ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • yp1 igi. 39 pp. 282-286
  • Nakora iki ngo ngere ku ntego nishyiriyeho?

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Nakora iki ngo ngere ku ntego nishyiriyeho?
  • Ibibazo urubyiruko rwibaza n’ibisubizo byabyo, Umubumbe wa 1
  • Ibisa na byo
  • 12 Kugira intego
    Nimukanguke!—2018
  • Uko wagera ku ntego zawe zo mu buryo bw’umwuka
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2006
  • Ishyirireho intego zo mu buryo bw’umwuka zizatuma uhesha ikuzo Umuremyi wawe
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2004
  • Rubyiruko, ni iki muzakoresha ubuzima bwanyu?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2010
Reba ibindi
Ibibazo urubyiruko rwibaza n’ibisubizo byabyo, Umubumbe wa 1
yp1 igi. 39 pp. 282-286

IGICE CYA 39

Nakora iki ngo ngere ku ntego nishyiriyeho?

Ni ikihe kintu wifuza kugeraho muri ibi bikurikira?

□ Kurushaho kwigirira icyizere

□ Kugira incuti nyinshi

□ Kurushaho kugira ibyishimo

MU BY’UKURI, ibyo byose uko ari bitatu ushobora kubigeraho! Wabigenza ute? Uzabigeraho niwishyiriraho intego kandi ugaharanira kuzigeraho. Suzuma ibi bikurikira:

Kurushaho kwigirira icyizere. Niwishyiriraho intego zo mu gihe gito kandi ukazigeraho, bizaguha icyizere cyo kwishyiriraho intego z’igihe kirekire. Bizanatuma urushaho kugira icyizere mu gihe uhanganye n’ingorane uhura na zo buri munsi, urugero nk’amoshya y’urungano.

Kugira incuti nyinshi. Abantu bashimishwa no kugirana ubucuti n’abantu bishyiriyeho intego zishyize mu gaciro, abantu bazi neza icyo bashaka kandi baharanira kukigeraho.

Kurushaho kugira ibyishimo. Tuvugishije ukuri, kurambirwa cyangwa kwitega ko hari ikintu gishimishije kizakubaho mu buzima ariko ntikibe, birababaza. Ariko iyo wishyiriyeho intego kandi ukazigeraho, wumva wishimye kuko hari icyo wagezeho. Ese uriteguye? Ibyanditse ku mapaji akurikira bizabigufashamo.a

✔ 1 MENYA NEZA INTEGO ZAWE

1. Tekereza intego ushobora kwishyiriraho. Ishyire wizane, ntubitekerezeho cyane. Andika ibitekerezo byinshi uko bishoboka. Gerageza kwandika nk’intego 10.

2. Suzuma ibyo bitekerezo. Ni izihe ntego ubona zigushishikaje kurusha izindi? Izigoye kurusha izindi ni izihe? Ni izihe zagutera ishema cyane uramutse uzigezeho? Uzirikane ko intego nziza kurusha izindi akenshi aba ari izizakugirira akamaro.

3. Hitamo iz’ingenzi kurusha izindi. Shyira izo ntego ku murongo ukurikije uko wifuza kuzigeraho.

✔ 2 TEGANYA UKO WAZIGERAHO

Kuri buri ntego wahisemo, kora ibi bikurikira:

Andika intego yawe.

Kwiga ururimi rw’amarenga kugira ngo nzafashe abatumva

Shyiraho itariki ntarengwa yo kuyigeraho. Kwishyiriraho intego ariko nta tariki ntarengwa washyizeho, nta cyo byakumarira!

Tariki ya 1 Nyakanga

Iyemeze kuzayigeraho. Iyemeze gukora uko ushoboye kose kugira ngo uzayigereho. Andika itariki kandi ushyireho umukono.

Intambwe

1. Kugira aho nandika.

2. Kwiga ibimenyetso icumi buri cyumweru.

3. Kwitegereza uko abandi baca amarenga.

4. Gushaka umuntu wankosora mu gihe nca amarenga.

Inzitizi nshobora kuzahura na zo

Uko nanesha izo nzitizi

Nta muntu undi hafi uzi ururimi rw’amarenga

Tekereza intambwe bizagusaba gutera.

Tekereza inzitizi ushobora kuzahura na zo. Hanyuma utekereze uko uzahangana na zo.

Gukura ibitabo by’ururimi rw’amarenga ku rubuga rwa interineti: www.jw.org.

․․․․․ ․․․․․

Umukono Itariki

✔ 3 GIRA ICYO UKORA

Hita utangira. Ibaze uti ‘nakora iki uyu munsi kugira ngo nzagere ku ntego yanjye?’ Nubwo utazi neza icyo bizagusaba gukora kugira ngo ugere ku ntego yawe, ntibikakubuze gutangira. Nk’uko Bibiliya ibivuga “uwitegereza umuyaga ntazabiba, kandi uwitegereza ibicu ntazasarura” (Umubwiriza 11:4). Reba ikintu wakora uyu munsi, nubwo cyaba ari gito.

Jya usuzuma intego zawe buri munsi. Jya wiyibutsa impamvu buri ntego igufitiye akamaro. Suzuma aho ugeze izo ntego zawe, ushyire aka kamenyetso ✔ iruhande rwa buri ntambwe ugezeho (cyangwa wandike itariki).

Tekereza neza. Sa nk’utekereza mu gihe kiri imbere, wirebe wageze ku ntego yawe. Umva ibyishimo waba ufite wayigezeho. Noneho subiza ibitekerezo inyuma, usuzume buri ntambwe izakugeza kuri iyo ntego. Tekereza uko uzagenda utera buri ntambwe, hanyuma utekereze ibyishimo wagira uyigezeho. Rwose haranira kuyigeraho!

[Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji]

a Nubwo izi nama zagufasha kugera ku ntego z’igihe gito, amahame akubiyemo ashobora no kugufasha kugera ku ntego z’igihe kirekire.

UMURONGO W’IFATIZO

“Imigambi y’umunyamwete izana inyungu.”—Imigani 21:5.

INAMA

Ntugahangayikishwe no kubahiriza gahunda mu buryo butagoragozwa. Ntukigore kandi uko uzagenda ugera ku ntego zawe, jya ugira icyo uhindura.

ESE WARI UBIZI . . . ?

Uko intego wishyiriyeho igenda igira agaciro kenshi, ni na ko iyo uyigezeho ugira ibyishimo byinshi.

UBITEKEREZAHO IKI?

● Ese kwishyiriraho intego nyinshi icyarimwe birashoboka?—Abafilipi 1:10.

● Ese kwishyiriraho intego bisobanura kugena igihe uzajya ukorera buri kintu cyose mu mibereho yawe?—Abafilipi 4:5.

[Amagambo yatsindagirijwe yo ku ipaji ya 283]

“Iyo nta ntego ufite cyangwa nta cyo ugamije mu buzima, biroroshye guhita ucika intege. Ariko iyo wishyiriyeho intego kandi ukazigeraho, wumva umerewe neza.”—Reed

[Agasanduku/​Ifoto yo ku ipaji ya 283]

Dore zimwe mu ntego wakwishyiriraho

Ubucuti: Gushaka incuti imwe indusha imyaka. Kongera kugirana ubucuti n’umuntu runaka.

Ubuzima: Kumara iminota 90 buri cyumweru mu myitozo ngororamubiri. Gusinzira amasaha umunani buri joro.

Ishuri: Kongera amanota mbona mu mibare. Kunanira bagenzi banjye banyoshya gukora ibibi.

Mu buryo bw’umwuka: Kumara iminota 15 buri munsi nsoma Bibiliya. Kubwiriza umunyeshuri twigana muri iki cyumweru.

[Ifoto yo ku ipaji ya 284 n’iya 285]

Intego ni nk’igishushanyo mbonera; kugira ngo ugihereho wubake inzu bisaba gushyiraho imihati

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze