ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 3 p. 14-p. 15 par. 3
  • Adamu na Eva basuzuguye Imana

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Adamu na Eva basuzuguye Imana
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Impamvu yatumye batakaza ubuturo bwabo
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Imana ni yo isumba byose
    Reka Umwigisha Ukomeye akwigishe
  • Ubuzima bwari bumeze bute muri Paradizo?
    Tega Imana amatwi uzabeho iteka
  • Imibereho igoranye itangira
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 3 p. 14-p. 15 par. 3
Adamu na Eva birukanywe muri Edeni

IGICE CYA 3

Adamu na Eva basuzuguye Imana

Adamu afite urubuto Eva yamuhaye arukuye ku giti Imana yababujije

Umunsi umwe, inzoka yaraje isanga Eva ari wenyine maze iramuvugisha. Yaramubajije iti: “Ni ukuri koko Imana yababujije kurya imbuto z’ibiti byose?” Eva yarayisubije ati: “Dushobora kurya imbuto z’ibiti byose uretse igiti kimwe gusa. Turamutse turiye imbuto zacyo twapfa.” Inzoka yaramubwiye iti: “Reka ntimuzapfa! Ahubwo nimukiryaho muzamera nk’Imana.” Ese ibyo byari ukuri? Oya, iyo nzoka yaramubeshyaga. Ariko Eva yarabyemeye. Eva yakomeje kwitegereza icyo giti, yumva ashatse kurya imbuto zacyo. Yaraziriye, ahaho na Adamu. Adamu yari azi ko gusuzugura Imana byari gutuma bapfa. Ariko yarayisuzuguye, arya kuri izo mbuto.

Adamu na Eva bamaze kwirukanwa muri Edeni, ku muryango hari abamarayika barinze ubusitani hari n’inkota yaka umuriro

Nyuma yaho kuri uwo munsi, Yehova yavuganye na Adamu na Eva. Yababajije icyari cyatumye bamusuzugura. Eva yavuze ko inzoka ari yo yamushutse, Adamu na we avuga ko Eva ari we wamushutse. Yehova yirukanye Adamu na Eva mu busitani bwa Edeni kubera ko bari bamusuzuguye. Kugira ngo batazasubira muri ubwo busitani, yashyize ku muryango wabwo abamarayika n’inkota yaka umuriro.

Yehova yavuze ko uwari washutse Eva na we yagombaga guhanwa. Mu by’ukuri si inzoka iyi isanzwe yari yavugishije Eva. Yehova ntiyahaye inzoka ubushobozi bwo kuvuga. Ahubwo ni umumarayika mubi wakoreshaga iyo nzoka kugira ngo ashuke Eva. Uwo mumarayika yitwa Satani Usebanya. Yehova azarimbura Satani kugira ngo atazongera gushuka abantu ngo bakore ibibi.

‘Satani yabaye umwicanyi agitangira. Ntiyagumye mu kuri, kuko ukuri kutari muri we.’​—Yohana 8:44

Ibibazo: Kuki Eva yariye imbuto z’igiti Imana yari yarababujije? Byagendekeye bite Adamu na Eva bamaze gusuzugura Yehova? Satani ni nde?

Intangiriro 3:1-24; Yohana 8:44; 1 Yohana 3:8; Ibyahishuwe 12:9

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze