ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • km 2/06 p. 1
  • Jya ushakisha uburyo bwo kubwiriza

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Jya ushakisha uburyo bwo kubwiriza
  • Umurimo Wacu w’Ubwami—2006
  • Ibisa na byo
  • Tujye dusingiza Yehova buri munsi
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2009
  • Jya Usingiza Yehova Buri Munsi
    Umurimo Wacu w’Ubwami—1996
  • Singiza Yehova ubwiriza mu buryo bufatiweho
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2003
  • Jya Usingiza Yehova Iteka
    Umurimo Wacu w’Ubwami—1996
Reba ibindi
Umurimo Wacu w’Ubwami—2006
km 2/06 p. 1

Jya ushakisha uburyo bwo kubwiriza

1 Itorero rya gikristo rigizwe n’abantu bari mu mimerere itandukanye. Ariko kandi twiyemeje gusingiza Yehova twunze ubumwe (Zab 79:13). Ariko se, ni gute twashakisha uburyo bwo kubwiriza mu gihe ibibazo by’uburwayi cyangwa izindi ngorane bitubereye imbogamizi mu murimo wo kugeza ku bandi ubutumwa bwiza?

2 Mu mirimo yacu ya buri munsi: Aho Yesu yahuriraga n’abantu hose, yaboneragaho uburyo bwo kubabwiriza. Igihe yari anyuze aho Matayo yakoresherezaga ikoro yaramubwirije; ubwo yari mu nzira agenda yabwirije Zakayo, naho igihe yaruhukaga yabwirije umugore w’Umusamariyakazi (Mat 9:9; Luka 19:1-5; Yoh 4:6-10). Natwe mu gihe turi mu mirimo yacu ya buri munsi, dushobora guhera ku biganiro bisanzwe tugirana n’abandi maze tukababwiriza. Nitwitwaza Bibiliya hamwe n’inkuru z’Ubwami cyangwa udutabo, bizadushishikariza guhora twiteguye kugeza ku bandi ibyiringiro byacu.—1 Pet 3:15.

3 Mbese ufite ubumuga bukubuza kubwiriza ku nzu n’inzu uko bikwiriye? Jya uhora witeguye kubwiriza abaganga hamwe n’abandi bantu bagusura (Ibyak 28:30, 31). Niba hari imimerere ituma utava mu rugo, mbese ujya ugerageza kubwiriza wifashishije terefone, aho bishoboka, cyangwa amabaruwa? Hari mushiki wacu ukunze kwandikira bene wabo batari Abahamya. Muri ayo mabaruwa ashyiramo ibitekerezo bitera inkunga byo muri Bibiliya hamwe n’inkuru z’ibyamubayeho igihe yabwirizaga.

4 Ku kazi cyangwa ku ishuri: Kuba twifuza gusingiza Yehova bizadushishikariza gushakisha uburyo bwo kubiba imbuto z’ukuri ku kazi cyangwa ku ishuri. Hari umubwiriza ufite imyaka 8 wabwiye abanyeshuri biganaga ibyo yari yarasomye mu igazeti ya Réveillez-vous!, yavugaga ku byerekeye ukwezi. Mwarimukazi we amaze kumenya aho yabikuye, yatangiye kujya yakira amagazeti y’Umunara w’Umurinzi na Réveillez-vous! Mu gihe turi ku kazi, gushyira igitabo Icyo Bibiliya yigisha ahantu abantu bashobora kukibona, bishobora gutuma batubaza ibibazo, bityo bikaduha urubuga rwo kubabwiriza.

5 Mbese ushobora gushakisha uko wabona uburyo bwo kubwiriza mu gihe ukora imirimo yawe ya buri munsi? Uko imimerere turimo yaba iri kose, nimucyo twihatire ‘gutambira Imana iteka igitambo cy’ishimwe.’—Heb 13:15.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze