ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • wp18 No. 3 p. 3
  • “Ubu koko Imana yari iri he?”

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • “Ubu koko Imana yari iri he?”
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2018
  • Ibisa na byo
  • Gukorera Yehova byatumye mbona ibyishimo
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2024
  • Kuba indahemuka binezeza umutima wa Yehova
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • Ese koko hari umuntu unyitaho?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2009
  • Gutangiza ibiganiro
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2018
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2018
wp18 No. 3 p. 3
Abantu bababaye bafite buji

“Ubu koko Imana yari iri he?”

“NKOMEZA KWIBAZA NTI: ‘UBU KOKO IMANA YARI IRI HE?’”​—Byavuzwe na Papa Benedigito wa XVI, igihe yasuraga ikigo cyakoranyirizwagamo imfungwa kiri Auschwitz muri Polonye.

ESE IYO HABAYE IBYAGO UJYA WIBAZA UTI: “UBU KOKO IMANA YARI IRI HE?” CYANGWA SE WIGEZE UHURA N’IKIBAZO GIKOMEYE MAZE UKIBAZA NIBA IMANA IKWITAHO?

Ushobora kuba wumva umeze nka Sheila wo muri Amerika. Nubwo yarerewe mu muryango ukomeye ku idini, yaravuze ati: “Kuva nkiri umwana nakundaga Imana bitewe nuko yaturemye. Ariko sinigeze numva ko yamba hafi. Numvaga ko indebera kure cyane. Yego sinumvaga ko inyanga, ariko nanone numvaga itanyitaho.” Kuki Sheila yashidikanyaga ko Imana imukunda? Yaravuze ati: “Umuryango wacu wahuye n’ibibazo byinshi ku buryo natekerezaga ko Imana yadutereranye.”

Nawe ushobora kuba umeze nka Sheila, ukaba wemera ko Imana ibaho. Ariko nanone ushobora kuba wibaza niba mu by’ukuri ikwitaho. Yobu wari umukiranutsi kandi akaba yaremeraga ko Umuremyi afite imbaraga n’ubwenge, na we yigeze gushidikanya, yibaza niba Imana yaramwitagaho (Yobu 2:3; 9:4). Igihe yibasirwaga n’ibyago byazaga bikurikiranye kandi atazi iherezo ryabyo, yabajije Imana ati: “Kuki uhisha mu maso hawe, ukandeba nk’umwanzi wawe?”​—Yobu 13:24.

None se Bibiliya ibivugaho iki? Ese Imana ni yo iduteza imibabaro? Ese hari ibimenyetso bigaragaza ko Imana itwitaho muri rusange kandi ikita no kuri buri muntu ku giti ke? Ese umuntu ashobora kumenya niba Imana imureba, ikamwumva, ikishyira mu mwanya we cyangwa ikamufasha mu gihe ahanganye n’ibibazo?

Mu ngingo zikurikira, turi bubone uko ibyaremwe bidufasha kumenya niba Imana itwitaho (Abaroma 1:20). Nanone turi burebe ukuntu Bibiliya igaragaza ko Imana itwitaho. Uko ugenda utekereza ku byaremwe kandi ugasoma Ijambo ry’Imana, ni na ko urushaho ‘kumenya’ Imana, bigatuma wizera ko ‘ikwitaho.’​—1 Yohana 2:3; 1 Petero 5:7.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze