-
Kuva 2:11-15Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
-
-
11 Nuko umunsi umwe, igihe Mose yari amaze gukura no kugira imbaraga, ajya aho bene wabo bari bari kugira ngo arebe imirimo ivunanye cyane babakoreshaga.+ Agezeyo abona Umunyegiputa akubita umwe muri bene wabo b’Abaheburayo. 12 Areba hirya no hino abona nta muntu umureba, ahita yica uwo Munyegiputa, arangije amutaba mu musenyi.+
13 Bukeye asubirayo, asanga noneho ari Abaheburayo babiri bari kurwana. Ahita abwira uwari uri mu makosa ati: “Kuki uri gukubita mugenzi wawe?”+ 14 Na we aramusubiza ati: “Ni nde wagushyizeho ngo utubere umuyobozi n’umucamanza? Ese nanjye urashaka kunyica nk’uko wishe wa Munyegiputa?”+ Nuko Mose ahita agira ubwoba bwinshi aravuga ati: “Ni ukuri ibyanjye byamenyekanye!”
15 Nuko Farawo abyumvise, ashaka kwica Mose. Mose ahunga Farawo ajya gutura mu gihugu cy’i Midiyani,+ agezeyo yicara ku iriba.
-