Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Abagaragu ba Yehova bose bagerageza gusoma Bibiliya buri munsi. Icyakora hari n’abandi benshi bayisoma, ariko ntibasobanukirwe ibyo basoma. Ibyo ni byo byabaye ku bantu bamwe na bamwe bo mu gihe cya Yesu. Nidusuzuma ibyo Yesu yababwiye, biri budufashe kumenya icyo twakora kugira ngo gusoma Bibiliya bitugirire akamaro.