ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 8 p. 26-p. 27 par. 1
  • Aburahamu na Sara bumviye Imana

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Aburahamu na Sara bumviye Imana
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Aburahamu yari muntu ki?
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2012
  • Aburahamu, incuti y’Imana
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Aburahamu na Sara—Nawe ushobora kwigana ukwizera kwabo!
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2004
  • Yehova yamwise ‘incuti ye’
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2016
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 8 p. 26-p. 27 par. 1
Aburahamu na Sara bapakira ibintu byabo kugira ngo bave muri Uri

IGICE CYA 8

Aburahamu na Sara bumviye Imana

Hafi y’i Babeli hari umujyi witwaga Uri. Abantu bo muri uwo mujyi basengaga ibigirwamana byinshi. Ariko hariyo umuntu witwaga Aburahamu wasengaga Yehova gusa.

Yehova yabwiye Aburahamu ati: “Va mu rugo rwawe no muri bene wanyu ujye mu gihugu nzakwereka.” Hanyuma Imana yaramusezeranyije iti: “Abazagukomokaho bazaba benshi, kandi nzaha abantu benshi bo ku isi ibintu byiza kubera wowe.”

Aburahamu yiringiye Yehova nubwo atari azi aho yari agiye kumwohereza. Aburahamu, umugore we Sara, papa wa Aburahamu witwaga Tera na Loti, papa we akaba yaravukanaga na Aburahamu, bumviye Imana, bapakira ibintu byabo maze batangira urugendo rurerure.

Aburahamu yari afite imyaka 75 igihe we n’umuryango we bageraga mu gihugu Yehova yari yaramubwiye ko azamwereka. Icyo gihugu cyitwaga Kanani. Bahageze, Imana yasezeranyije Aburahamu iti: “Iki gihugu cyose ureba, nzagiha abana bawe.” Icyakora, icyo gihe Aburahamu na Sara bari bashaje kandi nta mwana bari bafite. None se Yehova yari gukora iki ngo ibyo yasezeranyije Aburahamu bibe?

Aburahamu n’umuryango we bagiye i Kanani

“Ukwizera ni ko kwatumye Aburahamu yumvira akava iwabo . . . akajya mu gihugu yagombaga kuzahabwa ngo kibe umurage we. Yemeye kuva iwabo, nubwo atari azi aho agiye.”​—Abaheburayo 11:8

Ibibazo: Yehova yasabye Aburahamu gukora iki? Ni iki Yehova yasezeranyije Aburahamu?

Intangiriro 11:29–12:9; Ibyakozwe 7:2-4; Abagalatiya 3:6; Abaheburayo 11:8

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze