IBARUWA YANDIKIWE TITO
1 Njyewe Pawulo, ndi umugaragu w’Imana n’intumwa ya Yesu Kristo. Ukwizera kwanjye ndetse n’inshingano yanjye yo kuba intumwa, bihuje n’ukwizera kw’abo Imana yatoranyije, kandi bihuje n’ubumenyi nyakuri ku byerekeye inyigisho zo kwiyegurira Imana. 2 Ukwizera mfite gushingiye ku byiringiro by’ubuzima bw’iteka.+ Ibyo byiringiro ni byo Imana yadusezeranyije uhereye kera cyane, kandi ntishobora kubeshya.+ 3 Igihe cyagenwe kigeze, Imana ari yo Mukiza wacu, yamenyekanishije ubutumwa bwayo maze impa inshingano yo kububwiriza,+ ikoresheje itegeko ryayo. 4 Ndakwandikiye rero Tito, wowe mfata nk’umwana wanjye nyakuri, kandi ukaba ufite ukwizera nk’ukwanjye.
Nkwifurije ineza ihebuje* n’amahoro biva ku Mana, ari yo Papa wacu wo mu ijuru no kuri Kristo Yesu Umukiza wacu.
5 Icyatumye ngusiga i Kirete, ni ukugira ngo ukosore ibitameze neza kandi ushyireho abasaza mu mijyi yose nk’uko nabigusabye. 6 Ujye ushyiraho umuntu w’inyangamugayo. Agomba kuba ari umugabo ufite umugore umwe, ufite abana bizera kandi batavugwaho ubwiyandarike cyangwa kuba ibyigomeke.+ 7 Umusaza w’itorero agomba kuba ari umuntu w’inyangamugayo kubera ko aba asohoza inshingano y’Imana. Agomba kuba ari umuntu udatsimbarara ku bitekerezo bye,+ atari umunyamujinya,+ atari umusinzi, atagira urugomo, kandi atari umuntu w’umunyamururumba uhemuka kugira ngo abone inyungu. 8 Ahubwo agomba kuba ari umuntu ukunda kwakira abashyitsi,+ ukunda ibyiza, ugaragaza ubwenge mu byo akora,*+ ukiranuka, w’indahemuka,+ uzi kwifata,+ 9 wigisha neza akoresheje ijambo ry’Imana,+ kugira ngo ashobore gutera abandi inkunga akoresheje inyigisho z’ukuri,*+ kandi acyahe+ abazivuguruza.
10 Hari abantu benshi bigometse, bakavuga ibitagira umumaro kandi bagashuka abandi. Abo ni ba bandi bakomeye ku nyigisho yo gukebwa.*+ 11 Abo bantu ni ngombwa kubacecekesha, kuko bakomeza kugenda basenya ukwizera kw’imiryango imwe n’imwe, bigisha ibyo batagomba kwigisha, kandi bagahemuka, kugira ngo bibonere inyungu zabo. 12 Umwe muri bo, akaba ari n’umuhanuzi wabo,* yaravuze ati: “Abantu b’i Kirete bahora ari abanyabinyoma. Bameze nk’inyamaswa z’inkazi ziryana kandi ni abanyandanini, bakaba n’abanebwe.”
13 Ibyo uwo muntu yavuze ni ukuri. Ni na yo mpamvu ukwiriye gukomeza gucyaha abo bantu utajenjetse, kugira ngo bongere kugira ukwizera gukomeye, 14 bareke kwita ku nkuru z’ibinyoma z’Abayahudi n’amategeko y’abantu banze ukuri. 15 Ibintu byose biba ari byiza ku bantu Imana yemera.+ Ariko ku bantu Imana itemera kandi batagira ukwizera, nta kintu cyabo yemera, kuko ubwenge bwabo n’imitimanama yabo biba byanduye.+ 16 Bavugira mu ruhame ko bazi Imana, ariko ibikorwa byabo bikagaragaza ko batayizi.+ Ni abantu bo kwangwa cyane, kandi ni abantu batumvira, badakwiriye no gushingwa umurimo mwiza uwo ari wo wose.
2 Ariko wowe ujye ukomeza kuvuga ibihuje n’inyigisho z’ukuri.*+ 2 Abagabo bageze mu zabukuru, bajye baba abantu badakabya mu byo bakora, bafatana ibintu uburemere, batekereza neza, bafite ukwizera gukomeye, bagira urukundo kandi bihangana. 3 Abakecuru na bo bajye bagira imyifatire iranga abantu bubaha Imana, badasebanya, batarabaswe n’inzoga nyinshi, kandi bigisha ibyiza. 4 Ibyo bizatuma bafasha abagore bakiri bato, babagire inama* yo gukunda abagabo babo n’abana babo, 5 babe abantu batekereza neza, bafite imico myiza kandi bazi gukorera ingo zabo.* Nanone babe abagore b’abagwaneza, kandi bubaha cyane* abagabo babo+ kugira ngo ijambo ry’Imana ritavugwa nabi.
6 Nanone ukomeze gutera abasore inkunga yo kujya batekereza neza.+ 7 Ujye uhora ukora ibikorwa byiza, kugira ngo ubere abandi urugero rwiza, kandi ujye wigisha inyigisho nziza, ufatane ibintu uburemere.+ 8 Ujye uhora uvuga amagambo meza, ku buryo nta muntu ushobora kuyanenga,+ kugira ngo abaturwanya bakorwe n’isoni, kuko baba batabonye ikibi batuvugaho.+ 9 Abagaragu bajye bubaha cyane ba shebuja muri byose,+ kandi babanezeze rwose, batabasubizanya agasuzuguro. 10 Ntibakibe,+ ahubwo bajye bagaragaza ko ari abo kwizerwa mu buryo bwuzuye, kugira ngo mu byo bakora byose, batume abantu babona ko inyigisho z’Imana ari na yo Mukiza wacu, ari nziza.+
11 Imana yagaragarije ineza abantu bose kugira ngo bazabone agakiza.+ 12 Ineza Imana itugaragariza idufasha kwirinda ibikorwa Imana yanga kandi tukirinda kurarikira ibintu bibi byo muri iyi si,+ maze tukayibamo tugaragaza ubwenge, gukiranuka no kwiyegurira Imana.+ 13 Uko ni ko dukwiriye kwitwara mu gihe tugitegereje kuzabona ibintu byiza twiringiye bisohora,+ no kuzabona uko Imana Ishoborabyose n’Umukiza wacu Kristo Yesu, bazagaragaza icyubahiro cyabo. 14 Uwo Yesu Kristo ni we watwitangiye+ kugira ngo aducungure,+ adukize ibyaha by’uburyo bwose kandi yeze abagomba kuba umutungo we wihariye, bafite umwete kandi barangwa n’ibikorwa byiza.+
15 Ujye ukomeza kuvuga ibyo bintu byose, utere abantu inkunga kandi ubacyahe, kuko ubifitiye uburenganzira.+ Ntihakagire umuntu ugusuzugura.
3 Ujye ukomeza wibutse Abakristo bose kubaha cyane abategetsi n’abayobozi kandi babumvire.+ Nanone bajye bahora biteguye gukora ibikorwa byiza. 2 Ntibakagire uwo basebya, kandi ntibakabe abanyamahane.* Ahubwo bajye baba abantu bashyira mu gaciro+ kandi bagaragarize abantu bose ubugwaneza.+ 3 Natwe twahoze turi abantu batagira ubwenge, tutumvira, abantu bose batuyobya, twaratwawe n’ibyifuzo bibi hamwe n’ibinezeza, dukunda gukora ibikorwa bibi kandi twifuza, turi abantu babi cyane, kandi twangana.
4 Icyakora, Imana+ ari yo Mukiza wacu yatugaragarije ineza n’urukundo rwayo. 5 Icyatumye idukiza si uko twari abakiranutsi,+ ahubwo ni uko igira imbabazi.+ Yadukijije igihe yatwezaga ikaduhindura bazima,+ kandi yakoresheje umwuka wayo, maze iduhindura bashya.+ 6 Yadusutseho uwo mwuka wera, ibigiranye ubuntu binyuze kuri Yesu Kristo Umukiza wacu,+ 7 kugira ngo Imana nimara kubona ko turi abakiranutsi bitewe n’ineza yayo ihebuje,*+ izaduhe umurage*+ w’ubuzima bw’iteka twasezeranyijwe.+
8 Ibyo nkubwiye ni ibyo kwizerwa, kandi ndashaka ko uzajya uhora ubitsindagiriza, kugira ngo abizeye Imana bakomeze kwerekeza ibitekerezo byabo ku bikorwa byiza. Ibyo ni byo byiza kandi bifitiye abantu akamaro.
9 Ariko ujye wamaganira kure ibibazo bidafite ishingiro, impaka zifitanye isano n’ibisekuru, ubushyamirane n’impaka z’iby’Amategeko, kuko ibyo ari imfabusa kandi rwose nta cyo bimaze.+ 10 Naho umuntu ukwirakwiza inyigisho z’ibinyoma,+ ujye wirinda kwifatanya na we,+ ariko ujye ubanza umugire inama* inshuro ya mbere n’inshuro ya kabiri,+ 11 kuko uba uzi ko uwo muntu aba yaramaze kuyoba kandi aba akora icyaha. Ndetse we ubwe aba yicira urubanza.
12 Ninkoherereza Aritema cyangwa Tukiko,+ uzakore uko ushoboye kose unsange i Nikopoli, kuko ari ho niyemeje kumara igihe cy’ubukonje. 13 Zena w’umuhanga mu by’Amategeko na Apolo, ubahe ibyo bazakenera byose mu rugendo, kugira ngo batazagira icyo babura.+ 14 Ariko abandi* na bo bareke kuba abanebwe, ahubwo bitoze gukora imirimo myiza,+ kugira ngo bashobore gufasha ababikeneye.+
15 Abo turi kumwe bose baragusuhuza. Unsuhurize Abakristo bose badukunda.
Mwese Imana ikomeze ibagaragarize ineza yayo ihebuje.
Cyangwa “ubuntu butagereranywa.”
Cyangwa “ufata imyanzuro myiza; ufatana ibintu uburemere.”
Cyangwa “inyigisho nzima; inyigisho zifite akamaro.”
Cyangwa “gusiramurwa.” Reba Ibisobanuro by’amagambo ku ijambo “Gukebwa.”
Yari umusizi ukomoka i Kirete witwaga Epimenide, akaba yarabayeho mu mwaka wa 600 mbere ya Yesu.
Cyangwa “inyigisho nzima; inyigisho zifite akamaro.”
Cyangwa “babafashe kongera gutekereza neza; babatoze.”
Cyangwa “kwita ku ngo zabo.”
Cyangwa “bagandukira.”
Cyangwa “ba gashozantambara.”
Cyangwa “ubuntu butagereranywa.”
Umurage ni umutungo umubyeyi aha abana be cyangwa undi muntu.
Cyangwa “umuburire.”
Aha berekeza ku Bakristo b’i Kirete.