Zab. 78:8 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 8 Kandi be kuzaba nka ba sekuruza+Bari ibigande n’ibyigomeke;+ Ntibari barateguye imitima yabo,+Imitima yabo ntiyari itunganiye Imana.+ Zab. 81:12 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 12 Ni yo mpamvu nabaretse bagakurikiza imitima yabo yinangiye,+Bagakurikiza inama zabo bwite.+ Zab. 95:10 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 10 Mu gihe cy’imyaka mirongo ine yose, nakomeje kwanga urunuka ab’icyo gihe,+Maze ndavuga nti “Ni ubwoko bwayobye mu mitima,+Kandi ntibigeze bamenya inzira zanjye.”+ Yesaya 1:23 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 23 Ibikomangoma byawe byarinangiye kandi ni incuti z’abajura.+ Buri wese muri bo akunda ruswa,+ akararikira impongano.+ Ntibacira imfubyi urubanza rutabera kandi ntibakira ikirego cy’umupfakazi.+ Yesaya 65:2 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 2 “Nateze amaboko umunsi urira, nyategera abantu binangiye,+ bagendera mu nzira itari nziza+ bakurikiza ibitekerezo byabo;+ Yeremiya 3:17 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 17 Icyo gihe bazita Yerusalemu intebe y’ubwami ya Yehova;+ kandi amahanga yose azaza ateranire+ i Yerusalemu kugira ngo yubahe izina rya Yehova,+ kandi ntibazongera kugenda bakurikiza imitima yabo mibi yinangiye.”+ Yeremiya 11:8 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 8 Ariko ntibigeze bumva cyangwa ngo batege amatwi;+ ahubwo bakomeje kugenda bakurikiza imitima yabo mibi yinangiye,+ bituma mbasohorezaho amagambo yose y’iri sezerano, ayo nabategetse ngo bayakurikize ariko bakanga kuyakurikiza.’” Yeremiya 18:12 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 12 Nuko baravuga bati “erega nta garuriro!+ Tuzakomeza kugenda dukurikiza ibitekerezo byacu, kandi buri wese azakurikiza umutima we mubi winangiye.”+ Hoseya 11:7 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 7 Abagize ubwoko bwanjye biyemeje kumpemukira.+ Barabahamagara ngo bagarukire Isumbabyose, ariko nta n’umwe uhaguruka. Ibyakozwe 7:51 Bibiliya—Ubuhinduzi bw’isi nshya 51 “Mwa bantu mwe mutagonda ijosi kandi mutakebwe mu mitima+ no mu matwi, buri gihe murwanya umwuka wera; nk’uko ba sokuruza bakoze, namwe ni ko mukora.+
8 Kandi be kuzaba nka ba sekuruza+Bari ibigande n’ibyigomeke;+ Ntibari barateguye imitima yabo,+Imitima yabo ntiyari itunganiye Imana.+
10 Mu gihe cy’imyaka mirongo ine yose, nakomeje kwanga urunuka ab’icyo gihe,+Maze ndavuga nti “Ni ubwoko bwayobye mu mitima,+Kandi ntibigeze bamenya inzira zanjye.”+
23 Ibikomangoma byawe byarinangiye kandi ni incuti z’abajura.+ Buri wese muri bo akunda ruswa,+ akararikira impongano.+ Ntibacira imfubyi urubanza rutabera kandi ntibakira ikirego cy’umupfakazi.+
2 “Nateze amaboko umunsi urira, nyategera abantu binangiye,+ bagendera mu nzira itari nziza+ bakurikiza ibitekerezo byabo;+
17 Icyo gihe bazita Yerusalemu intebe y’ubwami ya Yehova;+ kandi amahanga yose azaza ateranire+ i Yerusalemu kugira ngo yubahe izina rya Yehova,+ kandi ntibazongera kugenda bakurikiza imitima yabo mibi yinangiye.”+
8 Ariko ntibigeze bumva cyangwa ngo batege amatwi;+ ahubwo bakomeje kugenda bakurikiza imitima yabo mibi yinangiye,+ bituma mbasohorezaho amagambo yose y’iri sezerano, ayo nabategetse ngo bayakurikize ariko bakanga kuyakurikiza.’”
12 Nuko baravuga bati “erega nta garuriro!+ Tuzakomeza kugenda dukurikiza ibitekerezo byacu, kandi buri wese azakurikiza umutima we mubi winangiye.”+
7 Abagize ubwoko bwanjye biyemeje kumpemukira.+ Barabahamagara ngo bagarukire Isumbabyose, ariko nta n’umwe uhaguruka.
51 “Mwa bantu mwe mutagonda ijosi kandi mutakebwe mu mitima+ no mu matwi, buri gihe murwanya umwuka wera; nk’uko ba sokuruza bakoze, namwe ni ko mukora.+