ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • jl isomo 24
  • Amafaranga dukoresha ava he?

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Amafaranga dukoresha ava he?
  • Ni ba nde bakora ibyo Yehova ashaka muri iki gihe?
  • Ibisa na byo
  • Amafaranga akoreshwa mu bikorwa by’Ubwami ava he?
    Ubwami bw’Imana burategeka
  • Amafaranga dukoresha ava he?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2015
  • Amafaranga Abahamya ba Yehova bakoresha ava he?
    Ibibazo abantu bakunze kwibaza ku Bahamya ba Yehova
  • Kuki tugomba kugira ibyo duha Imana kandi ifite byose?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2018
Reba ibindi
Ni ba nde bakora ibyo Yehova ashaka muri iki gihe?
jl isomo 24

ISOMO RYA 24

Amafaranga dukoresha ava he?

Umuntu utanga impano ku bushake
Abahamya ba Yehova barimo babwiriza

Nepali

Abubatsi b’Inzu y’Ubwami muri Togo

Togo

Abakozi bakora ku biro by’ishami mu Bwongereza

U Bwongereza

Buri mwaka, umuryango wacu utanga Bibiliya n’ibitabo bibarirwa muri za miriyoni amagana, nta kiguzi. Twubaka Amazu y’Ubwami n’amazu akoreramo ibiro by’amashami kandi tugakomeza kuyitaho. Twita ku bakorera kuri za Beteli n’abamisiyonari kandi tugatabara abagwiririwe n’impanuka kamere cyangwa ibiza. Ushobora kwibaza uti “amafaranga akora ibyo byose ava he?”

Ntitwaka abantu icya cumi n’amaturo. Nubwo kugira ngo umurimo wo kubwiriza ugende neza bisaba amafaranga menshi, ntidusabiriza. Hashize imyaka irenga ijana inomero ya kabiri y’igazeti y’Umunara w’Umurinzi ivuze ko twemera ko Yehova ari we ushyigikira uyu murimo dukora, kandi ko “tutazigera twiyambaza abaterankunga.” Kandi koko ntitwigeze tubikora.​—Matayo 10:8.

Ibikorwa byacu bishyigikirwa n’impano zitangwa ku bushake. Hari abantu benshi bishimira uyu murimo dukora wo kwigisha Bibiliya, bagatanga impano z’amafaranga zo kuwushyigikira. Abahamya ba Yehova ubwabo bishimira gutanga igihe, imbaraga, amafaranga ndetse n’ibindi bintu bafite kugira ngo ibyo Imana ishaka bikorwe ku isi hose (1 Ibyo ku Ngoma 29:9). Mu Nzu y’Ubwami haba udusanduku two gushyiramo impano z’amafaranga kugira ngo ababishaka bayashyiremo. Nanone impano zishobora gutangwa binyuze ku rubuga rwacu rwa jw.org. Akenshi usanga ayo mafaranga atangwa n’abantu bafite amikoro make, bameze nk’umupfakazi Yesu yashimye washyize uduceri tubiri tw’agaciro gake mu isanduku y’amaturo (Luka 21:1-4). Ubwo rero, buri wese ashobora kujya agira “icyo ashyira ku ruhande,” kugira ngo atange “nk’uko yabyiyemeje mu mutima we.”​—1 Abakorinto 16:2; 2 Abakorinto 9:7.

Twizeye ko Yehova azakomeza gutuma abantu bafite umutima wo gutanga ‘bamwubahisha ibintu byabo by’agaciro,’ batanga impano zo gushyigikira umurimo w’Ubwami kugira ngo ibyo Yehova ashaka bikorwe.​—Imigani 3:9.

  • Ni iki umuryango wacu utandukaniyeho n’andi madini?

  • Impano zitangwa ku bushake zikoreshwa zite?

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze