ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Intangiriro 14:20
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 20 Kandi Imana Isumbabyose nisingizwe,

      Yo yatumye utsinda abagukandamizaga!”

      Nuko Aburamu amuha icya cumi cy’ibyo yari yagaruje byose.+

  • Intangiriro 28:22
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 22 Iri buye nshinze ngo rizabe urwibutso, rizaba inzu yawe+ kandi ikintu cyose uzampa, nzajya nguhaho kimwe cya cumi.”

  • Kubara 18:21
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 21 “Abahungu ba Lewi nabahaye kimwe cya cumi+ ngo kibe umurage mu Bisirayeli, kibabere igihembo cy’umurimo bakora, ari wo murimo wo mu ihema ryo guhuriramo n’Imana.

  • Kubara 18:26
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 26 “Ubwire Abalewi uti: ‘Abisirayeli bazajya babaha kimwe cya cumi nabatse nkakibaha ngo kibabere umurage.+ Kuri icyo kimwe cya cumi, namwe mujye mukuraho kimwe cya cumi mugiture Yehova.+

  • Gutegeka kwa Kabiri 14:22
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 22 “Buri mwaka mujye mutanga kimwe cya cumi cy’ibyo mwejeje mu mirima yanyu.+

  • 2 Ibyo ku Ngoma 31:5
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 5 Abisirayeli bakimara kumva iryo tegeko, bongera ibinyampeke byeze mbere batangaga, divayi nshya, amavuta,+ ubuki n’ibindi byose bari bejeje mu murima.+ Bazanye kimwe cya cumi cya buri kintu, babizana ari byinshi.+

  • Nehemiya 13:12
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 12 Abayuda bose bazana mu byumba byo kubikamo icya cumi+ cy’ibinyampeke na divayi nshya n’amavuta.+

  • Malaki 3:10
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 10 Nimuzane ibya cumi byose mu bubiko bw’inzu yanjye,+ maze mu nzu yanjye habemo ibyokurya.+ Nimubingeragereshe,” ni ko Yehova nyiri ingabo avuze, “murebe ko ntazabafungurira ijuru,+ nkabaha imigisha myinshi cyane ku buryo nta cyo mubura.”*+

  • Luka 11:42
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 42 Ariko muzahura n’ibibazo bikomeye mwa Bafarisayo mwe, kuko mutanga kimwe cya cumi cya menta na peganoni*+ n’izindi mboga zose, nyamara ntimwigane Imana ngo mugaragaze urukundo n’ubutabera. Ibyo mwari mukwiriye kubikora, ariko n’ibyo bindi ntimubireke.+

  • Abaheburayo 7:5
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 5 Mu by’ukuri, nk’uko Amategeko abivuga, abakomoka kuri Lewi+ ni bo bahawe umurimo w’ubutambyi kandi bahawe itegeko ryo kwaka abantu icya cumi,+ bakacyaka abavandimwe babo nubwo na bo bakomoka kuri Aburahamu.

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze