4 Ibikomangoma by’Abafilisitiya biramurakarira cyane, biramubwira biti “subizayo uyu mugabo+ ajye aho wamuhaye kuba. Ntiwemere ko atabarana natwe, atagera ku rugamba akaduhinduka.+ Ese hari ikindi yakora kugira ngo atone kuri shebuja, uretse kumushyira imitwe y’ingabo zacu?