ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • my inkuru 17
  • Abana b’impanga bari batandukanye

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Abana b’impanga bari batandukanye
  • Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Yakobo yahawe umurage
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibibazo by’abasomyi
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2007
  • Yakobo na Esawu bongera kubana amahoro
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Jya urinda umurage wawe ufata imyanzuro myiza
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
Reba ibindi
Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
my inkuru 17
Yakobo wari ukiri muto arimo yita ku ntama

INKURU YA 17

Abana b’impanga bari batandukanye

ABANA babiri ubona ku ishusho baratandukanye cyane. Si byo se? Ese uzi amazina yabo? Umuhigi ni Esawu, naho uragiye intama ni Yakobo.

Esawu na Yakobo bavutse ari impanga kuri Isaka na Rebeka. Isaka yakundaga cyane Esawu kuko yari umuhigi w’umuhanga, akaba yarazaniraga abo mu muryango we ibyokurya. Rebeka we yakundaga Yakobo cyane kuko yari umwana utuje, witondaga.

Esawu wari ukiri muto afoye umuheto kugira ngo arase

Aburahamu, sekuru wabo, yari akiriho, bityo tukaba twiyumvisha ukuntu Yakobo yakundaga kumutega amatwi igihe yabaga avuga ibya Yehova. Aburahamu yaje gupfa amaze imyaka 175, igihe izo mpanga zari zimaze imyaka 15.

Igihe Esawu yari agejeje ku myaka 40 yashatse abagore babiri bo mu gihugu cya Kanaani. Ibyo byababaje Isaka na Rebeka cyane, kuko abo bagore batasengaga Yehova.

Umunsi umwe, haje kuba ikintu cyatumye Esawu arakarira cyane umuvandimwe we Yakobo. Igihe Isaka yagombaga guha umugisha umuhungu we w’imfura cyarageze. Kubera ko Esawu ari we wari mukuru kuri Yakobo, yari yiteze ko ahabwa uwo mugisha. Ariko yari yaramaze gutanga uburenganzira bwo guhabwa umugisha, abugurisha Yakobo. Nanone igihe izo mpanga zavukaga, Imana yari yaravuze ko Yakobo ari we wari guhabwa umugisha. Ibyo ni ko byagenze. Isaka yahaye umugisha umuhungu we Yakobo.

Igihe Esawu yabimenyaga, yarakariye Yakobo. Uburakari bwe bwari bwinshi ku buryo yavuze ko yari kuzica Yakobo. Rebeka abyumvise, yahagaritse umutima cyane. Nuko abwira umugabo we Isaka ati ‘byaba ari akaga Yakobo na we arongoye Umunyakanaanikazi.’

Maze Isaka ahamagara umuhungu we Yakobo, aramubwira ati ‘uramenye ntuzarongore Umunyakanaanikazi. Ahubwo ujye mu rugo rwa sogokuru Betuweli i Harani, maze urongore umwe mu bakobwa b’umuhungu we Labani.’

Yakobo yumviye se, ahita afata urugendo rurerure ajya i Harani, aho bene wabo bari batuye.

Itangiriro 25:5-11, 20-34; 26:34, 35; 27:1-46; 28:1-5; Abaheburayo 12:16, 17.

Ibibazo byo gukoresha mu kwiga Igitabo cy’amateka ya Bibiliya

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze