ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 34 p. 84-p. 85 par. 2
  • Gideyoni atsinda Abamidiyani

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Gideyoni atsinda Abamidiyani
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • “Inkota y’Uwiteka na Gideyoni”
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2005
  • Gideyoni n’abantu be 300
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Abasaza b’itorero bakwigana bate Gideyoni?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2023
  • Yehova Incuti yacu iruta izindi zose
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2014
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 34 p. 84-p. 85 par. 2
Gideyoni n’abasirikare be bavugije amahembe, bamena ibibindi kandi bazunguza ibintu bitanga urumuri, ari na ko bavuza urusaku rw’intambara

IGICE CYA 34

Gideyoni atsinda Abamidiyani

Hashize igihe, Abisirayeli bongeye kureka Yehova basenga ibigirwamana. Ibyo byatumye Abamidiyani bamara imyaka irindwi babagirira nabi, bakabatwara amatungo kandi bakangiza imyaka yabo yabaga iri mu mirima. Abisirayeli bihishaga Abamidiyani mu misozi no mu buvumo. Binginze Yehova ngo abakize. Yehova yohereje umumarayika ngo ajye kureba umusore witwaga Gideyoni. Uwo mumarayika yabwiye Gideyoni ati: “Yehova yagutoranyije ngo ube umusirikare w’intwari.” Gideyoni yaramubajije ati: “Nakiza nte Abisirayeli? Nta cyo ndi cyo.”

Gideyoni yari kwemezwa n’iki ko Yehova ari we yahisemo? Yashyize ubwoya ku mbuga bahuriraho imyaka, maze abwira Yehova ati: “Mu gitondo, ninsanga ikime cyaje kuri ubu bwoya ariko ubutaka bugakomeza kumuka, ndamenya ko ushaka ko nkiza Abisirayeli.” Ku munsi wakurikiyeho, yasanze ubwoya butose cyane, ariko ubutaka bwumutse. Icyakora Gideyoni yasabye ko umunsi ukurikiraho yasanga ubwoya bwumutse ariko ubutaka butose. Igihe ibyo byabaga, Gideyoni yamenye neza ko ari we Yehova yari yahisemo. Yahise ateranyiriza hamwe abasirikare be ngo bajye gutera Abamidiyani.

Yehova yabwiye Gideyoni ati: “Nzatuma Abisirayeli batsinda. Ariko kubera ko ufite abasirikare benshi, mushobora kwibeshya ko ari mwe ubwanyu mwatsinze iyo ntambara. None rero bwira umuntu wese ufite ubwoba yisubirire mu rugo.” Abasirikare 22.000 bahise bataha, hasigara 10.000. Hanyuma Yehova yaramubwiye ati: “Abasirikare baracyari benshi. Bajyane ku mugezi ubabwire banywe amazi. Usigarane gusa abari bunywe amazi ariko banareba aho umwanzi aturuka.” Abasirikare 300 ni bo bonyine banyoye amazi baniteguye kurwana. Yehova yamusezeranyije ko abo basirikare bake bari kuzatsinda abasirikare b’Abamidiyani bageraga ku 135.000.

Muri iryo joro, Yehova yabwiye Gideyoni ati: “Haguruka utere Abamidiyani!” Gideyoni yahaye buri musirikare ihembe n’ikibindi kirimo ikintu gitanga urumuri. Yarababwiye ati: “Murebe ibyo nkora namwe abe ari byo mukora.” Gideyoni yavugije ihembe rye, akubita hasi ikibindi, azunguza cya kintu gitanga urumuri, maze aravuga cyane ati: “Intambara ni iya Yehova na Gideyoni!” Ba basirikare 300 bose babigenje batyo. Abamidiyani bagize ubwoba, bariruka barahunga. Bayobewe ibibaye maze batangira kwicana. Icyo gihe nabwo, Yehova yari yongeye gufasha Abisirayeli gutsinda abanzi babo.

Abasirikare b’Abamidiyani bagize ubwoba

“Ibyo bigaragaza ko twahawe imbaraga zirenze iz’abantu. Izo mbaraga si izacu ahubwo ziva ku Mana.”​—2 Abakorinto 4:7

Ibibazo: Ni iki Yehova yakoze ngo yemeze Gideyoni ko ari we yari yatoranyije? Kuki Gideyoni yari afite abasirikare 300 gusa?

Abacamanza 6:1–16; 6:36–7:25; 8:28

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze