63 Mana, uri Imana yanjye. Mpora ngushaka.+
Ndagukeneye nk’uko umuntu ufite inyota aba ashaka kunywa amazi.+
Ndumva nabuze imbaraga bitewe n’uko ngukeneye,
Aho ndi muri iki gihugu cyumye kandi kitagira amazi.+
2 Ni yo mpamvu naguhanze amaso uri ahera.
Nabonye imbaraga zawe n’icyubahiro cyawe.+