ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 12 p. 34
  • Yakobo yahawe umurage

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yakobo yahawe umurage
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Abana b’impanga bari batandukanye
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Jya urinda umurage wawe ufata imyanzuro myiza
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2013
  • Yakobo na Esawu bongera kubana amahoro
    Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibibazo by’abasomyi
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2007
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 12 p. 34
Yakobo aha Esawu isahani y’isupu na we akamuha uburenganzira bwahabwaga umwana w’imfura

IGICE CYA 12

Yakobo yahawe umurage

Isaka na Rebeka n’abahungu babo b’impanga, Yakobo na Esawu

Isaka amaze kugira imyaka 40, yashakanye na Rebeka. Isaka yakundaga Rebeka cyane. Baje kubyara abahungu babiri b’impanga.

Umukuru yitwaga Esawu naho umuto akitwa Yakobo. Esawu yakundaga kwibera mu gasozi, kandi yari azi guhiga cyane. Ariko Yakobo we yakundaga kwibera mu rugo.

Muri icyo gihe, umwana w’imfura ni we wahabwaga isambu nini n’amafaranga menshi, iyo papa we yapfaga. Ibyo ni byo byitwaga umurage. Mu muryango wa Isaka, umurage wari kuba urimo n’amasezerano Yehova yagiranye na Aburahamu. Esawu ntiyitaga kuri ayo masezerano, ariko Yakobo we yari azi ko afite agaciro cyane.

Yakobo na Esawu

Igihe kimwe, Esawu yatashye ananiwe cyane avuye guhiga. Ageze mu rugo, yumvise ukuntu ibyokurya Yakobo yari atetse byahumuraga cyane, maze aramubwira ati: “Inzara iranyishe. Wampaye kuri ibyo biryo bitukura utetse.” Yakobo yaramubwiye ati: “Ndaguhaho, ariko ubanze unyemerere ko umpa umurage wawe.” Esawu yaramubwiye ati: “Umurage nta cyo umbwiye! Wutware. Icyo nishakira ni ibiryo.” Ese utekereza ko ibyo Esawu yakoze byari bikwiriye? Oya. Esawu yatanze ikintu cy’agaciro kenshi akigurana isahani y’isupu.

Igihe Isaka yari ashaje cyane, ni bwo yagombaga guha umugisha umwana w’imfura. Ariko Rebeka yafashije Yakobo wari muto aba ari we uhabwa umugisha. Esawu abimenye, yarakariye cyane murumuna we maze ashaka kumwica. Kubera ko Isaka na Rebeka bashakaga kurinda Yakobo, baramubwiye bati: “Genda ujye kwa Labani, musaza wa mama wawe, ugumeyo kugeza igihe uburakari bwa Esawu buzashirira.” Yakobo yumviye ababyeyi be maze arahunga kugira ngo Esawu atamwica.

“Umuntu byamumarira iki aramutse yungutse ibintu byo mu isi byose, ariko akabura ubuzima bwe? Mu by’ukuri se, umuntu yatanga iki kugira ngo akize ubuzima bwe?”​—Mariko 8:36, 37

Ibibazo: Esawu yari muntu umeze ate? Yakobo we, yari muntu umeze ate? Kuki Yakobo yahawe umugisha wari ugenewe Esawu?

Intangiriro 25:20-34; 27:1–28:5; Abaheburayo 12:16, 17

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze