ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • wp24 No. 1 p. 3
  • Twese dukenera guhitamo hagati y’icyiza n’ikibi

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Twese dukenera guhitamo hagati y’icyiza n’ikibi
  • Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2024
  • Ibisa na byo
  • Gira ukwizera, ufate imyanzuro myiza!
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2017
  • Jya ufata imyanzuro ihesha Imana icyubahiro
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2011
  • Uko twafata imyanzuro myiza
    Ishimire Ubuzima Iteka Ryose—Amasomo Yagufasha Kwiga Bibiliya
  • Amagambo y’ibanze
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2024
Reba ibindi
Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti y’abantu bose)—2024
wp24 No. 1 p. 3
Umugore uyobora abantu baje muri pariki arimo gufasha wa musore twabonye ku ifoto ibanza. Uwo mugore arimo gukoresha ikarita, akereka wa musore inzira iramugeza aho agiye hejuru ku musozi.

Twese dukenera guhitamo hagati y’icyiza n’ikibi

Uramutse wifuje gutemberera ahantu ku nshuro ya mbere, ni iki wakora?

  1. 1. Ese wahita ufata inzira ukagenda?

  2. 2. Ese wakurikira abandi, utekereza ko bazi aho ugiye?

  3. 3. Ese wakwifashisha uburyo bw’ikoranabuhanga buyobora umuntu (GPS)? Wakwifashisha se ikarita cyangwa wabaza incuti yawe wizeye neza ko izi aho ugiye?

Turamutse duhisemo uburyo bwa mbere cyangwa ubwa kabiri, hari ahantu runaka twagera ariko birashoboka ko haba hatandukanye n’aho twifuzaga kujya. Ariko turamutse duhisemo uburyo bwa gatatu twaba twizeye ko turi bugere aho twifuzaga kujya.

Ubuzima bwacu twabugereranya n’urugendo ruzatuma tugera ku buzima bushimishije mu gihe kiri imbere. Aho dukura inama zidufasha gufata imyanzuro, hazatuma tugera ku buzima bushimishije cyangwa ntitubugereho.

Nubwo rimwe na rimwe imyanzuro dufata itatugiraho ingaruka zikomeye, hari iyo dushobora gufata ikatugiraho ingaruka zikomeye kandi z’igihe kirekire. Imyanzuro dufata, igaragaza uko tubona ibirebana n’icyiza n’ikibi. Nanone hari ishobora kutugirira akamaro. Indi yo ishobora kuduteza ibibazo by’igihe kirekire cyangwa ikabiteza bagenzi bacu. Imwe muri iyo myanzuro, ni irebana n’ibintu bikurikira:

  • Imibonano mpuzabitsina n’ishyingiranwa

  • Kuba inyangamugayo mu kazi no ku birebana n’amafaranga

  • Uko warera abana

  • Uko wafata abandi

None se ni iki cyagufasha kwizera ko imyanzuro uzafata ku birebana n’ibintu twavuze haruguru, izatuma wowe n’umuryango wawe mugira ibyishimo mu gihe kizaza?

Buri wese yibaza ikibazo kigira kiti: “Nakura he inama zamfasha gufata imyanzuro myiza?”

Iyi gazeti izadusobanurira impamvu Bibiliya ari cyo gitabo cyizewe cyadufasha gufata imyanzuro myiza.

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze