ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 37
  • Ihema ry’urusengero

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ihema ry’urusengero
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Ihema ryo gusengeramo
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibibazo by’abasomyi
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2006
  • Ibivugwa mu gitabo cyo Kuva
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • Yehova aradutumira
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2024
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 37
Ihema ry’urusengero cyangwa ihema ry’ibonaniro ryakoreshwaga n’Abisirayeli

INKURU YA 37

Ihema ry’urusengero

IYO nzu waba uzi iyo ari yo? Ni ihema ryihariye ryo gusengeramo Yehova. Nanone ryitwa ubuturo cyangwa ihema ry’ibonaniro. Abisirayeli barangije kubaka iryo hema nyuma y’umwaka umwe bavuye mu Misiri. Uzi uwo igitekerezo cyo kuryubaka cyaturutseho?

Cyaturutse kuri Yehova. Igihe Mose yari ku Musozi Sinayi, Yehova yamubwiye uko iryo hema ryari kubakwa. Yavuze ko ryagombaga kubakwa ku buryo ryari gushobora kwimukanwa bitagoranye. Muri ubwo buryo, ibipande byaryo byashoboraga kwimurwa bikongera guteranywa. Bityo, uko Abisirayeli bagendaga bimuka, ni na ko baryimukanaga.

Urebye mu cyumba gito kiri ku ruhande rumwe rw’iryo hema, urabonamo isanduku. Iyo sanduku yitwa isanduku y’isezerano. Yari iriho abamarayika cyangwa abakerubi babiri bari bakozwe muri zahabu, umwe ku ruhande rumwe, undi ku rundi. Hanyuma, Imana yongeye kwandika ya Mategeko Cumi ku bisate by’amabuye bibiri, kuko ibya mbere Mose yari yarabijanjaguye. Nuko ayo mabuye abikwa mu isanduku y’isezerano. Nanone muri iyo sanduku hashyizwemo urwabya rwarimo manu. Waba se wibuka icyo manu ari cyo?

Aroni umuvandimwe wa Mose ni we Yehova yatoranyije ngo abe umutambyi mukuru. Yayoboraga Abisirayeli mu birebana no gusenga Yehova. Kandi abahungu be na bo bari abatambyi.

Reba noneho ikindi cyumba cy’ihema, cyo kinini kurushaho. Cyari gikubye incuro ebyiri cya cyumba gito. Urareba isanduku iturukamo umwotsi? Icyo ni igicaniro abatambyi boserezagamo imibavu. Hari kandi n’igitereko cy’amatabaza arindwi. Ikintu cya gatatu cyari muri icyo cyumba, ni ameza. Ayo meza yahoraga ariho imitsima 12.

Igikarabiro n’igicaniro

Mu rugo rw’ihema ry’ibonaniro hari igikarabiro kinini cyabaga cyuzuye amazi. Abatambyi bakoreshaga ayo mazi biyuhagira. Hari kandi n’igicaniro kinini. Icyo gicaniro cyoserezwagaho amatungo yishwe, yabaga yahawe Yehova ho ituro. Ihema ryari mu nkambi rwagati, Abisirayeli barikikije.

Kuva 25:8-40; 26:1-37; 27:1-8; 28:1; 30:1-10, 17-21; 34:1, 2; Abaheburayo 9:1-5.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze