ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 40 p. 98-p. 99 par. 2
  • Dawidi na Goliyati

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Dawidi na Goliyati
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • ‘Intambara ni iya Yehova’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2016
  • Dawidi na Goliyati
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Dawidi ntiyagize ubwoba
    Jya wigisha abana bawe
  • Impamvu Dawidi atagiraga ubwoba
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2008
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 40 p. 98-p. 99 par. 2
Dawidi azunguza ibuye mu muhumetso akaritera Goliyati

IGICE CYA 40

Dawidi na Goliyati

Yehova yabwiye Samweli ati: “Jya mu rugo rwa Yesayi. Umwe mu bahungu be ni we uzaba umwami wa Isirayeli.” Nuko Samweli ajya kwa Yesayi. Akibona umuhungu we mukuru, yaribwiye ati: “Nta gushidikanya ni uyu nguyu.” Ariko Yehova yamubwiye ko atari we. Yehova yaramubwiye ati: “Ndeba ibiri mu mutima w’umuntu, sindeba uko umuntu agaragara inyuma.”

Samweli asuka amavuta kuri Dawidi

Yesayi yazaniye Samweli abana be batandatu. Ariko Samweli yaravuze ati: “Muri aba nta n’umwe Yehova yatoranyije. Ese nta bandi bahungu ufite?” Yesayi yaramusubije ati: “Mfite undi ari we bucura. Yitwa Dawidi. Yagiye kuragira intama.” Dawidi amaze kwinjira, Yehova yabwiye Samweli ati: “Ni uyu.” Samweli yasutse amavuta ku mutwe wa Dawidi, kugira ngo azabe umwami wa Isirayeli.

Goliyati

Hashize igihe ibyo bibaye, Abisirayeli batangiye kurwana n’Abafilisitiya. Abafilisitiya bari bafite umusirikare muremure kandi munini cyane witwaga Goliyati. Buri munsi Goliyati yatukaga Abisirayeli. Yababwiraga asakuza cyane ati: “Nimwitoranyemo umusirikare ukomeye muri mwe aze turwane. Nanyica, tuzaba abagaragu banyu. Ariko nanjye nimwica, muzaba abagaragu bacu.”

Dawidi yagiye aho abasirikare b’Abisirayeli bari bari, ashyiriye ibyokurya bakuru be bari abasirikare. Yumvise ibyo Goliyati yavugaga maze aravuga ati: “Ndarwana na we.” Umwami Sawuli yaramubwiye ati: “Uracyari umwana.” Ariko Dawidi yaramusubije ati: “Yehova aramfasha.”

Sawuli yahaye Dawidi imyenda ye ya gisirikare, ariko Dawidi aravuga ati: “Sinashobora kurwana nambaye ibi bintu.” Dawidi yafashe umuhumetso, maze ajya ku kagezi. Yatoranyije utubuye dutanu adushyira mu gafuka ke k’abashumba. Hanyuma yirutse asanga Goliyati. Goliyati wari muremure kandi ari munini cyane yaramubwiye ati: “Ngwino hano wa kana we. Ndaguteza inyamaswa n’ibisiga bikurye.” Dawidi ntiyagize ubwoba. Yaramusubije ati: “Unteye witwaje inkota n’amacumu, ariko njye nguteye mu izina rya Yehova. Nturwana natwe, ahubwo urarwana n’Imana. Abari aha bose bagiye kwibonera ko Yehova akomeye kuruta inkota cyangwa icumu. Ari butume mwese tubatsinda.”

Dawidi yafashe ibuye arishyira mu muhumetso ararizunguza cyane. Yehova yaramufashije iryo buye riragenda ryikubita mu gahanga ka Goliyati riteberamo. Uwo mugabo wari munini cyane yahise agwa hasi yamaze gupfa. Abafilisitiya babibonye bahise biruka barahunga. Ese nawe wiringira Yehova nka Dawidi?

“Ukurikije uko abantu batekereza ibyo ntibishoboka, ariko si ko bimeze ku Mana, kuko ku Mana ibintu byose bishoboka.”​—Mariko 10:27

Ibibazo: Ni nde Yehova yahisemo ngo azabe umwami wa Isirayeli? Dawidi yatsinze ate Goliyati?

1 Samweli 16:1-13; 17:1-54

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze