Ibisobanuro ahagana hasi ku ipaji
a Muri iki gihe abakiri bato bakorera Yehova, bahura n’ibigeragezo bishobora gutuma kugira ubutwari no gukomeza kumubera indahemuka, bibagora. Hari igihe abanyeshuri bigana babaseka, kubera ko bizera ko Imana ari yo yaremye ibintu byose. Nanone hari igihe bagenzi babo babaseka, babaziza ko bakorera Imana cyangwa ko bakurikiza amategeko yayo. Icyakora nk’uko turi bubibone muri iki gice, abigana umuhanuzi Daniyeli bakagira ubutwari kandi bagakomeza gukorera Yehova ari indahemuka, baba ari abanyabwenge.