Gutegeka kwa Kabiri 1:17 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 17 Ntimukagire aho mubogamira mu rubanza.+ Mujye mutega amatwi uworoheje nk’uko mutega amatwi ukomeye.+ Ntimuzagire umuntu mutinya+ kuko urubanza ari urw’Imana.+ Urubanza rubakomereye cyane mujye murunzanira ndwumve.’+ 2 Samweli 8:15 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 15 Dawidi akomeza gutegeka Isirayeli yose,+ agacira abantu bose+ imanza zitabera kandi zikiranuka.+ Zab. 58:11 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 11 Abantu bazavuga bati+ “rwose umukiranutsi ahabwa ingororano.+Ni ukuri hariho Imana ica imanza mu isi.”+ Zab. 72:2 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 2 Aburanire ubwoko bwawe akurikije gukiranuka,+Kandi aburanire imbabare zawe akurikije amategeko yawe.+ Yesaya 11:4 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 4 Azacira aboroheje urubanza rukiranuka,+ kandi atange igihano kiboneye ku bw’abicisha bugufi bo mu isi. Azakubitisha isi inkoni iva mu kanwa ke,+ kandi azicisha ababi umwuka uva mu kanwa ke.+ Yeremiya 22:3 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 3 Yehova aravuga ati “mujye muca imanza zitabera kandi zikiranuka, mukize unyagwa mumuvane mu maboko y’umuriganya; kandi ntimukagirire nabi umwimukira n’imfubyi n’umupfakazi.+ Ntimukabagirire urugomo+ kandi aha hantu ntimukahamenere amaraso y’utariho urubanza.+ Yohana 7:24 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 24 Mureke guca imanza mushingiye ku bigaragarira amaso, ahubwo mujye muca imanza zikiranuka.”+ Abaheburayo 1:9 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 9 Wakunze gukiranuka wanga ubwicamategeko. Ni cyo cyatumye Imana, ari na yo Mana yawe, igutoranya+ igusutseho amavuta yo kwishima kurusha bagenzi bawe.”+ Ibyahishuwe 19:11 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 11 Nuko mbona ijuru rikinguye, maze ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru.+ Uwari uyicayeho yitwa Uwizerwa+ kandi w’Ukuri.+ Aca imanza kandi akarwana intambara ahuje no gukiranuka.+
17 Ntimukagire aho mubogamira mu rubanza.+ Mujye mutega amatwi uworoheje nk’uko mutega amatwi ukomeye.+ Ntimuzagire umuntu mutinya+ kuko urubanza ari urw’Imana.+ Urubanza rubakomereye cyane mujye murunzanira ndwumve.’+
11 Abantu bazavuga bati+ “rwose umukiranutsi ahabwa ingororano.+Ni ukuri hariho Imana ica imanza mu isi.”+
2 Aburanire ubwoko bwawe akurikije gukiranuka,+Kandi aburanire imbabare zawe akurikije amategeko yawe.+
4 Azacira aboroheje urubanza rukiranuka,+ kandi atange igihano kiboneye ku bw’abicisha bugufi bo mu isi. Azakubitisha isi inkoni iva mu kanwa ke,+ kandi azicisha ababi umwuka uva mu kanwa ke.+
3 Yehova aravuga ati “mujye muca imanza zitabera kandi zikiranuka, mukize unyagwa mumuvane mu maboko y’umuriganya; kandi ntimukagirire nabi umwimukira n’imfubyi n’umupfakazi.+ Ntimukabagirire urugomo+ kandi aha hantu ntimukahamenere amaraso y’utariho urubanza.+
9 Wakunze gukiranuka wanga ubwicamategeko. Ni cyo cyatumye Imana, ari na yo Mana yawe, igutoranya+ igusutseho amavuta yo kwishima kurusha bagenzi bawe.”+
11 Nuko mbona ijuru rikinguye, maze ngiye kubona mbona ifarashi y’umweru.+ Uwari uyicayeho yitwa Uwizerwa+ kandi w’Ukuri.+ Aca imanza kandi akarwana intambara ahuje no gukiranuka.+