24 Ni ukuri, ndababwira ko uwumva ibyo mvuga kandi akizera uwantumye, ari we uzabona ubuzima bw’iteka.+ Ntashyirwa mu rubanza, ahubwo aba ameze nk’umuntu wari warapfuye ariko akaba yongeye kuba muzima.+
6 Ugira ibyishimo ni umuntu wese uzuka mu muzuko wa mbere+ kandi umuntu nk’uwo ni uwera. Urupfu rwa kabiri+ ntirushobora kugira icyo rutwara+ abantu nk’abo. Ahubwo bazaba abatambyi+ b’Imana na Kristo, kandi bazategekana na we ari abami mu gihe cy’imyaka 1.000.+