ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • Abaroma 9:33
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 33 Ibyo bihuje n’uko ibyanditswe bivuga. Bigira biti: “Dore ngiye gushyira i Siyoni ibuye+ risitaza n’urutare rugusha, kandi umuntu wese wubaka ukwizera kwe kuri urwo rutare, ntazakorwa n’isoni.”+

  • 1 Abakorinto 3:11
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 11 kuko nta muntu n’umwe ushobora gushyiraho indi fondasiyo itari iyo yashyizweho, ni ukuvuga Yesu Kristo.+

  • 1 Abakorinto 10:4
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 4 kandi bose banywaga ibyokunywa bivuye ku Mana.+ Bose banywaga amazi y’urutare rw’Imana rwagendanaga na bo kandi urwo rutare rwagereranyaga Kristo.+

  • Abefeso 2:20
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 20 Mumeze nk’amabuye yubatswe kuri fondasiyo igizwe n’intumwa n’abahanuzi,+ hanyuma Kristo Yesu akaba ari ibuye ry’ingenzi rikomeza inguni.*+

  • 1 Petero 2:6-8
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
    • 6 Ibyanditswe biravuga ngo: “Dore ngiye gushyira i Siyoni ibuye rya fondasiyo ryatoranyijwe. Ni ibuye ry’agaciro kenshi, ryubakwa mu nguni ya fondasiyo igakomera. Uryizera wese ntazakorwa n’isoni.”+

      7 Kubera iyo mpamvu rero, Yesu ni uw’agaciro kenshi kuri mwe kuko mumwizera. Ariko ku batizera, “ni rya buye abubatsi banze+ ariko ryabaye irikomeza inguni.”*+ 8 Ni we “buye risitaza n’urutare rugusha.”+ Igituma abantu basitara ni uko batumvira ijambo ry’Imana, kandi ubuhanuzi bwari bwaragaragaje ko ari uko bizabagendekera.

Ibyasohotse mu Marenga (2017-2025)
Sohoka
Injira
  • Ururimi rw'amarenga yo mu Rwanda
  • Yohereze
  • Hitamo
  • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
  • Amategeko agenga Imikoreshereze
  • Ibijyanye n'ibanga
  • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
  • JW.ORG
  • Injira
Yohereze