ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • km 10/11 p. 1
  • Jya ufasha nyir’inzu gutekereza

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Jya ufasha nyir’inzu gutekereza
  • Umurimo Wacu w’Ubwami—2011
  • Ibisa na byo
  • Tujye tuba abagwaneza kandi twite ku bandi mu murimo wo kubwiriza
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2014
  • Fasha Abandi Kugira ngo Bige Ibyerekeye Umwana w’Imana, Ari We Yesu Kristo
    Umurimo Wacu w’Ubwami—1994
  • Agasanduku k’Ibibazo
    Umurimo Wacu w’Ubwami—1994
  • Jya ukora umurimo wo kubwiriza mu buryo bunonosoye—Utsinda imbogamirabiganiro
    Umurimo Wacu w’Ubwami—2014
Reba ibindi
Umurimo Wacu w’Ubwami—2011
km 10/11 p. 1

Jya ufasha nyir’inzu gutekereza

1. Ni ubuhe buryo bwiza kurusha ubundi twakoresha mu murimo wo kubwiriza?

1 Ni ubuhe buryo butuma umubwiriza agira icyo ageraho mu murimo wo kubwiriza? Ese ni ugusubiza yiyemera atareka ngo undi atange ibitekerezo, cyangwa ni ugufasha nyir’inzu gutekereza maze we ubwe akigerera ku mwanzuro? Igihe intumwa Pawulo yabwirizaga Abayahudi b’i Tesalonike, yabafashije gutekereza “bituma bamwe muri bo bizera” (Ibyak 17:2-4). Gufasha abandi gutekereza bikubiyemo iki?

2. Vuga uko twakwigana urugero rwa Pawulo igihe tubwiriza ubutumwa bwiza.

2 Jya wita ku byiyumvo byabo n’imimerere bakuriyemo: Kwita ku byiyumvo by’abantu bo mu ifasi yacu bizatuma tubafasha gutekereza. Igihe Pawulo yaganiraga n’Abagiriki batizera bari muri Areyopago, yahereye ku bintu bari bazi n’ibyo bemeraga (Ibyak 17:22-31). Ku bw’ibyo rero, igihe utegura uburyo bwo gutangiza ibiganiro, ujye uzirikana ibyo abantu bo mu ifasi yawe bizera n’uko babona ibintu (1 Kor 9:19-22). Niba nyir’inzu azamuye imbogamirabiganiro, jya uhera ku byo muvugaho rumwe maze abe ari byo ushingiraho ikiganiro cyawe.

3. Twakoresha dute ibibazo kugira ngo dufashe abandi gutekereza?

3 Jya ukoresha ibibazo ubigiranye ubuhanga: Ntidushobora kurangira umugenzi iyo ajya tutabanje kumenya aho ageze. Mu buryo nk’ubwo, ntidushobora gufasha uwo tubwiriza kugera ku mwanzuro mwiza tutabanje kumenya uko abona ibintu. Akenshi Yesu yabazaga ibibazo uwo baganira kugira ngo amenye icyo atekereza, hanyuma akabona kumufasha gutekereza. Urugero, hari igihe umuntu yabajije Yesu ati “nakora iki kugira ngo nzaragwe ubuzima bw’iteka?” Yesu yabanje kumenya icyo atekereza, abona kumusubiza (Luka 10:25-28). Ikindi gihe, Petero yatanze igisubizo kitari cyo maze Yesu amubaza ibibazo abigiranye amakenga kugira ngo akosore imitekerereze ye (Mat 17:24-26). Ku bw’ibyo rero, niba nyir’inzu abajije ikibazo cyangwa akavuga ibintu bidahuje n’ukuri, dushobora gukoresha ibibazo kugira ngo tumufashe gutekereza neza.

4. Kuki twagombye gufasha nyir’inzu gutekereza?

4 Iyo dufasha nyir’inzu gutekereza, tuba twigana Umwigisha Mukuru Yesu Kristo, kimwe n’abandi babwiriza b’inararibonye bo mu kinyejana cya mbere. Tugomba kubaha uwo tuganira na we (1 Pet 3:15). Ibyo bishobora gutuma yemera ko tugaruka kumusura.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze