ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 29
  • Mose ahunga

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Mose ahunga
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Igihuru kigurumana
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Igihuru cyaka umuriro
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ihatire kumenya imigambi ya Yehova
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2005
  • Twigane ukwizera kwa Mose
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2014
Reba ibindi
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 29
Mose ava mu Misiri agahunga

INKURU YA 29

Mose ahunga

REBA Mose arimo ahunga ava mu Misiri. Urabona abo bagabo bamukurikiye? Uzi se impamvu bashaka kumwica? Reka tuyirebe.

Mose yarerewe mu nzu ya Farawo, umutegetsi wa Misiri. Yaje kuba umunyabwenge kandi aba umuntu ukomeye cyane. Mose yari azi ko atari Umunyamisiri, kandi ko ababyeyi be nyakuri bari abacakara b’Abisirayeli.

Umunsi umwe, igihe Mose yari yujuje imyaka 40, yafashe umwanzuro wo kujya kureba uko ubwoko bwe bwari bumerewe. Ibyo bwakorerwaga byari biteye ubwoba. Yabonye Umunyamisiri akubita umucakara w’Umwisirayeli. Mose yarebye hirya no hino, maze abonye ko nta wumubona, akubita Umunyamisiri, arapfa, nuko ahisha intumbi ye mu musenyi.

Bukeye bwaho, Mose yongeye kujya kureba ubwoko bwe. Yibwiraga ko yashoboraga kubafasha kuva mu bucakara. Ariko Mose yabonye abagabo babiri b’Abisirayeli barwana, maze abaza uwari mu ikosa ati ‘kuki ukubita umuvandimwe wawe?’

Uwo mugabo yaramushubije ati ‘ni nde wakugize umutware n’umucamanza wacu? Urashaka kunyica nk’uko wishe wa Munyamisiri?’

Ibyo byatumye Mose agira ubwoba. Yabonye ko abantu bari bamenye icyo yari yakoreye wa Munyamisiri. Ndetse na Farawo yaje kubyumva, maze yohereza abantu bo kwica Mose. Ngiyo impamvu yatumye Mose ahunga akava mu Misiri.

Igihe Mose yavaga mu Misiri, yagiye kure cyane mu gihugu cy’i Midiyani. Agezeyo, yahasanze umuryango wa Yetiro, maze arongora umwe mu bakobwa be witwaga Zipora. Mose yabaye umushumba, akajya aragira intama za Yetiro. Yabaye mu gihugu cy’i Midiyani mu gihe cy’imyaka 40. Icyo gihe noneho yari amaze imyaka 80. Nuko umunsi umwe, igihe Mose yari aragiye intama za Yetiro, habaye ikintu gitangaje cyahinduye imibereho ye yose. Reka tujye ku ipaji ikurikira maze turebe icyo kintu gitangaje icyo ari cyo.

Kuva 2:11-25; Ibyakozwe 7:22-29.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze