ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 82 p. 192-p. 193 par. 2
  • Yesu yigisha abigishwa be gusenga

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yesu yigisha abigishwa be gusenga
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Ku bihereranye n’amasengesho Imana yumva
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • Impano ihebuje y’isengesho
    Ni iki Bibiliya itwigisha?
  • Ese twagombye gusenga Yesu?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2015
  • Gusenga bituma uba incuti y’Imana
    Ishimire Ubuzima Iteka Ryose—Amasomo Yagufasha Kwiga Bibiliya
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 82 p. 192-p. 193 par. 2
Umufarisayo ari gusenga ku mugaragaro maze abantu bagahagarara kugira ngo bamurebe

IGICE CYA 82

Yesu yigisha abigishwa be gusenga

Ibyo Abafarisayo bakoraga byose, babaga bashaka kwigaragaza. Iyo bakoraga igikorwa cyiza, bakoraga ibishoboka byose ngo abandi bababone. Basengeraga ahantu hahurira abantu benshi kugira ngo buri wese ashobore kubabona. Bari barafashe mu mutwe amasengesho maremare, bakajya bayasubiramo bari mu masinagogi no mu mihanda kugira ngo abandi babumve. Ni yo mpamvu abantu batunguwe no kumva Yesu ababwira ati: “Ntimugasenge nk’Abafarisayo. Bibwira ko Imana yumva ari uko umuntu avuze amagambo menshi, ariko si byo. Iyo usenga uba uganira na Yehova. Ntugahore usubiramo ibintu bimwe. Yehova yifuza ko umubwira ibikuri ku mutima.

Umwana w’umuhungu arapfukamye kugira ngo asenge

Yesu yabwiye abigishwa be ati: “Ubwo rero mujye musenga mutya muti: ‘Papa wacu uri mu ijuru, izina ryawe niryezwe. Ubwami bwawe nibuze. Ibyo ushaka bikorwe mu isi nk’uko bikorwa mu ijuru.’” Nanone yababwiye ko bagombaga gusenga basaba ibyokurya by’uwo munsi, bagasaba kubabarirwa ibyaha ndetse bagasaba n’ibindi bakeneye mu buzima bwabo.

Yesu yaravuze ati: “Mukomeze gusenga. Mukomeze gusaba Papa wanyu Yehova kugira ngo abahe ibintu byiza. Buri mubyeyi aba yifuza guha umwana we ibintu byiza. Ese umwana wawe agusabye umugati wamuha ibuye? Ese agusabye ifi wamuha inzoka?”

Hanyuma Yesu yasobanuye icyo yashakaga kuvuga agira ati: “None se niba muzi guha abana banyu impano nziza kandi muri babi, Papa wanyu wo mu ijuru we ntazarushaho kubaha umwuka wera? Mujye mumusaba gusa.” Ese ukurikiza iyo nama ya Yesu? None se iyo usenga, ni ibihe bintu usaba?

“Mukomeze gusaba muzahabwa, mukomeze gushaka muzabona, mukomeze gukomanga muzakingurirwa.”​—Matayo 7:7

Ibibazo: Yesu yigishije abigishwa be gusenga bate? Ese usenga usaba ibintu by’ingenzi ukeneye?

Matayo 6:2-18; 7:7-11; Luka 11:13

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze