ISOMERO RYO KURI INTERINETI rya Watchtower
Watchtower
ISOMERO RYO KURI INTERINETI
Ikinyarwanda
  • BIBILIYA
  • IBYASOHOTSE
  • AMATERANIRO
  • lfb igi. 36 p. 88-p. 89 par. 1
  • Isezerano rya Yefuta

Videwo ntibashije kuboneka.

Ihangane, habaye ikibazo mu gufungura videwo.

  • Isezerano rya Yefuta
  • Amasomo wavana muri Bibiliya
  • Ibisa na byo
  • Isezerano rya Yefuta
    Igitabo cy’amateka ya Bibiliya
  • Yashimishije se na Yehova
    Jya wigisha abana bawe
  • Yakundwaga n’Imana n’incuti ze
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova—2011
  • Kuba indahemuka bituma umuntu yemerwa n’Imana
    Umunara w’Umurinzi utangaza Ubwami bwa Yehova (Igazeti yo kwigwa)—2016
Reba ibindi
Amasomo wavana muri Bibiliya
lfb igi. 36 p. 88-p. 89 par. 1
Yefuta aca imyenda yari yambaye igihe umukobwa we yari asohotse aje kumusanganira

IGICE CYA 36

Isezerano rya Yefuta

Abisirayeli bongeye kureka Yehova, batangira gusenga ibigirwamana. Ariko ibyo bigirwamana ntibyabakijije igihe Abamoni babateraga. Abisirayeli bamaze imyaka myinshi babayeho nabi. Nyuma babwiye Yehova bati: “Twakoze ibyaha. Turakwinginze, dukize abanzi bacu.” Abisirayeli bamenaguye ibigirwamana byabo, bongera gusenga Yehova. Yehova ntiyifuzaga gukomeza kubabona babayeho nabi.

Yehova yatoranyije umugabo w’intwari witwaga Yefuta ngo abayobore mu rugamba rwo kurwanya Abamoni. Yefuta yabwiye Yehova ati: “Nudufasha tugatsinda uru rugamba, ngusezeranyije ko nzaguha umuntu wa mbere uzasohoka mu nzu yanjye aje kunsanganira.” Yehova yumvise isengesho rya Yefuta amufasha gutsinda urwo rugamba.

Yefuta agarutse mu rugo, umukobwa we ari na we mwana wenyine yari yarabyaye, ni we waje kumusanganira bwa mbere. Yaje abyina kandi afite akagoma gato ari kukavuza. Yefuta yari gukora iki? Yibutse isezerano rye maze aravuga ati: “Ayiii mukobwa wanjye! Urambabaje cyane. Nahaye Yehova isezerano. Kugira ngo nkore icyo nasezeranyije Yehova, ngomba kukohereza i Shilo kumukorera mu ihema ryo guhuriramo n’Imana.” Umukobwa we yaramubwiye ati: “Papa, niba hari icyo wasezeranyije Yehova ugomba kugikora. Icyo nkwisabira ni uko wandeka nkajya mu misozi nkamarana amezi abiri n’abakobwa b’incuti zanjye. Hanyuma nzagaruka njyeyo.” Umukobwa wa Yefuta yakoreye Yehova mu budahemuka ubuzima bwe bwose ari mu ihema ryo guhuriramo n’Imana. Buri mwaka, incuti ze zazaga kumusura i Shilo.

Incuti z’umukobwa wa Yefuta zaje kumusura ku ihema ryo guhuriramo n’Imana

“Ukunda umuhungu we cyangwa umukobwa we kuruta uko ankunda, ntakwiriye kuba uwanjye.”​—Matayo 10:37

Ibibazo: Ni iki Yefuta yasezeranyije Imana? Umukobwa wa Yefuta yitwaye ate igihe yumvaga ibyo papa we yari yasezeranyije Imana?

Abacamanza 10:6–11:11; 11:29-40; 1 Samweli 12:10, 11

    Ibitabo by’ikinyarwanda (1976-2025)
    Sohoka
    Injira
    • Ikinyarwanda
    • Yohereze
    • Hitamo
    • Copyright © 2025 Watch Tower Bible and Tract Society of Pennsylvania
    • Amategeko agenga Imikoreshereze
    • Ibijyanye n'ibanga
    • Setingi z'ibijyanye n'ibanga
    • JW.ORG
    • Injira
    Yohereze