ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • jl isomo 9
  • Twakwitegura dute amateraniro?

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Twakwitegura dute amateraniro?
  • Ni ba nde bakora ibyo Yehova ashaka muri iki gihe?
  • Ibisa na byo
  • Jya usingiza Yehova mu materaniro
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2019
  • Tujye duterana inkunga igihe turi mu materaniro
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2023
  • Tegura Kandi Wishimire Amateraniro y’Itorero
    Umurimo Wacu w’Ubwami—1996
  • Uko wategura Iteraniro ry’Umurimo
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2009
Reba ibindi
Ni ba nde bakora ibyo Yehova ashaka muri iki gihe?
jl isomo 9

ISOMO RYA 9

Twakwitegura dute amateraniro?

Umuhamya wa Yehova ategura amateraniro y’itorero

Kamboje

Umuhamya wa Yehova ategura amateraniro y’itorero
Umuhamya wa Yehova atanga igitekerezo mu materaniro y’itorero

Ukraine

Niba hari Umuhamya wa Yehova ukwigisha Bibiliya, ushobora kuba ubanza gutegura aho mwiga. Byarushaho kuba byiza ugiye utegura na mbere yo kujya mu materaniro y’itorero. Ushyizeho gahunda ihoraho yo gutegura, wagera kuri byinshi.

Shaka igihe n’aho gutegurira. Ni ryari ubwenge bwawe buba buri hamwe? Ese ni kare mu gitondo mbere y’uko utangira umunsi wawe w’akazi, cyangwa ni nijoro abana bamaze kuryama? Nubwo atari ngombwa ko umara igihe kirekire utegura, ukwiriye kubigenera igihe, kandi ukirinda ko hagira ikikubuza gutegura. Jya ahantu hatuje, wirinde ibintu byose bishobora kukurangaza, wenda ufunge radiyo, televiziyo na telefoni. Kubanza gusenga bizagufasha kwirengagiza imihihibikano y’uwo munsi, maze werekeze ibitekerezo byawe ku Ijambo ry’Imana.​—Abafilipi 4:6, 7.

Tegura uca uturongo, witegure no kuzatanga ibitekerezo. Banza umenye igitekerezo rusange kiri mu ngingo utegura. Tekereza ku mutwe w’ingingo cyangwa w’igice, urebe aho udutwe duto duhuriye n’umutwe mukuru, usuzume imirongo y’Ibyanditswe yatanzwe hamwe n’ibibazo by’isubiramo bitsindagiriza ibitekerezo by’ingenzi. Noneho soma buri paragarafu ushakemo n’ibisubizo by’ibibazo byatanzwe. Rambura Bibiliya usome imirongo yatanzwe, kandi ugerageze kumva aho ihuriye n’ibitekerezo biri muri paragarafu (Ibyakozwe 17:11). Iyo umaze kubona igisubizo cy’ikibazo, ugicaho umurongo cyangwa ugashyira akamenyetso ku magambo cyangwa interuro z’ingenzi ziri muri iyo paragarafu, kugira ngo bizakwibutse igisubizo. Noneho nugera mu materaniro, ushobora kuzazamura ukuboko ugatanga igisubizo kigufi mu magambo yawe.

Nujya utegura ibiri bwigwe mu materaniro yose aba buri cyumweru, uzaba wongera ibitekerezo bishya ku bumenyi bwo muri Bibiliya usanzwe ufite.​—Matayo 13:51, 52.

  • Ni iyihe gahunda wakwishyiriraho yagufasha gutegura amateraniro?

  • Wakwitegura ute kugira ngo uzatange igitekerezo mu materaniro?

IBINDI WAKORA

Ukurikije ibyavuzwe muri iyi ngingo, tegura igice cyo kwigwa cyo mu Munara w’Umurinzi cyangwa Icyigisho cya Bibiliya cy’Itorero. Saba ukwigisha Bibiliya agufashe gutegura igitekerezo ushobora gutanga mu materaniro y’ubutaha.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze