Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
b Birashoboka ko abapfuye bazagenda bazuka hakurikijwe igihe bapfiriye. Wenda hakabanza kuzuka abapfuye mu minsi y’imperuka ari indahemuka, hanyuma bikagenda bisubira inyuma gutyogutyo. Niba ari uko bizagenda, abapfuye bazajya bazuka, hari abo baziranye bo kubakira. Uko bizagenda kose, Bibiliya ivuga ko abazazukira kuba mu ijuru, bazazuka buri wese “mu mwanya we” cyangwa kuri gahunda. Ubwo rero, dushobora kwitega ko n’abazazukira kuba hano ku isi, na bo bazazuka kuri gahunda.—1 Kor 14:33; 15:23.