ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • od pp. 4-5
  • Babwiriza dukunda dusangiye umurimo

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Babwiriza dukunda dusangiye umurimo
  • Turi umuryango ukora ibyo Yehova ashaka
  • Ibisa na byo
  • Bavandimwe, mubibire umwuka kandi mwifuze inshingano
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2010
  • Imikorere y’umuryango wacu ishingiye ku Ijambo ry’Imana
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2016
  • Intama za Yehova Zikeneye Kwitabwaho mu Rukundo
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—1996
  • Bavandimwe mukiri bato, mwaba mwifuza inshingano?
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2013
Reba ibindi
Turi umuryango ukora ibyo Yehova ashaka
od pp. 4-5

Ibaruwa y’Inteko Nyobozi

Babwiriza dukunda dusangiye umurimo

Twishimira cyane ko dusenga Imana imwe y’ukuri Yehova twunze ubumwe. Yadushinze umurimo wera kandi urokora ubuzima, wo kubwiriza no kwigisha ubutumwa bwiza bwerekeye Ubwami bwayo bwimitswe, kandi ‘dukorana’ na yo (1 Kor 3:9; Mat 28:19, 20). Tugomba kugira gahunda nziza kugira ngo dushobore gukora uwo murimo ku isi hose mu mahoro kandi twunze ubumwe.—1 Kor 14:40.

Iki gitabo kizatuma umenya uko itorero rya gikristo rikora muri iki gihe. Gisobanura inshingano z’ingenzi cyane Umuhamya wa Yehova afite. Nufatana uburemere izo nshingano kandi ukazisohoza neza, uzakomeza “gushikama mu kwizera.”—Ibyak 16:4, 5; Gal 6:5.

Ni yo mpamvu tugushishikariza kwiga iki gitabo ubyitondeye. Uge wihatira gushyira mu bikorwa ibivugwamo. Urugero, niba uherutse kuba umubwiriza, ni izihe ntambwe zindi watera kugira ngo ube Umuhamya wa Yehova wabatijwe? None se niba warabatijwe, ni iki wakora kugira ngo urusheho kwegera Yehova kandi wagure umurimo umukorera (1 Tim 4:15)? Wakora iki kugira ngo wimakaze amahoro mu itorero (2 Kor 13:11)? Ibisubizo by’ibyo bibazo uzabisanga muri iki gitabo.

Niba uri umuvandimwe wabatijwe, wakora iki kugira ngo wuzuze ibisabwa ube umukozi w’itorero, nyuma yaho uzabe umusaza? Ubu hakenewe cyane abavandimwe bujuje ibisabwa bafata iya mbere, kubera ko hari abantu benshi bakomeza kugana umuryango w’Imana. Iki gitabo kizagufasha gusobanukirwa icyo ‘abifuza inshingano’ basabwa.—1 Tim 3:1.

Dusenga dushyizeho umwete dusaba ko iki gitabo cyazagufasha kumenya umwanya ufite mu muryango wa Yehova no kuwuha agaciro. Mwese turabakunda cyane, kandi dukomeza gusenga dusaba ko mwazaba mu bazishimira gukorera iteka ryose Data wo mu ijuru, ari we Yehova.—Zab 37:10, 11; Yes 65:21-25.

Abavandimwe banyu,

Inteko Nyobozi y’Abahamya ba Yehova

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze