19 Yesu arabasubiza ati: “Ni ukuri, ndababwira ko nta kintu na kimwe Umwana* ashobora gukora yibwirije, keretse gusa icyo abonye Papa we* akora,+ kuko ibyo Papa wo mu ijuru akora ari byo n’Umwana akora.
30 Nta kintu na kimwe nshobora gukora Papa wo mu ijuru atagishaka. Nca urubanza nkurikije ibyo Papa wo mu ijuru yambwiye, kandi urubanza nca ni urw’ukuri+ kuko ntaharanira gukora ibyo nshaka, ahubwo mparanira gukora ibyo uwantumye ashaka.+