-
Daniyeli 4:31-35Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
31 Umwami atararangiza kuvuga ayo magambo, ijwi ryumvikanira mu ijuru rigira riti: “Umva ibyo ubwirwa Mwami Nebukadinezari, ‘ukuwe ku bwami!+ 32 Ugiye kwirukanwa mu bantu ujye kubana n’inyamaswa zo mu gasozi. Uzarisha ubwatsi nk’inka, umare ibihe birindwi umeze utyo, kugeza igihe uzamenyera ko Isumbabyose ari yo itegeka ubwami bw’abantu kandi ko ibuha uwo ishatse.’”+
33 Ako kanya ibyo biba kuri Nebukadinezari maze yirukanwa mu bantu, atangira kurisha ubwatsi nk’inka kandi ikime cyo mu ijuru kikajya kimugwaho, kugeza aho imisatsi ye yakuriye ikaba miremire nk’amababa ya kagoma n’inzara ze zigahinduka nk’iz’ibisiga.+
34 “Icyo gihe kirangiye,+ njyewe Nebukadinezari narebye mu ijuru maze ngarura ubwenge. Nuko nsingiza Isumbabyose, nshima Ihoraho iteka ryose nyihesha ikuzo, kuko ubutegetsi bwayo ari ubw’iteka ryose n’ubwami bwayo bukaba buhoraho uko ibihe bisimburana.+ 35 Abatuye isi bose ni nk’aho ari ubusa imbere yayo kandi ikora ibyo ishaka mu ngabo zo mu ijuru no mu batuye isi. Nta muntu ushobora kuyibuza gukora icyo ishaka*+ cyangwa ngo ayibaze ati: ‘urakora ibiki?’+
-