14 Nzabera Abefurayimu nk’intare ikiri nto.
Abayuda na bo nzababera nk’intare ifite imbaraga.
Njyewe ubwanjye nzabatanyaguza, maze mbatware nigendere,+
Kandi nta wuzabasha kubakiza.+
15 Nzagenda nisubirire iwanjye kugeza ubwo bazagerwaho n’ingaruka z’ibyo bakoze,
Kandi amaherezo bazanshaka.+
Nibagera mu makuba bazanshaka.”+