ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • gl pp. 28-29
  • Yesu “Mu Gihugu cy’Abayuda”

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Yesu “Mu Gihugu cy’Abayuda”
  • Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Ibisa na byo
  • Igihugu cy’Isezerano
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • Igihe Yehova ‘Yahagurutsaga Abacamanza’
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
  • B10 Isirayeli mu Gihe cya Yesu
    Bibiliya y’Ubuhinduzi bw’Isi Nshya
  • Isirayeli mu Gihe cya Dawidi na Salomo
    Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
Reba ibindi
Tumenye uko ‘Igihugu Cyiza’ Cyari Giteye
gl pp. 28-29

Yesu “Mu Gihugu cy’Abayuda”

IGIHE intumwa Petero yabwirizaga Koruneliyo, yavuze ku bintu Yesu yakoreye “mu gihugu cy’Abayuda byose n’i Yerusalemu” (Ibk 10:39). Utekereza ko ari utuhe turere Yesu yakoreyemo umurimo we uzwi cyane mu mateka?

Mu ntara zari zigize ‘igihugu cy’Abayuda,’ hakubiyemo n’intara ya Yudaya, ikaba ari hamwe mu ho Yesu yakoreye umurimo yari yarahawe n’Imana (Lk 23:5). Yesu amaze kubatizwa, yamaze iminsi 40 mu butayu bw’i Yudaya ahantu h’ikidaturwa hakundaga kuba ibyigomeke n’abambuzi (Lk 10:30). Nyuma y’aho, igihe Yesu yavaga i Yudaya yerekeza mu majyaruguru, yabwirije umugore w’Umusamariyakazi bari hafi y’i Sukara.​—⁠Yh 4:3-7.

Iyo dusuzumye Amavanjiri, dusanga Yesu yaribanze cyane mu karere ka Galilaya. Nubwo yacishagamo akajya i Yerusalemu ku minsi mikuru ya buri mwaka, mu myaka ibiri ya mbere y’umurimo we, igihe kinini yakimaze mu majyaruguru y’Igihugu cy’Isezerano (Yh 7:⁠2-10; 10:22, 23). Urugero, inyigisho nyinshi nziza yatanze n’ibitangaza bikomeye yakoze, yabikoreye hafi y’Inyanja ya Galilaya cyangwa se mu nyanja ubwayo. Turibuka ko yacubije umuhengeri wayo kandi akagenda hejuru y’amazi. Yabwirizaga yicaye mu bwato, mu gihe abo yabwiraga bo babaga bicaye ku musenyi wo ku nyanja. Abigishwa be ba mbere, ari na bo bari incuti ze, bakomokaga mu miryango y’abarobyi n’abahinzi bo mu turere two hafi y’inyanja.​—⁠Mr 3:7-12; 4:35-41; Lk 5:1-11; Yh 6:16-21; 21:1-19.

Igihe Yesu yabwirizaga i Galilaya yabaga i Kaperinawumu, ‘umudugudu w’iwabo’; ku nkengero z’inyanja (Mt 9:1). Igihe yatangaga Ikibwiriza cye cyo ku Musozi kizwi cyane, yari ku gasozi hafi y’inyanja. Rimwe na rimwe iyo yabaga avuye i Kaperinawumu ajya i Magadani, i Betsayida cyangwa mu yindi midugudu yo hafi, yajyagayo mu bwato.

Zirikana ko ‘umudugudu w’iwabo’ wa Yesu wari hafi y’i Nazareti aho yakuriye, ukaba hafi y’i Kana aho yahinduriye amazi vino, ukaba hafi y’i Nayini aho yazuriye umuhungu w’umupfakazi, ukaba kandi wari hafi y’i Betsayida aho yakoreye igitangaza cyo guhaza abagabo 5.000 kandi akahahumurira impumyi.

Nyuma ya Pasika yo mu mwaka wa 32 I.C., Yesu yerekeje iy’amajyaruguru i Tiro n’i Sidoni; ibyo bikaba byari ibyambu by’Abanyafoyinike. Hanyuma, yaje gukomereza umurimo we mu mijyi icumi y’Abagiriki yitwaga Dekapoli. Igihe Petero yavugaga ko Yesu ari we Mesiya, Yesu n’abigishwa be bari i Kayisariya ya Filipo (F2). Nyuma y’igihe gito Yesu yahinduye isura, bakaba bashobora kuba bari ku Musozi wa Herumoni. Nyuma yaho, Yesu yagiye kubwiriza mu ntara ya Pereya, hakurya y’Uruzi rwa Yorodani.​—⁠Mr 7:⁠24-37; 8:27–9:2; 10:1; Lk 13:22, 33.

Ibyumweru bya nyuma Yesu yamaze hano ku isi yabimaranye n’abigishwa be i Yerusalemu, “ururembo rw’Umwami ukomeye,” no hafi y’aho (Mt 5:35). Iyi karita ishobora kugufasha kubona aho indi midugudu yo hafi aho ivugwa mu Mavanjiri iherereye; urugero nka Emawusi, Betaniya, Betifage na Betelehemu.​—⁠Lk 2:4; 19:29; 24:13; reba n’ikarita igaragaza “Akarere ka Yerusalemu,” ku ipaji ya 18.

[Ikarita yo ku ipaji ya 29]

(Niba wifuza kureba uko bimeze, reba mu gatabo)

Igihugu Cy’isezerano (Mu Gihe Cya Yesu)

Igihugu mu gihe cya Yesu

Imijyi ya Dekapoli

E5 Hipo (Hiposi)

E6 Pela

E6 Bashani (Scythopolis)

F5 Gadara

F7 Gerasa

G5 Diyoni

G9 Filadelifiya

H1 Damasiko

H4 Rafana

I5 Kanata

Imihanda y’ingenzi (Reba mu gatabo)

Inzira nini ihuza Galilaya na Yerusalemu (Reba mu gatabo)

Indi nzira ihuza Galilaya na Yerusalemu, inyuze muri Pereya (Reba mu gatabo)

A11 Gaza

B6 Kayisariya

B8 Yopa

B9 Luda

B12 Bērisheba

C4 Putolemayi

C8 SAMARIYA

C8 Antipatiri

C8 Arimataya

C9 Emawusi

C10 YUDAYA

C11 Heburoni

C12 IDUMAYA

D1 Sidoni

D2 Tiro

D3 FOYINIKE

D4 GALILAYA

D4 Kana

D5 Seforisi

D5 Nazareti

D5 Nayini

D7 Samariya

D7 Sukara

D9 Efurayimu

D9 Betifage

D9 Yerusalemu

D9 Betaniya

D10 Betelehemu

D10 Umurwa wa Herode

D10 UBUTAYU BW’I YUDAYA

D12 Masada

E4 Korazini

E4 Betsayida

E4 Kaperinawumu

E4 Magadani

E5 Tiberiya

E5 Hipo (Hiposi)

E6 Betaniya? (hakurya ya Yorodani)

E6 Bashani (Scythopolis)

E6 Pela

E6 Salimu

E6 Ayinoni

E9 Yeriko

F1 ABILENE

F2 Kayisariya ya Filipo

F4 Gamala

F5 Abila?

F5 Gadara

F7 PEREYA

F7 Gerasa

G3 ITURAYA

G5 Diyoni

G6 DEKAPOLI

G9 Filadelifiya

H1 Damasiko

H3 TARAKONITI

H4 Rafana

H12 ARABIYA

I5 Kanata

[Imisozi]

D7 Umusozi wa Ebali

D7 Umusozi wa Gerizimu

F2 Umusozi wa Herumoni

[Inyanja]

B6 Inyanja ya Mediterane (Inyanja Nini)

E4 Inyanja ya Galilaya

E10 Inyanja y’Umunyu

[Inzuzi]

E7 Uruzi rwa Yorodani

[Amariba]

D7 Iriba rya Yakobo

[Ifoto yo ku ipaji ya 28]

Inyanja ya Galilaya. Kaperinawumu iri ku ruhande rw’imbere ibumoso. Iyo shusho uyibona uri mu majyepfo y’iburengerazuba bw’Ikibaya cya Genesareti

[Ifoto yo ku ipaji ya 28]

Abasamariya basengeraga ku Musozi wa Gerizimu. Uwo musozi w’inyuma ni Umusozi wa Ebali

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze