ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 11 p. 32-p. 33 par. 2
  • Yrageragejwe

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yrageragejwe
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Imana igerageza ukwizera kwa Aburahamu
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ikimenyetso kiruta ibindi kigaragaza ko Imana idukunda
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • Yehova yamwise ‘incuti ye’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2016
  • Aburahamu yari muntu ki?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2012
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 11 p. 32-p. 33 par. 2
Aburahamu na Isaka bagiye mu gihugu cya Moriya

IGICE CYA 11

Yarageragejwe

Aburahamu yigishije umuhungu we Isaka gukunda Yehova no kwiringira amasezerano ye yose. Ariko igihe Isaka yari afite imyaka nka 25, Yehova yasabye Aburahamu gukora ikintu cyari kimukomereye cyane. Icyo kintu ni ikihe?

Imana yabwiye Aburahamu iti: “Fata Isaka umwana wawe w’ikinege, ujye kumutambaho igitambo ku musozi wo mu gihugu cy’i Moriya.” Aburahamu ntiyari azi icyatumye Yehova amusaba gukora ikintu nk’icyo. Icyakora yaramwumviye.

Aburahamu yazindutse kare mu gitondo, afata Isaka n’abagaragu babiri maze bajya mu gihugu cy’i Moriya. Bamaze gukora urugendo rw’iminsi itatu, batangiye kubona imisozi iri kure yabo. Aburahamu yabwiye abo bagaragu be ngo basigare aho, bamutegereze we na Isaka bajye gutamba igitambo. Aburahamu yahaye Isaka inkwi ngo azitware hanyuma na we afata icyuma. Isaka yabajije papa we ati: “Itungo turi butambeho igitambo riri he?” Aburahamu yaramusubije ati: “Mwana wa, Yehova arariduha.”

Bamaze kugera ku musozi, bubatse igicaniro. Aburahamu yafashe Isaka amuzirika amaboko n’amaguru, maze amuryamisha ku gicaniro.

Isaka ari ku gicaniro amaboko n’amaguru bihambiriye, Aburahamu na we afashe icyuma

Aburahamu yafashe icyuma, ariko umumarayika wa Yehova amuhamagara ari mu ijuru ati: “Aburahamu! Ntiwice uwo mwana. Ubu noneho menye ko wizera Imana kuko wari ugiye gutamba umwana wawe ho igitambo.” Hanyuma Aburahamu yabonye isekurume y’intama, amahembe yayo yafashwe mu gihuru. Yahise ahambura Isaka amukura ku gicaniro maze agishyiraho ya ntama, aba ari yo atambaho igitambo.

Kuva icyo gihe Yehova yise Aburahamu incuti ye. Waba uzi impamvu? Ni ukubera ko Aburahamu yakoraga ibyo Yehova yamusabaga byose, ndetse n’igihe yabaga adasobanukiwe impamvu.

Aburahamu abohora Isaka

Yehova yasubiriyemo Aburahamu isezerano rye rigira riti: “Nzaguha umugisha, kandi nzatuma abagukomokaho baba benshi.” Ibyo byasobanuraga ko Yehova yari guha umugisha abantu bose bakora ibyiza, binyuze ku muryango wa Aburahamu.

“Imana yakunze abantu cyane ku buryo yatanze Umwana wayo w’ikinege, kugira ngo umwizera wese atazarimbuka, ahubwo azabone ubuzima bw’iteka.”​—Yohana 3:16

Ibibazo: Aburahamu yagaragaje ate ko yiringiraga Yehova? Yehova yasezeranyije iki Aburahamu?

Intangiriro 22:1-18; Abaheburayo 11:17-19; Yakobo 2:21-23

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze