Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
c Mbere twumvaga ko ijambo “urubanza” rikoreshwa aho, risobanura guhamwa n’icyaha ugahabwa igihano. Mu by’ukuri ijambo “urubanza” rishobora kugira ibyo bisobanuro. Ariko igihe Yesu yavugaga ko hari abazazukira gucirwa “urubanza,” yakoresheje iryo jambo mu buryo bwagutse, yerekeza ku gikorwa cyo kugenzura umuntu ubyitondeye. Nanone hari inkoranyamagambo y’Ikigiriki yasobanuye iryo jambo, ivuga ko risobanura “kugenzura witonze imyifatire y’umuntu.”