ijambo rya Yehova, Yehova na we yanze ko ukomeza kuba umwami wa Isirayeli.”+
23 Iyo umwuka mubi uturutse ku Mana wazaga kuri Sawuli, Dawidi yafataga inanga akamucurangira, Sawuli akoroherwa akumva amerewe neza, uwo mwuka ukamuvaho.+
7 Amaherezo Sawuli abwira abagaragu be ati “nimunshakire umugore w’umuhanga mu gushika+ njye kumushikishaho.” Abagaragu be baramubwira bati “muri Eni-Dori+ hari umugore w’umuhanga mu gushika.”
4 Sawuli abwira uwamutwazaga intwaro ati “kura inkota yawe+ unsogote, bariya Bafilisitiya batakebwe+ bataza kunsogota bakanyica urubozo.” Ariko uwamutwazaga intwaro arabyanga,+ kuko yari afite ubwoba bwinshi cyane. Nuko Sawuli afata inkota ye ayishitaho.+
23 Sawuli na Yonatani,+ bari abanyagikundiro bashimisha,Ntibatandukanye no mu rupfu rwabo.+Baranyarukaga kurusha kagoma,+Bari abanyambaraga kurusha intare.+
21 Ariko uhereye icyo gihe bisabira umwami,+ maze Imana ibaha Sawuli mwene Kishi, wo mu muryango wa Benyamini,+ abategeka imyaka mirongo ine.