ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 50
  • Abagore babiri b’intwari

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Abagore babiri b’intwari
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Umuyobozi mushya n’abagore babiri b’intwari
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • ‘Narahagurutse kandi ndi umubyeyi muri Isirayeli’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2015
  • Ukwizera kwatumye Baraki atsinda ingabo zikomeye
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2003
  • Iyo witanze bituma Yehova asingizwa
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2017
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 50
Baraki atangajwe no kumva Yayeli amubwira ko Sisera ari mu ihema rye yamaze gupfa

INKURU YA 50

Abagore babiri b’intwari

IGIHE Abisirayeli bageraga mu kaga, batakambiye Yehova. Yehova yabashubije abaha abayobozi b’intwari bo kubafasha. Abo bayobozi, Bibiliya ibita abacamanza. Yosuwa ni we wabaye umucamanza wa mbere, kandi bamwe mu bacamanza babayeho nyuma ye bitwaga Otiniyeli, Ehudi na Shamugari. Ariko babiri mu bantu bagobotse Abisirayeli ni abagore bitwaga Debora na Yayeli.

Debora na Baraki

Debora yari umuhanuzikazi. Yehova yamubwiraga iby’igihe kizaza, maze na we akabibwira rubanda. Nanone Debora yari umucamanza. Yicaraga munsi y’igiti cy’umukindo mu gihugu cy’imisozi miremire, maze abantu bakamugana ngo abakemurire ibibazo.

Muri icyo gihe, Yabini ni we wari umwami wa Kanaani. Yari afite amagare y’intambara 900. Ingabo ze zari zikomeye cyane ku buryo Abisirayeli benshi bari barahatiwe kuba abagaragu be. Umugaba w’ingabo za Yabini yitwaga Sisera.

Umunsi umwe, Debora yatumiye umucamanza Baraki maze aramubwira ati ‘Yehova aravuze ngo “fata abantu 10.000 maze ubajyane ku musozi Tabora. Aho ni ho nzagusangisha Sisera. Kandi nzamukugabiza umutsinde we n’ingabo ze.’”

Maze Baraki abwira Debora ati ‘nitujyana, nzagenda.’ Nuko Debora ajyana na we, ariko aramubwira ati ‘nta cyubahiro cyo kunesha uzabona, kuko Yehova agiye gutanga Sisera ngo agwe mu maboko y’umugore.’ Uko ni ko byagenze.

Nuko Baraki amanuka Umusozi Tabora ngo ajye gusakirana n’ingabo za Sisera. Mu buryo butunguranye, Yehova yateje umwuzure, maze uhitana benshi muri izo ngabo z’umwanzi. Ariko Sisera ava mu igare rye arahunga.

Nyuma y’igihe gito, Sisera yageze ku ihema rya Yayeli. Uwo mugore yamwinjije mu ihema rye, amuha amata. Ibyo byatumye afatwa n’ibitotsi maze ahita asinzira cyane. Nuko Yayeli afata urumambo rw’ihema maze arushinga mu mutwe w’uwo muntu mubi. Nyuma y’aho, Baraki yaje kuhagera maze amwereka Sisera yapfuye! Nguko uko ibyo Debora yavuze byasohoye.

Amaherezo, umwami Yabini na we yaje kwicwa, maze Abisirayeli bonera kubona agahenge.

Abacamanza 2:14-22; 4:1-24; 5:1-31.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze