ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • jl isomo 2
  • Kuki twitwa Abahamya ba Yehova?

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Kuki twitwa Abahamya ba Yehova?
  • Ni ba nde bakora ibyo Yehova ashaka muri iki gihe?
  • Ibisa na byo
  • Jya wubaha izina rikomeye rya Yehova
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
  • Yehova ashyira hejuru izina rye
    Ubwami bw’Imana burategeka
  • Impamvu Tugomba Kumenya Izina ry’Imana
    Izina ry’Imana Rizahoraho Iteka
  • Izina ry’Imana ni irihe?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2019
Reba ibindi
Ni ba nde bakora ibyo Yehova ashaka muri iki gihe?
jl isomo 2

ISOMO RYA 2

Kuki twitwa Abahamya ba Yehova?

Nowa

Nowa

Aburahamu na Sara

Aburahamu na Sara

Mose

Mose

Yesu Kristo

Yesu Kristo

Hari abantu benshi batekereza ko Abahamya ba Yehova ari izina ry’idini ryadutse vuba. Nyamara hashize imyaka isaga 2.700, abagaragu b’Imana y’ukuri biswe ‘abahamya’ bayo (Yesaya 43:10-12). Kugeza mu mwaka wa 1931, twari tuzwi ku izina ry’Abigishwa ba Bibiliya. None se, kuki twaje kwitwa Abahamya ba Yehova?

Bigaragaza Imana dukorera. Dukurikije inyandiko za kera zandikishijwe intoki, izina ry’Imana Yehova riboneka incuro zibarirwa mu bihumbi muri Bibiliya. Hari Bibiliya nyinshi zakuyemo iryo zina, zirisimbuza amazina y’icyubahiro, nk’Umwami cyangwa Imana. Nyamara Imana y’ukuri yahishuriye Mose izina ryayo bwite, Yehova, iramubwira iti “iryo ni ryo zina ryanjye kugeza iteka ryose” (Kuva 3:15). Ibyo yabikoze igira ngo igaragaze aho itandukaniye n’ibigirwamana byose. Duterwa ishema no kwitirirwa izina ryera ry’Imana.

Bigaragaza umurimo dukora. Kuva kera cyane, uhereye kuri Abeli wari umukiranutsi, hari abantu benshi bagiye bahamya ko bizera Yehova. Mu binyejana byakurikiyeho, Nowa, Aburahamu, Sara, Mose, Dawidi n’abandi, biyongereye ku bagize “igicu kinini cyane cy’abahamya” (Abaheburayo 11:4–12:1). Nk’uko mu rukiko umuntu ashobora gutangira ubuhamya umuntu urengana, natwe twiyemeje kubwira abandi ukuri ku byerekeye Imana.

Twigana Yesu. Bibiliya ivuga ko Yesu ari “umuhamya wizerwa kandi w’ukuri” (Ibyahishuwe 3:14). Yesu ubwe yivugiye ko ‘yamenyekanishije izina’ ry’Imana kandi yakomeje ‘guhamya ukuri’ ku byerekeye Imana (Yohana 17:26; 18:37). Ubwo rero, Abakristo b’ukuri bagomba kwitirirwa izina rya Yehova kandi bakarimenyekanisha. Ibyo ni byo Abahamya ba Yehova bagerageza gukora.

  • Kuki Abigishwa ba Bibiliya baje kwitwa Abahamya ba Yehova?

  • Hashize igihe kingana iki Yehova afite abahamya hano ku isi?

  • Ni nde Muhamya wa Yehova uruta abandi?

IBINDI WAKORA

Nuhura n’Abahamya ba Yehova b’aho utuye, uzagerageze kurushaho kumenyana na bo. Uzabaze umwe muri bo uti “kuki wahisemo kuba Umuhamya wa Yehova?”

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze