-
Ezekiyeli 25:12, 13Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
12 “Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘kubera ko Abedomu bihoreye ku bo mu muryango wa Yuda, bakoze ikosa rikomeye igihe bihoreraga.+ 13 Ni yo mpamvu Umwami w’Ikirenga Yehova avuga ati: “nzaramburira ukuboko igihugu cya Edomu na cyo ngihane, nkimaremo abantu n’amatungo, ngihindure amatongo.+ Abatuye i Temani kugeza ku batuye i Dedani bazicishwa inkota.+
-
-
Ezekiyeli 35:10, 11Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
10 “Kubera ko wavuze uti: ‘ayo mahanga yombi n’ibyo bihugu byombi bizaba ibyanjye kandi byombi tuzabifata,’+ nubwo Yehova ubwe yari ahibereye, 11 Umwami w’Ikirenga Yehova aravuga ati: ‘ni cyo gituma ndahiye mu izina ryanjye ko nzakugaragariza uburakari n’ishyari nk’ibyo wabagaragarije bitewe n’urwango wari ubafitiye.+ Nzatuma bamenya, igihe nzagucira urubanza.
-
-
Amosi 1:11Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
11 Yehova aravuze ati:
‘Kubera ko abaturage bo muri Edomu bigometse+ inshuro nyinshi, sinzisubiraho ngo ndeke kubahana,
Bitewe n’uko birutse ku bavandimwe babo bafite inkota,+
Ntibabagirire imbabazi na gato.
Bakomeje kubagirira nabi nk’uko inyamanswa itanyaguza umuhigo wayo,
Kandi uburakari bari babafitiye ntibwigeze bushira.+
-