ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 18 p. 48-p. 49 par. 4
  • Igihuru cyaka umuriro

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Igihuru cyaka umuriro
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Igihuru kigurumana
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Mose ahunga
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ihatire kumenya imigambi ya Yehova
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2005
  • Mose yagiraga urukundo
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 18 p. 48-p. 49 par. 4
Mose ari iruhande rw’igihuru cyaka umuriro

IGICE CYA 18

Igihuru cyaka umuriro

Mose yamaze imyaka 40 i Midiyani. Yashatse umugore abyara n’abana. Umunsi umwe ubwo yari aragiye intama hafi y’Umusozi wa Sinayi, yabonye ikintu gitangaje. Yabonye igihuru cy’amahwa cyaka umuriro ariko ntigishye ngo gishireho. Mose yegereye icyo gihuru ngo yitegereze neza, yumva ijwi rivugira muri icyo gihuru rigira riti: “Mose! Ntiwegere hano. Kuramo inkweto kuko aho hantu uhagaze ari ahera.” Ni Yehova wamuvugishaga akoresheje umumarayika.

Mose yagize ubwoba, maze yitwikira mu maso. Iryo jwi ryaramubwiye riti: “Nabonye ukuntu Abisirayeli bababaye. Nzabakiza Abanyegiputa, mbajyane mu gihugu cyiza, kandi ni wowe uzakura abantu banjye muri Egiputa.” Ese uriyumvisha ukuntu Mose yumvise bimutunguye?

Mose yarabajije ati: “Nibambaza uwantumye, nzasubiza iki?” Imana yaramusubije iti: “Uzababwire ko Yehova Imana ya Aburahamu, Imana ya Isaka, Imana ya Yakobo, ari we wagutumye.” Hanyuma Mose yaravuze ati: “Abantu nibanga kwemera ibyo mbabwiye nzabigenza nte?” Yehova yahaye Mose ikimenyetso kimwizeza ko yari kumufasha. Yabwiye Mose ngo ajugunye hasi inkoni ye. Iyo nkoni yahise ihinduka inzoka. Mose yafashe umurizo w’iyo nzoka, irongera ihinduka inkoni. Yehova yaramubwiye ati: “Nukora icyo gitangaza, bazemera ko ari njye wagutumye.”

Mose yabwiye Yehova ati: “Sinzi kuvuga neza.” Yehova yaramusubije ati: “Nzakubwira icyo uzavuga, kandi nzaguha Aroni umuvandimwe wawe agufashe.” Mose amaze kumva ko Yehova yari kumufasha, yafashe umugore we n’abana be basubira muri Egiputa.

“Ntimuzahangayike mwibaza uko muzavuga cyangwa icyo muzavuga, kuko ibyo muzavuga muzabibwirwa muri uwo mwanya.”—Matayo 10:19

Ibibazo: Ni iki Mose yabonye igihe yari aragiye intama? Yehova yashakaga ko Mose akora iki?

Kuva 3:1–4:20; Ibyakozwe 7:30-36

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze