UBUTUNZI BWO MU IJAMBO RY’IMANA | EZIRA 6-10
Yehova yifuza ko abagaragu be bamukorera babikunze
Ezira yakoze imyiteguro yo gusubira i Yerusalemu
Umwami Aritazerusi aha Ezira uburenganzira bwo gusubira i Yerusalemu kugira ngo ashyigikire gahunda yo gusenga Yehova
Umwami aha Ezira “ibyo yasabye byose” kugira ngo ajye kubaka inzu ya Yehova. Ibyo bintu byari bikubiyemo zahabu, ifeza, ingano, divayi, amavuta n’umunyu. Muri iki gihe ibyo bintu bifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda 72.500.000.000.
Ezira yari yizeye ko Yehova azarinda abagaragu be
Gusubira i Yerusalemu ntibyari byoroshye
Iyo nzira bashobora kuba baranyuzemo, yareshyaga n’ibirometero bigera ku 1.600 kandi bakanyura mu karere gateje akaga
Urwo rugendo rwamaze amezi agera kuri 4
Abasubiye i Yerusalemu bagombaga kugira ukwizera gukomeye kandi bakagira ishyaka n’ubutwari bagashyigikira gahunda yo gusenga Yehova mu buryo yemera
EZIRA YAGIYE AFITE . . .
Italanto 750 za zahabu n’ifeza ni ukuvuga ko zinganya uburemere n’inzovu 3 nkuru z’ingabo
INGORANE ABASUBIRAGA I YERUSALEMU BAHUYE NA ZO . . .
Ibico by’abambuzi, ubutayu, inyamaswa z’inkazi