ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • w13 1/11 p. 6
  • Ikinyoma kivuga ko Imana igira ubugome

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Ikinyoma kivuga ko Imana igira ubugome
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
  • Ibisa na byo
  • Ese ikuzimu ni ahantu ho kubabarizwa iteka? Ni iki Bibiliya ibivugaho?
    Ibibazo bishingiye kuri Bibiliya
  • Inyigisho y’ikinyoma ya 2: ababi bababarizwa mu muriro w’iteka
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • Ni ba nde bajya ikuzimu?
    Ibibazo bishingiye kuri Bibiliya
  • Bigendekera bite umuntu iyo apfuye?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2002
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
w13 1/11 p. 6

INGINGO YO KU GIFUBIKO | IBINYOMA BITUMA ABANTU BANGA IMANA

Ikinyoma kivuga ko Imana igira ubugome

IBYO ABANTU BENSHI BIZERA.

“Iyo umunyabyaha akimara gupfa roho ye ijya ikuzimu, aho ihanirwa mu muriro w’iteka” (Catechism of the Catholic Church). Bamwe mu bayobozi b’amadini bavuga ko abajya ikuzimu baba bashyizwe mu kato, bagatandukanywa n’Imana burundu.

ICYO BIBILIYA IBIVUGAHO.

“Ubugingo bukora icyaha ni bwo buzapfa” (Ezekiyeli 18:4). Abapfuye “nta cyo bakizi” (Umubwiriza 9:5). None se niba ubugingo bupfa kandi bukaba budashobora kugira icyo bumenya, bishoboka bite ko bwababarizwa “mu muriro w’iteka,” cyangwa bugatandukanywa n’Imana burundu?

Muri Bibiliya, amagambo y’ikigiriki n’igiheburayo yahinduwemo “ikuzimu,” ubundi yerekeza ku mva. Urugero, igihe Yobu yarwaraga indwara ikomeye ikamubabaza cyane, yasenze agira ati “icyampa ukampisha mu mva,” cyangwa ikuzimu (Yobu 14:13). Yobu yashakaga kuruhukira mu mva si mu muriro w’iteka.

IMPAMVU BYAGOMBYE KUGUSHISHIKAZA.

Ubugome ntibutuma dukunda Imana, ahubwo butuma tuyitarura. Uwitwa Rocío wo muri Megizike, yagize ati “nigishijwe ko umuriro w’iteka ubaho kuva nkiri umwana. Iyo nyigisho yanteraga ubwoba ku buryo numvaga ko Imana atari nziza. Natekerezaga ko igira ubugome kandi ko idashobora kutwihanganira.”

Uko Bibiliya isobanura neza ibirebana n’imanza z’Imana n’imimerere abapfuye barimo, byatumye Rocío ahindura uko yabonaga Imana. Yaravuze ati “numvise nduhutse! Nabaye nk’utuye umutwaro uremereye nari nikoreye. Natangiye kwiringira ko Imana itwifuriza ibyiza, ko idukunda kandi ko nanjye nshobora kuyikunda. Imeze nk’umubyeyi ufata umwana we ukuboko kw’iburyo, kandi akaba amwifuriza ibyiza.”—Yesaya 41:13.

Abantu benshi bagiye babaho bitwararika babitewe no gutinya umuriro w’iteka. Ariko kandi, Imana ntishaka ko uyikorera bitewe n’uko uyitinya. Ahubwo Yesu yaravuze ati ‘ukunde Yehova Imana yawe’ (Mariko 12:29, 30). Nanone, kumenya ko nta muntu Imana irenganya muri iki gihe, bishobora gutuma twiringira ko izaca imanza zitabera mu gihe kizaza. Kimwe na Elihu wari incuti ya Yobu, dushobora kwiringira amagambo agira ati “ntibikabeho ko Imana y’ukuri ikora ibibi, n’Ishoborabyose ngo igire uwo irenganya!”—Yobu 34:10.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze