Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Yehova yaduhaye impano nziza cyane yo kuvuga kandi yifuza ko tuyikoresha neza. Ikibabaje ariko, ni uko abantu benshi atari ko babigenza. None se ni iki cyadufasha kuvuga amagambo atera abandi inkunga kandi ashimisha Yehova, nubwo turi mu isi irimo abantu bavuga amagambo mabi? Twakora iki ngo tuvuge amagambo ashimisha Yehova mu gihe turi mu murimo wo kubwiriza, mu materaniro n’igihe tuganira n’abandi? Muri iki gice, turi burebe ibisubizo by’ibyo bibazo.