ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • yp1 igi. 13 pp. 91-96
  • Nakora iki ngo ndeke kubabara?

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Nakora iki ngo ndeke kubabara?
  • Ibibazo urubyiruko rwibaza n’ibisubizo byabyo, Umubumbe wa 1
  • Udutwe duto
  • Ibisa na byo
  • Wakora iki mu gihe ukomeje kugira umubabaro?
  • Nakora iki ngo ndeke kubabara cyane?
    Nimukanguke!—2010
  • Nategeka nte ibyiyumvo byanjye?
    Ibibazo urubyiruko rwibaza n’ibisubizo byabyo, Umubumbe wa 2
  • Irimbuka rya Sodomu na Gomora
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2008
  • Yesu akiza abantu mu buryo bw’igitangaza
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2008
Reba ibindi
Ibibazo urubyiruko rwibaza n’ibisubizo byabyo, Umubumbe wa 1
yp1 igi. 13 pp. 91-96

IGICE CYA 13

Nakora iki ngo ndeke kubabara?

“Iyo abandi bafite ibibazo mbaba hafi nkabafasha gukemura ibibazo byabo, bakumva bamerewe neza. Ariko icyo abantu baba batazi, ni uko iyo ngeze mu rugo, mpita njya mu cyumba nkarira.”​—Kellie.

“Iyo mbabaye, ndigunga. Iyo hagize abantumira, nshakisha impamvu zituma ntajyayo. Nkora uko nshoboye kose ngahisha umuryango wanjye ko mbabaye. Bibwira ko nta kibazo mfite.”​—Rick.

ESE ibyabaye kuri Kellie na Rick nawe bijya bikubaho? Niba byarakubayeho, ntuhite wumva ko ufite ikibazo. Menya ko buri wese ajya agira ikimubabaza. Abagabo n’abagore b’indahemuka bavugwa muri Bibiliya na bo ni ko byabagendekeye.—1 Samweli 1:6-8; Zaburi 35:14.

Hari igihe ushobora kumenya icyakubabaje; ariko hari n’igihe utakimenya. Umukobwa witwa Anna, ufite imyaka 19, yaravuze ati “kubabara ntibisaba ko uba wahuye n’ikintu gikomeye. Bishobora kukubaho igihe icyo ari cyo cyose, nubwo waba nta kibazo na kimwe ufite. Bibaho nubwo uba udashobora gusobanura icyabiteye!”

Wakora iki mu gihe wumva ubabaye, waba uzi impamvu yabiteye cyangwa utayizi? Gerageza gukora ibi bikurikira:

1. Jya uvuga uko umerewe. Igihe Yobu yari mu ngorane, yaravuze ati “nzavuga mfite ishavu mu mutima.”—Yobu 10:1.

Umukobwa witwa Kellie yaravuze ati “ntushobora kwiyumvisha ukuntu numva nduhutse iyo maze kuvuga uko merewe. Byibura mba mbonye umuntu wumva imimerere ndimo! Ni nk’aho mba naguye mu mwobo, noneho umuntu akampereza umugozi, akankurura akawukankuramo.”

Igitekerezo: andika izina ry’incuti wizera ushobora kubwira ibikubabaje.

․․․․․

2. Andika ibyakubabaje. Igihe wumva ufite akababaro kenshi, ujye ugerageza kwandika ibitekerezo byawe ku rupapuro. Muri za zaburi zahumetswe Dawidi yanditse, yajyaga avugamo akababaro ke (Zaburi 6:6). Kwandika uko wumva umerewe bizagufasha ‘kurinda ubwenge bwawe n’ubushobozi bwo kwiyumvisha ibintu.’—Imigani 3:21.

Umukobwa witwa Heather yaravuze ati “iyo mfite agahinda, simbasha gutekereza neza. Kwandika bimfasha gushyira ibitekerezo ku murongo. Iyo uvuze uko umerewe kandi ukaba usobanukiwe impamvu umerewe utyo, umubabaro wawe uragabanuka.”

Igitekerezo: Koresha imbonerahamwe iri ku ipaji ya 93, kugira ngo ubone uko wakwitwara mu gihe uri mu mimerere igoranye. Ibyo bizatuma umubabaro wawe ugabanuka.

3. Jya ubishyira mu isengesho. Bibiliya ivuga ko nusenga uvuga ibiguhangayikishije, ‘amahoro y’Imana asumba cyane ibitekerezo byose, azarinda umutima wawe n’ubushobozi bwawe bwo kwiyumvisha ibintu.’—Abafilipi 4:6, 7.

Umukobwa witwa Ester yaravuze ati “nageragezaga gutahura impamvu numva mbabaye, ariko bikananira. Nasabye Yehova ngo amfashe kugira ibyishimo. Nari ndambiwe kwirirwa mbabaye kandi nta n’impamvu yabiteye. Amaherezo byaje gushira. Ntuzigere na rimwe upfobya imbaraga z’isengesho!”

Igitekerezo: Ifashishe Zaburi ya 139:23, 24 kugira ngo ubone uko wasenga Yehova. Mubwire ibikuri ku mutima byose, umusabe kugufasha gutahura impamvu nyayo ituma ubabara.

Uretse ibi bitekerezo wahawe, izindi nama z’ingirakamaro ushobora kuzisanga mu Ijambo ry’Imana Bibiliya. Kuzirikana ibitekerezo bitera inkunga biboneka muri Bibiliya, bishobora gutuma wumva umerewe neza (Zaburi 1:1-3). Nusuzuma ingingo zifite umutwe uvuga ngo “Uwo wafatiraho urugero,” ziri muri iki gitabo no mu Mubumbe wacyo wa 2, uzabonamo ibitekerezo bitera inkunga bishingiye kuri Bibiliya. Ku ipaji ya 227 y’uwo Mubumbe wa 2, uzahabona uko intumwa Pawulo yabigenzaga iyo yabaga afite umubabaro yaterwaga no kuba atari atunganye.

Wakora iki mu gihe ukomeje kugira umubabaro?

Umusore witwa Ryan yaravuze ati “rimwe na rimwe, mu gitondo numvaga ntashaka kubyuka, nkumva ibyiza ari uko nakwigumira mu buriri, ngo ntongera guhura n’ibintu byambabaza muri uwo munsi.” Ryan yari afite ikibazo cy’ihungabana, kandi si we wenyine. Ubushakashatsi bugaragaza ko mu rubyiruko, umwe muri bane agira ibibazo by’ihungabana mbere y’uko aba mukuru.

Wabwirwa n’iki ko ufite ikibazo cy’ihungabana? Bimwe mu bimenyetso bibiranga ni ihinduka rigaragara ry’imyitwarire, mu kanya kamwe ukaba wishimye mu kandi ukaba ubabaye, ukigunga, ugasanga ibintu hafi ya byose bitakigushimisha, kurya bikakunanira, ukabura ibitotsi, ugasigara wumva nta cyo umaze kandi ukagira umutimanama ugucira urubanza nta mpamvu.

Abantu hafi ya bose, hari igihe bagaragaza kimwe muri ibyo bimenyetso cyangwa byinshi muri byo. Ariko niba umaze igihe runaka ubona ibyo bimenyetso, byaba byiza ubibwiye ababyeyi bawe kugira ngo bajye kugusuzumisha kwa muganga. Muganga ashobora kugufasha kumenya niba ako kababaro kawe gaterwa n’uburwayi.a

Niba ufite ikibazo cy’ihungabana, ntibikagutere isoni. Hari benshi bari bafite ikibazo nk’icyawe, ariko bakwivuza bagatangira kumva bamerewe neza, wenda kuruta n’uko bari bameze mbere. Umubabaro waba ufite wose, waba uterwa n’ihungabana cyangwa uterwa n’indi mpamvu, ukwiriye kuzirikana amagambo ahumuriza yo muri Zaburi ya 34:18, agira ati “Yehova aba hafi y’abafite umutima umenetse; akiza abafite umutima ushenjaguwe.”

MU GICE GIKURIKIRA: Wakora iki se niba wumva akababaro kakurenze, ku buryo ubona ko gupfa ari wo muti?

[Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji]

a Iyo abenshi mu bakiri bato bamaze igihe kirekire bababaye, bumva bashaka kwiyahura. Niba warigeze gutekereza kwiyahura, wagombye guhita ubibwira umuntu ukuze wizeye.—Ku bindi bisobanuro, reba igice cya 14.

UMURONGO W’IFATIZO

“Yehova aba hafi y’abafite umutima umenetse; akiza abafite umutima ushenjaguwe.”—Zaburi 34:18.

INAMA

Andika uko uba umeze iyo wababaye, wandike n’impamvu utekereza iba yatumye ubabara. Nihashira ukwezi, usome ibyo wanditse. Ese uko wumvaga umeze icyo gihe byarahindutse? Niba byarahindutse, andika icyabigufashijemo.

ESE WARI UBIZI . . . ?

Kurira nta cyo bitwaye, nubwo waba uri umuhungu. Hari igihe Umwami Dawidi yivugiye ati “ijoro ryose ntosa uburiri bwanjye, uburiri bwanjye mbwuzuza amarira.”—Zaburi 6:6.

ICYO NIYEMEJE GUKORA

Dore icyo nakora kugira ngo numve merewe neza: ․․․․․

Kuba hafi y’izi ncuti bizangabanyiriza umubabaro: ․․․․․

Icyo nifuza kubaza ababyeyi banjye kuri iyi ngingo ni iki: ․․․․․

UBITEKEREZAHO IKI?

● Ese kurira bifite akahe kamaro?

● Ese kuba hamwe n’abandi byagufasha bite kwihanganira akababaro?

[Amagambo yatsindagirijwe yo ku ipaji ya 96]

“Iyo mbabaye nirinda kwigunga. Birumvikana ko hari igihe mba nkeneye kuba ndi jyenyine, kugira ngo nshyire ibitekerezo byanjye ku murongo kandi mbone uko ndira. Ariko nyuma yaho, mba nifuza kuba hamwe n’abandi kugira ngo banyibagize icyaba cyanteye kubabara.”—Christine

[Imbonerahamwe/​Amafoto yo ku ipaji ya 93]

Urupapuro rw’imyitozo

Icyo wakora kugira ngo udakomeza kubabara

Uzuza

Icyabaye

Hari umwarimu utuma numva ntacyo maze

Icyo udakwiriye gukora

Nta cyo nzakora ngo nsinde isomo rye

Icyo ukwiriye gukora

Inama: Reba igice cya 20

Icyabaye

Umwe mu ncuti zanjye yanyirengagije

Icyo udakwiriye gukora

Nzajya musebya mu bandi

Icyo ukwiriye gukora

Inama: Reba igice cya 10 Umubumbe wa 2

Icyabaye

Ababyeyi banjye baratanye

Icyo udakwiriye gukora

Kubikira inzika umwe mu babyeyi banjye cyangwa bombi

Icyo ukwiriye gukora

Inama: Reba igice cya 4

Icyabaye

․․․․․

Icyo udakwiriye gukora

․․․․․

Icyo ukwiriye gukora

․․․․․

Icyabaye

․․․․․

Icyo udakwiriye gukora

․․․․․

Icyo ukwiriye gukora

․․․․․

[Ifoto yo ku ipaji ya 95]

Hagize ugufasha kandi nawe ukagira icyo ukora, ushobora kudakomeza kubabara. Ibyo byagereranywa no kuva mu mwobo muremure

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze