ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 93 p. 216-p. 217 par. 5
  • Yesu asubira mu ijuru

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yesu asubira mu ijuru
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Abantu babarirwa mu magana baramubonye mbere ya Pentekote
    Yesu ni inzira, ukuri n’ubuzima
  • Yiyerekana Ubwa Nyuma, na Pentekote yo mu Mwaka wa 33 I.C.
    Umuntu Ukomeye Kuruta Abandi Bose
  • Ku musozi wa Elayono
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Yesu abwiriza ubutumwa bw’Ubwami
    Amasomo wavana muri Bibiliya
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 93 p. 216-p. 217 par. 5
Yesu azamuka mu kirere intumwa ze zimwitegereza

IGICE CYA 93

Yesu asubira mu ijuru

Yesu yahuriye n’abigishwa be i Galilaya. Yabahaye itegeko ry’ingenzi rigira riti: “Nimugende muhindure abantu bo mu bihugu byose abigishwa. Mubigishe ibintu byose nabigishije kandi mubabatize.” Hanyuma yarababwiye ati: “Mujye mwibuka ko nzaba ndi kumwe namwe iminsi yose.”

Mu gihe cy’iminsi 40 Yesu amaze kuzuka, yagiye abonekera abigishwa benshi i Galilaya n’i Yerusalemu. Yabigishije amasomo y’ingenzi kandi akora ibitangaza byinshi. Ku nshuro ya nyuma, yahuriye n’intumwa ze ku Musozi w’Imyelayo. Yarazibwiye ati: “Ntimuve i Yerusalemu. Ahubwo mukomeze mutegereze icyo Papa yasezeranyije.”

Intumwa ze ntizasobanukiwe icyo yashakaga kuvuga. Zaramubajije ziti: “Ese ugiye kuba Umwami wa Isirayeli?” Yesu yarazisubije ati: “Igihe Yehova yateganyije ko nzabera Umwami ntikiragera. Ariko vuba aha muzahabwa imbaraga z’umwuka wera kandi muzambera abahamya. Mugende mubwirize i Yerusalemu, i Yudaya, i Samariya no mu turere twa kure cyane tw’isi.”

Hanyuma Yesu yatangiye kuzamuka mu ijuru, maze igicu kiramukingiriza. Abigishwa be bakomeje kwitegereza mu kirere, ariko yari yagiye.

Abo bigishwa bavuye ku Musozi w’Imyelayo basubira i Yerusalemu. Buri gihe bateraniraga mu cyumba cyo hejuru muri etaje, bagasenga. Bakomeje gutegereza ko Yesu abaha andi mabwiriza.

“Ubu butumwa bwiza bw’Ubwami buzabwirizwa mu isi yose ituwe, kugira ngo bubere abantu bose ubuhamya, hanyuma imperuka ibone kuza.”—Matayo 24:14

Ibibazo: Ni irihe tegeko Yesu yahaye abigishwa be? Ni iki cyabereye ku Musozi w’Imyelayo?

Matayo 28:16-20; Luka 24:49-53; Yohana 20:30, 31; Ibyakozwe 1:2-14; 1 Abakorinto 15:3-6

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze